BINGWA NEWS
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Politike
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Mu Rwanda
  • Inkuru Nyamukuru
  • Ubutabera
Saturday, Mar 14, 2026
BINGWA NEWSBINGWA NEWS
Font ResizerAa
Search
Follow US
BINGWA NEWS > Blog > Politike > RIB yemeje ko umunyarwenya Nyaxo afunzwe

RIB yemeje ko umunyarwenya Nyaxo afunzwe

admin
Last updated: August 22, 2022 2:35 pm
admin
Share
SHARE

Umunyarwenya Kanyabugande Olivier , uzwi nka Nyaxo yatawe muri yombi n’inzego zishinzwe umutekano, akurikiranyweho icyaha cyo gukubita no gukomeretsa ku bushake nk’uko Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha rwabibwiye UMUSEKE.

Kanyabugande Olvier uzwi nka NYAXO arafunzwe

Ku wa 18 Kanama 2022 nibwo uru rwego rwamutaye muri yombi, akurikiranyweho icyaha cyo gukubita no gukomeretsa ku bushake mugenzi we.

Umuvugizi w’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha, RIB, Dr Murangira B Thierry, yabwiye UMUSEKE ko kugeza ubu uyu mugabo afunzwe.

Yagize ati “Nibyo, yatawe muri yombi tariki 18 Kanama, akurikiranyweho gukubita no gukomeretsa. Byabereye i Nyamirambo, dosiye ye yashyikirijwe Ubushinjacyaha.”

Umuvugizi wa RIB yatangaje ko aho kuba yarakoreye icyaha ndetse n’abo yaba yarahemukiye ntacyo yabivugaho.

Amakuru avuga ko ubwo yari muri restaurant iherereye mu Karere ka Nyarugenge, Umurenge wa Nyamirambo, Akagari ka Rugarama, umudugudu wa Rusisiro, Nyaxo yakubise umugabo w’imyaka 30 icupa n’inkoni yo mu mutwe biza kumukomeretsa.

Dr Murangira yasabye abantu kurangwa n’ubworoherane mu rwego rwo kwirinda kugwa mu byaha.

Yagize ati “Abantu  bakwiye kugira ubworoherane kuko bifasha abantu kwirinda ibyaha byinshi. Bakwiye kugira ubworoherane, bakirinda ibintu byose  byabakurira ingorane zo kuba bakurikiranwa mu mategeko. “

UMUSEKE wamenye amakuru ko Nyaxo acumbikiwe kuri Sitasiyo ya RIB ya Nyamirambo mu gihe dosiye yamaze gushyikirizwa Ubushinjacyaha kuri uyu wa 22 Kanama 2022.

Ingingo ya 121 y’itegeko nimero 68/2018 ryo ku wa 30 Kanama 2018 ritaganya igifungo cy’imyaka itatu ariko kitarenze imyaka itanu n’ihazabu y’ibihumbi 500Frw ariko atarenze miliyoni 1Frw.

TUYISHIMIRE RAYMOND / UMUSEKE.RW

Share This Article
Facebook Twitter Copy Link Print
6 Comments
  • lg says:
    August 22, 2022 at 4:17 pm

    icyo umuntu yibaza kuki mubanyafuti bafatwa ninzego zumutekano biyita aba stars nkuyu abaririmbyi abakinnyi abanyamakuru nabandi kuki usanga ibitangaza makuru byahagurutse byanditse byavuze aho kureka abzbishinzwe ngo bakore akazi kabo ugasanga bahamagaye POLISI bahamagaye RIB, bazi abo aho bari aho gutegereza nkuko bikorwa kubandi ndetse bamwe banakomeye kurusha abo bajye bareka izonzego zikore akazi kazo kuko Polisi ibafata kuko baba ali abanyabyaha bakurikiranwa namategeko aho gukurikiranwa nitangazamakuru ahubwo ryagombye kubigisha uko bagomba kwitwara abo akenshi bakora ibyaha biteye isoni urugomo ubwirasi agasuzuguro ubusinzi ubusambanyi ibinyamakuru bibashima ko ngo bakundwa nabanyarwanda benshi sibyo abanyarwanda ntibyakunda abantu bitwara nkazamaibobo zitagira uburere. nubupfura

    Reply
    • unkown says:
      August 22, 2022 at 8:27 pm

      njya wandika ikinyarwanda kiza

      Reply
      • Kwizera says:
        August 25, 2022 at 6:30 am

        Wowe we ubwo wanditse neza njya cg ni jya ! Soma inkuru naho kwibeshya mu myandikire ni ibisanzwe

        Reply
  • Anonymous says:
    August 23, 2022 at 8:48 am

    kanyabugande nahamwanicyaha ahanwe nkuki amategeko abiteganya.

    Reply
  • Corneille Munyanziza says:
    August 26, 2022 at 2:03 pm

    Amategeko n’akurikizwe

    Reply
  • NDAYISHIMIYE says:
    August 31, 2022 at 8:54 pm

    Nyaxo pore men nta sheni indacika.

    Reply

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Agezweho

Urukiko rwategetse ko Barafinda Sekikubo Fred akomeza gufungwa iminsi 30 y’agateganyo

Urukiko Rwisumbuye rwa Nyarugenge rwanzuye ko ubujurire bwa Barafinda Sekikubo Fred ku…

Imiryango 47 y’impunzi z’Abarundi itashye ku bushake

Imiryango 47 y’Impunzi z’Abarundi yari imaze igihe icumbikiwe mu nkambi ya Mahama,…

Stephen Constantine yongeye ahabwa inshingano zo gutoza Amavubi

Ishyirahamwe ry'Umpira w'Amaguru mu Rwanda, FERWAFA, ryatangaje ko Stephen Constantine ariwe mutoza…

Bank nkuru y’u Rwanda n’iya Kenya bashyize umukono ku masezerano y’ubufatanye

Banki Nkuru z’u Rwanda na Kenya ziyemeje ubufatanye mu by’imari Banki Nkuru…

Macron yavuze ku gitero cya drone cyahitanye Ubufaransakazi i Goma

Perezida Emmanuel Macron w’u Bufaransa, yagaragaje umubabaro nyuma y’urupfu rwa Karine Buisset,…

- Kwamamaza -
Ad imageAd image

You Might Also Like

Politike

Perezida Kagame yaganiriye na Macron

1 Min Read
Politike

Perezida Kagame yakiriye anaganira n’abo mu Kigo cy’Ubwiteganyirize cya Kazakhstan

2 Min Read
Ubutabera

Abagororwa 1874 bemerewe gufungurwa by’agateganyo.  

1 Min Read
Ubutabera

Kigali: Umugabo ucuruza urumogi yafatanywe udupfunyika 1000 twarwo

1 Min Read
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
BINGWA NEWS

Bingwa News 2024

BINGWA NEWS
BINGWA NEWS
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?