BINGWA NEWS
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Politike
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Mu Rwanda
  • Inkuru Nyamukuru
  • Ubutabera
Saturday, Mar 14, 2026
BINGWA NEWSBINGWA NEWS
Font ResizerAa
Search
Follow US
BINGWA NEWS > Blog > Mu mahanga > RDC: Imfungwa zirenga 800 zatorokeshejwe gereza

RDC: Imfungwa zirenga 800 zatorokeshejwe gereza

admin
Last updated: August 11, 2022 8:59 am
admin
Share
SHARE

Muri Repubulika ya Demokarasi ya Congo mu Mujyi wa Butembo imfungwa zirenga 800 zatorotse gereza, ni nyuma y’igitero cyagabwe n’abarwanyi b’umutwe wa ADF uvuga ko ukorana n’umutwe wiyita Leta ya Kisilamu (IS), ndetse wagiye ushinjwa kwica abasivile mu burasirazuba bwa DR Congo.

Imfungwa zirenga 800 zatorotse iyi gereza nkuru yo mu mujyi wa Butembo

Umupolisi umwe n’umusivili baguye muri iyo mirwano yabereye kuri gereza nkuru yo mu Mujyi wa Butembo muri Beni nk’uko byemejwe na Kapiteni Antony Mwalushayi, umuvugizi w’ibikorwa by’ingabo zirwanya imitwe yitwaje intwaro mu Ntara ya Kivu ya Ruguru muri Repubulika ya Demokarasi ya Kongo.

Yagize ati “Umwanzi yari yitwaje imbunda nini byibuze abantu 80 nibo bagabye igitero, Bashoboye kumena binjira muri gereza no kubohora imfungwa zose.”

Kapiteni Mwalushayi yavuze ko umutwe w’iterabwoba wa ADF ukomoka muri Uganda ukoranaa bya hafi n’umutwe w’abarwanyi ba Kisilamu yizeye ko uri inyuma y’icyo gitero.

Brunelle N’kasa uyobora gereza yagabweho igitero yabwiye Reuters ko imfungwa 58 muri 874 aribo bagumye muri gereza abandi bose batorotse.

Meya wa Butembo Mowa Baeki-Telly, yasabye abaturage guhigisha uruhindu imfungwa zatorotse kugira ngo zisubizwe muri gereza kurangiza ibihano.

Yagize ati “Niba hari umuntu watorotse, ntagomba gutwikwa, ntimu mwice , mubazane kugira ngo tubasubize muri gereza.”

Mu mwaka wa 2020, ADF nabwo yagabye igitero kuri gereza mu Mujyi wa Beni irekura imfungwa zirenga 1.300.

NDEKEZI JOHNSON / UMUSEKE.RW

Share This Article
Facebook Twitter Copy Link Print
Leave a comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Agezweho

Igisasu cya Koreya ya Ruguru cyakangaranyije Koreya y’Epfo n’u Buyapani

Koreya ya Ruguru yarashe igisasu cyakangaranyije u Buyapani na Koreya y’Epfo. Hari…

Jamaica: RDF ihasize ibikorwa byivugira KU mahanga

Mu gihe cy’amezi abiri ashize u Rwanda rwohereje abasirikare gutanga umusanzu wo…

Amafaranga u Rwanda rukoresha muri Cabo Delgado arenga inshuro 10 atangwa na EU- Yolande Makolo

Umuvugizi wa Guverinoma y’u Rwanda, Yolande Makolo, yatangaje ko inkunga ya miliyoni…

Urukiko rwategetse ko Barafinda Sekikubo Fred akomeza gufungwa iminsi 30 y’agateganyo

Urukiko Rwisumbuye rwa Nyarugenge rwanzuye ko ubujurire bwa Barafinda Sekikubo Fred ku…

Imiryango 47 y’impunzi z’Abarundi itashye ku bushake

Imiryango 47 y’Impunzi z’Abarundi yari imaze igihe icumbikiwe mu nkambi ya Mahama,…

- Kwamamaza -
Ad imageAd image

You Might Also Like

Mu mahanga

Macron yavuze ku gitero cya drone cyahitanye Ubufaransakazi i Goma

1 Min Read
Mu mahanga

Gen Bunyoni wari warakatiwe igihano cya burundu yarekuwe

1 Min Read
Mu mahanga

UNICEF yatangaje akababaro irimo kubera umukozi wayo wiciye i Goma

1 Min Read
Politike

Perezida Kagame yaganiriye na Macron

1 Min Read
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
BINGWA NEWS

Bingwa News 2024

BINGWA NEWS
BINGWA NEWS
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?