BINGWA NEWS
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Politike
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Mu Rwanda
  • Inkuru Nyamukuru
  • Ubutabera
Saturday, Dec 13, 2025
BINGWA NEWSBINGWA NEWS
Font ResizerAa
Search
Follow US
BINGWA NEWS > Blog > Mu mahanga > RDC: Imfungwa zirenga 800 zatorokeshejwe gereza

RDC: Imfungwa zirenga 800 zatorokeshejwe gereza

admin
Last updated: August 11, 2022 8:59 am
admin
Share
SHARE

Muri Repubulika ya Demokarasi ya Congo mu Mujyi wa Butembo imfungwa zirenga 800 zatorotse gereza, ni nyuma y’igitero cyagabwe n’abarwanyi b’umutwe wa ADF uvuga ko ukorana n’umutwe wiyita Leta ya Kisilamu (IS), ndetse wagiye ushinjwa kwica abasivile mu burasirazuba bwa DR Congo.

Imfungwa zirenga 800 zatorotse iyi gereza nkuru yo mu mujyi wa Butembo

Umupolisi umwe n’umusivili baguye muri iyo mirwano yabereye kuri gereza nkuru yo mu Mujyi wa Butembo muri Beni nk’uko byemejwe na Kapiteni Antony Mwalushayi, umuvugizi w’ibikorwa by’ingabo zirwanya imitwe yitwaje intwaro mu Ntara ya Kivu ya Ruguru muri Repubulika ya Demokarasi ya Kongo.

Yagize ati “Umwanzi yari yitwaje imbunda nini byibuze abantu 80 nibo bagabye igitero, Bashoboye kumena binjira muri gereza no kubohora imfungwa zose.”

Kapiteni Mwalushayi yavuze ko umutwe w’iterabwoba wa ADF ukomoka muri Uganda ukoranaa bya hafi n’umutwe w’abarwanyi ba Kisilamu yizeye ko uri inyuma y’icyo gitero.

Brunelle N’kasa uyobora gereza yagabweho igitero yabwiye Reuters ko imfungwa 58 muri 874 aribo bagumye muri gereza abandi bose batorotse.

Meya wa Butembo Mowa Baeki-Telly, yasabye abaturage guhigisha uruhindu imfungwa zatorotse kugira ngo zisubizwe muri gereza kurangiza ibihano.

Yagize ati “Niba hari umuntu watorotse, ntagomba gutwikwa, ntimu mwice , mubazane kugira ngo tubasubize muri gereza.”

Mu mwaka wa 2020, ADF nabwo yagabye igitero kuri gereza mu Mujyi wa Beni irekura imfungwa zirenga 1.300.

NDEKEZI JOHNSON / UMUSEKE.RW

Share This Article
Facebook Twitter Copy Link Print
Leave a comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Agezweho

U Rwanda rwateye utwatsi ibirego by’u Burundi birushinja ibitero ku butaka bwabwo

Ambasaderi w’u Rwanda i New York mu muryango w’Abibumbye, Martin Ngoga, yahakanye…

Gakenke: Yafatanywe ibiro 17 by’urumogi na litiro 14 za kanyanga mu nzu

Ishami rya Polisi rishinzwe kurwanya ibiyobyabwenge (ANU) ku bufatanye na Polisi ikorera…

Rayon Sports ishobora kubona umutoza mushya mu minsi mike

Umutoza w'umufaransa w'imyaka 58, Bruno Ferry uhabwa amahirwe yo gutoza Rayon Sports…

Gen (Rtd) Kabarebe yahererekanyije ububasha na Dr. Usta Kayitesi

Gen (Rtd) James Kabarebe wari Umunyabanga wa Leta muri Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga…

Finlande: Abana bari munsi y’imyaka 15 batwitse ’stade’ kubera gutsindwa kw’ikipe bafana

Ishami rya Polisi ya Finlande rikorera mu gace ka Valkeakoski, ryemeje ko…

- Kwamamaza -
Ad imageAd image

You Might Also Like

Mu mahanga

Ubutegetsi bwa Perezida Suluhu bwahakanye gufunga Dr. Mpango wari Visi Perezida

2 Min Read
Politike

Urunturuntu no gucikamo ibice kw’ ishyaka CNDD-FDD riri ku butegetsi mu Burundi 

3 Min Read
Mu mahanga

Twirwaneho yasobanuye icyayiteye guhanura kajugujugu y’abacanshuro

3 Min Read
Mu mahanga

Putin na Netanyahu bashobora kuburanishwa na ICC badahari

1 Min Read
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
BINGWA NEWS

Bingwa News 2024

BINGWA NEWS
BINGWA NEWS
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?