BINGWA NEWS
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Politike
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Mu Rwanda
  • Inkuru Nyamukuru
  • Ubutabera
Friday, Jul 18, 2025
BINGWA NEWSBINGWA NEWS
Font ResizerAa
Search
Follow US
BINGWA NEWS > Blog > Mu mahanga > RDC: Imfungwa zirenga 800 zatorokeshejwe gereza

RDC: Imfungwa zirenga 800 zatorokeshejwe gereza

admin
Last updated: August 11, 2022 8:59 am
admin
Share
SHARE

Muri Repubulika ya Demokarasi ya Congo mu Mujyi wa Butembo imfungwa zirenga 800 zatorotse gereza, ni nyuma y’igitero cyagabwe n’abarwanyi b’umutwe wa ADF uvuga ko ukorana n’umutwe wiyita Leta ya Kisilamu (IS), ndetse wagiye ushinjwa kwica abasivile mu burasirazuba bwa DR Congo.

Imfungwa zirenga 800 zatorotse iyi gereza nkuru yo mu mujyi wa Butembo

Umupolisi umwe n’umusivili baguye muri iyo mirwano yabereye kuri gereza nkuru yo mu Mujyi wa Butembo muri Beni nk’uko byemejwe na Kapiteni Antony Mwalushayi, umuvugizi w’ibikorwa by’ingabo zirwanya imitwe yitwaje intwaro mu Ntara ya Kivu ya Ruguru muri Repubulika ya Demokarasi ya Kongo.

Yagize ati “Umwanzi yari yitwaje imbunda nini byibuze abantu 80 nibo bagabye igitero, Bashoboye kumena binjira muri gereza no kubohora imfungwa zose.”

Kapiteni Mwalushayi yavuze ko umutwe w’iterabwoba wa ADF ukomoka muri Uganda ukoranaa bya hafi n’umutwe w’abarwanyi ba Kisilamu yizeye ko uri inyuma y’icyo gitero.

Brunelle N’kasa uyobora gereza yagabweho igitero yabwiye Reuters ko imfungwa 58 muri 874 aribo bagumye muri gereza abandi bose batorotse.

Meya wa Butembo Mowa Baeki-Telly, yasabye abaturage guhigisha uruhindu imfungwa zatorotse kugira ngo zisubizwe muri gereza kurangiza ibihano.

Yagize ati “Niba hari umuntu watorotse, ntagomba gutwikwa, ntimu mwice , mubazane kugira ngo tubasubize muri gereza.”

Mu mwaka wa 2020, ADF nabwo yagabye igitero kuri gereza mu Mujyi wa Beni irekura imfungwa zirenga 1.300.

NDEKEZI JOHNSON / UMUSEKE.RW

Share This Article
Facebook Twitter Copy Link Print
Leave a comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Agezweho

Perezida William Ruto yakiriye intumwa yihariye ya perezida Kagame

Perezida wa Kenya, William Samoei Ruto, yakiriye Intumwa yihariye ya Perezida Paul…

Lamine Yamal yizeje ibitangaza abakunzi ba FC Barcelona

Umunya-Esipanye ukina muri FC Barcelona, Lamine Yamal, yemeje ko agiye kwandika amateka…

Barack Obama n’umugore we bashyize umucyo ku bihuha by’uko batandukanye

Barack Obama wabaye Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za America, n’umugore we…

Miss Naomi yiyamye abavuga ko umugabo we yakennye

Miss Nishimwe Naomie ubitse ikamba rya Nyampinga w’u Rwanda mu 2020, yihanangirije…

Thomas Lubanga yashimangiye ko ashyigikiye AFC/M23

Thomas Lubanga washinze umutwe witwaje intwaro wa FRP (Force pour la révolution…

- Kwamamaza -
Ad imageAd image

You Might Also Like

Mu mahanga

DRC: Igitero cy’abasirikare ba Kinshasa mu mirima ya Joseph Kabila cyamaganwe n’imiryango itari iya leta

2 Min Read
Mu mahanga

Leta ya Uganda yaburiye abagabo bapimisha ADN abana babo

2 Min Read
Mu mahanga

Perezida Ramaphosa yahagaritse Minisitiri ukekwaho gukorana n’udutsiko tw’abagizi ba nabi

2 Min Read
Mu mahanga

RDC igiye gusaba Uganda ibisobanuro ku ifungurwa ry’umupaka wa Bunagana

1 Min Read
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
BINGWA NEWS

Bingwa News 2024

BINGWA NEWS
BINGWA NEWS
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?