BINGWA NEWS
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Politike
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Mu Rwanda
  • Inkuru Nyamukuru
  • Ubutabera
Saturday, Jul 19, 2025
BINGWA NEWSBINGWA NEWS
Font ResizerAa
Search
Follow US
BINGWA NEWS > Blog > Politike > Rubavu: Umugabo yishe mushiki we ahita amushyingura

Rubavu: Umugabo yishe mushiki we ahita amushyingura

admin
Last updated: January 4, 2023 6:51 pm
admin
Share
SHARE

Umugabo w’imyaka 45 wo mu murenge wa Nyamyumba mu karere ka Rubavu yishe mushiki we w’imyaka 47 babanaga amuziza isambu, ahita acuruka imva aramushyingura.

Umugabo yishe mushiki we aramushyingura

Ibi byabereye mu Mudugudu wa Karambi, Akagari ka Kinigi, Umurenge wa Nyamyumba mu Karere ka Rubavu, aho ku saa sita zo kuri uyu wa Gatatu hamenyekanye inkuru y’uyu mugabo wishe mushiki we agahita ahinga aho yamushyinguye.

Uyu mugabo yemeye ko afatanyije n’abandi bagabo batatu bishe mushiki we ku mugoroba wo kuri uyu wa Kabiri, tariki 3 Mutarama ahagana saa moya.

Ahagana saa sita z’amanywa kuri uyu wa Gatatu, nibwo abaturanyi babo bari bazaniye ibyo kurya uyu mugore baramubura batabaza inzego, biza kugaragara ko bamwishe bakamushyingura aha hantu hari hahinzwe.

Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Nyamyumba, Murindangabo Eric yahamirije UMUSEKE iby’iyi nkuru avuga ko uyu mugabo yavuze ko yabitewe nuko yanze ko agurisha isambu basigiwe n’ababyeyi.

Ati “Ni umugabo wabanaga na mushiki we, yashatse kugurisha isambu ntiyabyumvikanaho na mushiki we rero afata umwanzuro ugayitse wo kumwica, nyuma biza kugaragara ko yamwishe avuga nabo bafatanyije bose bakaba bashikirijwe RIB.”

Murindangabo akaba yanenze imyifatire ya kinyamaswa itajyanye n’umuco wa Kinyarwanda, asaba abantu kurushaho kwirinda amakimbirane nk’aya avamo urupfu.

Yagize ati “Akenshi umuntu yibeshya ko naramuka yikijije mugenzi we aribwo yegukana ya mitungo yarwaniraga ariko bikarangira nawe atayiriye ahubwo ubuzima bwe burangiriye muri gereza, uvukije umuvandimwe wawe ubuzima nawe burangiriye muri gereza, icyo ni igihombo buri wese akwiye kwirinda. Abantu babane mu mahoro aho batumvikana begere ubuyobozi bubafashe.”

Aba bagabo bane bakaba bahise batabwa muri yombi n’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB), naho umurambo wa nyakwigendera ujyanwa ku bitaro bya Gisenyi.

Amakuru UMUSEKE wamenye nuko uyu mugabo yari yaratandukanye n’umugore we kubera imyitwarire idahwitse, akagaruka kuza kubana n’uyu mushiki we utari ufite umugabo nubwo yari yarigeze gushakira mu gihugu cy’abaturanyi cya Congo.

NKURUNZIZA Jean Baptiste/ UMUSEKE.RW

Share This Article
Facebook Twitter Copy Link Print
2 Comments
  • Irihose Peter says:
    January 5, 2023 at 8:38 am

    inyamaswa muntu burya ziracyatuye mubantu

    Reply
  • Pingback: Rubavu: Umugabo ukekwaho kwica mushiki we yarashwe “ashaka gutoroka” – Umuseke

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Agezweho

Rubavu: Umugore afunzwe akekwaho kwica umugabo we

Umugore wo mu Karere ka Rubavu afunzwe akekwaho kwica umugabo we w’imyaka…

Perezida wa AS Kigali agiye kwiyamamariza kuyobora FERWAFA

Perezida w’ikipe ya AS Kigali, Shema Ngoga Fabrice, agiye gutanga kandidatire yo…

RDC na M23 basinyanye amasezerano aganisha ku mahoro arambye

Intumwa za Leta ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (RDC) n’iz’umutwe wa…

Shema Ngoga Fabrice yatanze kandidatire yo kuyobora FERWAFA

Shema Ngoga Fabrice usanzwe uyobora AS Kigali yatanze kandidatire yo kuyobora Ishyirahamwe…

RDC: Umudepite yatabarije impunzi z’ Abanyekongo ziri mu Burundi ko ubuzima bwazo buri mu kaga

Umudepite uhagarariye Intara ya Kivu y’Epfo muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo,…

- Kwamamaza -
Ad imageAd image

You Might Also Like

Politike

Uhagarariye Uganda i Kinshasa yahamagajwe gusobanura iby’ifungurwa ry’umupaka wa Bunagana

1 Min Read
Politike

Kiliziya Gatolika ya RDC ntiyizeye ko Trump azahagarika intambara muri icyo gihugu

3 Min Read
Politike

Imipaka ihuza Uganda n’ibice bya DRC bigenzurwa na AFC/M23 yafunguwe

2 Min Read
Politike

Intumwa za AFC/M23 na Leta ya RDC basubiye KU meza y’ibiganiro i Doha muri Qatar 

1 Min Read
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
BINGWA NEWS

Bingwa News 2024

BINGWA NEWS
BINGWA NEWS
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?