BINGWA NEWS
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Politike
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Mu Rwanda
  • Inkuru Nyamukuru
  • Ubutabera
Monday, Mar 2, 2026
BINGWA NEWSBINGWA NEWS
Font ResizerAa
Search
Follow US
BINGWA NEWS > Blog > Umutekano > RDC yongereye ingabo mu nkengero z’Umujyi wa Uvira

RDC yongereye ingabo mu nkengero z’Umujyi wa Uvira

admin
Last updated: December 20, 2025 4:55 pm
admin
Share
SHARE

Nyuma y’aho AFC/M23 itangaje ko igiye gukura abarwanyi bayo mu Mujyi wa Uvira mu Ntara ya Kivu y’Amajyepfo, ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo bwatangiye kurunda ingabo mu nkengero zawo mbere yo kuwinjiramo.

Amakuru yizewe avuga ko tariki ya 16 Ukuboza 2025, ubwo AFC/M23 yatangazaga ko igiye kuva muri uyu mujyi, indege y’ubwikorezi ya B737-900 yakuye abasirikare 500 ba RDC mu Mujyi wa Kisangani mu Ntara ya Tshopo, ibajyana mu Mujyi wa Kalemie mu Ntara ya Tanganyika.

Aba basirikare bavuye muri Kalemie, bakomereza mu Mujyi wa Baraka muri teritwari ya Fizi mu Ntara ya Kivu y’Amajyepfo, mu ntera y’ibilometero 80 mu majyepfo y’Umujyi wa Uvira, kugira ngo bongerere imbaraga bagenzi babo bari muri iki gice.

Uwo munsi, ubwato bubiri bwari butwaye abasirikare ba RDC n’abacanshuro b’abazungu bataramenyekana umubare bwageze ku cyambu cya Baraka, buturutse muri Kalemie. Aba babanje kuva i Lubumbashi mu ntara ya Haut-Katanga, bagera i Kalemie tariki ya 15 Ukuboza.

Hagati ya tariki ya 14 n’iya 16 Ukuboza, Leta ya RDC yohereje abacanshuro 26 b’Abanya-Colombie mu gace ka Mboko no muri Santere ya Fizi. Bari bafite indege eshatu zitagira abapilote zo kugaba ibitero ku birindiro by’umutwe wa Twirwaneho muri Minembwe.

AFC/M23 yakuye abarwanyi bayo mu Mujyi wa Uvira tariki ya 17 n’iya 18 Ukuboza, isobanura ko yabikoze nk’ingamba yo kurema icyizere mu biganiro by’amahoro bibera i Doha muri Qatar, kugira ngo amakimbirane yo mu burasirazuba bwa RDC abonerwe umuti urambye.

Tariki ya 17 Ukuboza, Umuyobozi wungirije wa AFC/M23, Bertrand Bisimwa, yagize ati “Turasaba abaturage gukomeza gutuza. Turasaba abahuza n’abandi bafatanyabikorwa kurinda Uvira urugomo, ibitero no gusubiramo kw’ingabo.”

Share This Article
Facebook Twitter Copy Link Print
Leave a comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Agezweho

FERWAFA yanenzwe bikomeye kubera abasifuzi batagira ibikoresho bigezweho 

Ishyirahamwe ry’umupira w’Amaguru mu Rwanda, FERWAFA, ryanenzwe bikomeye n’umutoza wa Gorilla FC,…

RwandAir yasubitse ingendo zijya i Doha kubera intambara yo muri Iran

Sosiyete y’u Rwanda ikora ubwikorezi bwo mu Kirere RwandAir yatangaje ko yasubitse…

Tour du Rwanda2026: Umunya-Brazil ukiri muto yegukanye agace ka karindwi

Umunya-Brazil Henrique Ribeiro Bravo w’imyaka 20 ukinira ikipe ya Soudal Quick-Step Devo…

Israel yongeye kugaba ibitero muri Iran

Ingabo za Israel (IDF) zongeye kugaba igitero gikomeye muri Iran nyuma y’amezi…

AFC/M23 yongeye kugaragaza ubugome ndenga kamere bwa FARDC

Umutwe wa AFC/M23 urwanya ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, wagaragaje…

- Kwamamaza -
Ad imageAd image

You Might Also Like

Umutekano

AFC/M23 yamaganye gucece kw’amahanga arebere ubwicanyi bukorerwa abasivile

1 Min Read
Umutekano

Imirwano yahinduye isura mu nkengero za Point Zero

2 Min Read
Umutekano

Wazalendo basubiranyemo babiri bahasiga ubuzima

2 Min Read
Umutekano

AFC/M23 yashinje Komisiyo ya AU gushyigikira abagizi ba nabi

2 Min Read
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
BINGWA NEWS

Bingwa News 2024

BINGWA NEWS
BINGWA NEWS
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?