BINGWA NEWS
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Politike
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Mu Rwanda
  • Inkuru Nyamukuru
  • Ubutabera
Monday, Mar 2, 2026
BINGWA NEWSBINGWA NEWS
Font ResizerAa
Search
Follow US
BINGWA NEWS > Blog > Umutekano > RDC: Amashuri 65 yo mu ntara ya Kwilu yafunze imiryango kubera umutekano muke

RDC: Amashuri 65 yo mu ntara ya Kwilu yafunze imiryango kubera umutekano muke

admin
Last updated: December 27, 2025 2:24 pm
admin
Share
SHARE

Ibigo by’amashuri 65 byo mu Ntara ya Kwilu iri mu Majyepfo y’Uburengerazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo byafunze imiryango bitewe n’ikibazo cy’umutekano muke.

Ibi bigo birimo 48 by’amashuri abanza na 17 by’amashuri yisumbuye, byose biherereye muri teritwari ya Bagata. Ibyinshi muri byo byatwitswe n’umutwe witwaje intwaro wa Mobondo umaze imyaka itatu wibasira abasivili mu burengerazuba bw’igihugu.

Ibitero bya Mobondo byatumye abaturage benshi bahunga, berekeza mu mujyi wa Bandundu usanzwe ari umurwa mukuru w’iyi ntara, abanyeshuri bigaga muri ibi bigo bimurirwa iyo no mu bindi bice bitekanye.

muyobozi ushinzwe uburezi muri Kwilu, Hervé Mungera, yatangaje ko abanyeshuri bose bavuye muri Bagata bemererwa kwiga no gukora ibizamini ku buntu mu rwego rwo kubashyigikira mu bihe bigoye barimo.

Mungera yagize ati “Bamwe banitabwaho kugira ngo babone ibyo kurya bihagije. Abenshi bavuye muri segiteri ya Wamba, ubu bari muri Bandundu. Ni abana ibihumbi bari kwiga mu mujyi wa Bandundu.”

Uyu muyobozi yatangaje ko nubwo ubuyobozi bw’intara buri gukora ibishoboka kugira ngo aba bana bige neza, abenshi muri bo batabona ibyo kurya bihagije n’ahantu heza ho kuba.

Kubera ko abarwanyi ba Mobondo batangiye kugaba ibitero mu bice byo mu ntara ya Kinshasa birimo Maluku na Kingakati, Leta yafashe ingamba zikomeye zo kubakumira kugira ngo umutekano w’umurwa mukuru utazazamba.

Muri Kinshasa, bigaragara ko Leta igerageza gukumira Mobondo, ariko muri Kwilu ho byaragoranye kuko abaturage bakomeza kwicwa, abandi bagahunga, bashakisha ahatekanye.

Share This Article
Facebook Twitter Copy Link Print
Leave a comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Agezweho

FERWAFA yanenzwe bikomeye kubera abasifuzi batagira ibikoresho bigezweho 

Ishyirahamwe ry’umupira w’Amaguru mu Rwanda, FERWAFA, ryanenzwe bikomeye n’umutoza wa Gorilla FC,…

RwandAir yasubitse ingendo zijya i Doha kubera intambara yo muri Iran

Sosiyete y’u Rwanda ikora ubwikorezi bwo mu Kirere RwandAir yatangaje ko yasubitse…

Tour du Rwanda2026: Umunya-Brazil ukiri muto yegukanye agace ka karindwi

Umunya-Brazil Henrique Ribeiro Bravo w’imyaka 20 ukinira ikipe ya Soudal Quick-Step Devo…

Israel yongeye kugaba ibitero muri Iran

Ingabo za Israel (IDF) zongeye kugaba igitero gikomeye muri Iran nyuma y’amezi…

AFC/M23 yongeye kugaragaza ubugome ndenga kamere bwa FARDC

Umutwe wa AFC/M23 urwanya ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, wagaragaje…

- Kwamamaza -
Ad imageAd image

You Might Also Like

Umutekano

AFC/M23 yamaganye gucece kw’amahanga arebere ubwicanyi bukorerwa abasivile

1 Min Read
Umutekano

Imirwano yahinduye isura mu nkengero za Point Zero

2 Min Read
Umutekano

Wazalendo basubiranyemo babiri bahasiga ubuzima

2 Min Read
Umutekano

AFC/M23 yashinje Komisiyo ya AU gushyigikira abagizi ba nabi

2 Min Read
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
BINGWA NEWS

Bingwa News 2024

BINGWA NEWS
BINGWA NEWS
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?