BINGWA NEWS
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Politike
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Mu Rwanda
  • Inkuru Nyamukuru
  • Ubutabera
Monday, Dec 8, 2025
BINGWA NEWSBINGWA NEWS
Font ResizerAa
Search
Follow US
BINGWA NEWS > Blog > Politike > Rubavu: Umugabo yishe mushiki we ahita amushyingura

Rubavu: Umugabo yishe mushiki we ahita amushyingura

admin
Last updated: January 4, 2023 6:51 pm
admin
Share
SHARE

Umugabo w’imyaka 45 wo mu murenge wa Nyamyumba mu karere ka Rubavu yishe mushiki we w’imyaka 47 babanaga amuziza isambu, ahita acuruka imva aramushyingura.

Umugabo yishe mushiki we aramushyingura

Ibi byabereye mu Mudugudu wa Karambi, Akagari ka Kinigi, Umurenge wa Nyamyumba mu Karere ka Rubavu, aho ku saa sita zo kuri uyu wa Gatatu hamenyekanye inkuru y’uyu mugabo wishe mushiki we agahita ahinga aho yamushyinguye.

Uyu mugabo yemeye ko afatanyije n’abandi bagabo batatu bishe mushiki we ku mugoroba wo kuri uyu wa Kabiri, tariki 3 Mutarama ahagana saa moya.

Ahagana saa sita z’amanywa kuri uyu wa Gatatu, nibwo abaturanyi babo bari bazaniye ibyo kurya uyu mugore baramubura batabaza inzego, biza kugaragara ko bamwishe bakamushyingura aha hantu hari hahinzwe.

Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Nyamyumba, Murindangabo Eric yahamirije UMUSEKE iby’iyi nkuru avuga ko uyu mugabo yavuze ko yabitewe nuko yanze ko agurisha isambu basigiwe n’ababyeyi.

Ati “Ni umugabo wabanaga na mushiki we, yashatse kugurisha isambu ntiyabyumvikanaho na mushiki we rero afata umwanzuro ugayitse wo kumwica, nyuma biza kugaragara ko yamwishe avuga nabo bafatanyije bose bakaba bashikirijwe RIB.”

Murindangabo akaba yanenze imyifatire ya kinyamaswa itajyanye n’umuco wa Kinyarwanda, asaba abantu kurushaho kwirinda amakimbirane nk’aya avamo urupfu.

Yagize ati “Akenshi umuntu yibeshya ko naramuka yikijije mugenzi we aribwo yegukana ya mitungo yarwaniraga ariko bikarangira nawe atayiriye ahubwo ubuzima bwe burangiriye muri gereza, uvukije umuvandimwe wawe ubuzima nawe burangiriye muri gereza, icyo ni igihombo buri wese akwiye kwirinda. Abantu babane mu mahoro aho batumvikana begere ubuyobozi bubafashe.”

Aba bagabo bane bakaba bahise batabwa muri yombi n’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB), naho umurambo wa nyakwigendera ujyanwa ku bitaro bya Gisenyi.

Amakuru UMUSEKE wamenye nuko uyu mugabo yari yaratandukanye n’umugore we kubera imyitwarire idahwitse, akagaruka kuza kubana n’uyu mushiki we utari ufite umugabo nubwo yari yarigeze gushakira mu gihugu cy’abaturanyi cya Congo.

NKURUNZIZA Jean Baptiste/ UMUSEKE.RW

Share This Article
Facebook Twitter Copy Link Print
2 Comments
  • Irihose Peter says:
    January 5, 2023 at 8:38 am

    inyamaswa muntu burya ziracyatuye mubantu

    Reply
  • Pingback: Rubavu: Umugabo ukekwaho kwica mushiki we yarashwe “ashaka gutoroka” – Umuseke

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Agezweho

Musanze: Polisi yamennye litiro zisaga 1700 z’ibinyobwa bitujuje ubuziranenge

Mu bikorwa byo kurwanya ikora, ikwirikwiza n'ikoreshwa by'ibinyobwa bitemewe, Polisi ikorera mu…

Hongeye kwaduka imirwano hagati ya Thailand na Cambodia

Ingabo za Thailand zatangaje ko zatangiye kugaba ibitero byo mu kirere ku…

Putin na Netanyahu bashobora kuburanishwa na ICC badahari

Umushinjacyaha Mukuru wungirije w’Urukiko Mpuzamahanga Mpanabyaha, ICC, yatangaje ko bishoboka ko Minisitiri…

Perezida Kagame yitabiriye tombora y’Amatsinda y’Igikombe cy’Isi cya 2026

Perezida wa Repubulika y’u Rwanda Paul Kagame yifatanyije n’abayobozi bakomeye muri ruhago…

Kivu y’Amajyepfo: Imirwano ihanganishije AFC/M23 n’ingabo za RDC yakomeye

Ihuriro ry’ingabo za Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo na AFC/M23 byazindukiye mu…

- Kwamamaza -
Ad imageAd image

You Might Also Like

Politike

Dore abayobozi bashyizwe mu myanya mu nzego Nkuru z’u Rwanda 

1 Min Read
Politike

Tshisekedi yemeye guhurira na Perezida Kagame i Washington DC mu cyumweru gitaha

3 Min Read
Politike

Qatar yagennye Ambasaderi mushya mu Rwanda usimbura uwitabye imana 

1 Min Read
Politike

U Rwanda rwakiriye abanyarwanda 200 batahutse bavuye muri RDC

2 Min Read
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
BINGWA NEWS

Bingwa News 2024

BINGWA NEWS
BINGWA NEWS
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?