BINGWA NEWS
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Politike
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Mu Rwanda
  • Inkuru Nyamukuru
  • Ubutabera
Monday, Mar 16, 2026
BINGWA NEWSBINGWA NEWS
Font ResizerAa
Search
Follow US
BINGWA NEWS > Blog > Mu mahanga > RDC: Abasirikare 5 barimo aba Koloneli babiri bakatiwe igihano cy’urupfu

RDC: Abasirikare 5 barimo aba Koloneli babiri bakatiwe igihano cy’urupfu

admin
Last updated: October 17, 2022 4:15 pm
admin
Share
SHARE

Abasirikare 5 barimo Abakoloneli babiri b’ingabo za FARDC bakatiwe igihano cy’urupfu bazira kwica abashinwa babiri bakoraga mu bucukuzi bw’amabuye y’agaciro mu majyaruguru y’Uburasirazuba bwa Congo.

Abo ku ipeti rya Koloneli bakatiwe igihano cy’urupfu n’Urukiko rwa Gisirikare rwa Ituri ni Koloneli Mulenga Shendeko na Koloneli Kayumba Sumaili.

Urukiko rwa Gisirikare muri Ituri ku wa 14 Ukwakira rwemeje ko Col Mukalenga Shendeko na Col Kayumba Sumaili aribo bacuze umugambi mubisha wo kwica bariya Bashinwa bakabambura n’ibyo bari bafite.

Uru Rukiko kandi rwakatiye abasirikare batatu icyo gihano bari mu gucura umugambi w’ubugizi bwa nabi wahitanye ubuzima bw’abantu no gusahura ibyabo.

Rwakatiye kandi igihano cy’igifungo cy’imyaka 10 abandi basirikare bane bagize uruhare mu gitero cyo ku wa 17 Werurwe 2022 cyagabwe ku modoka zari ziherekeje aba bashinwa ahitwa Irumu muri Ituri.

Urukiko rwavuze ko aba bakoloneli bahurije hamwe abasirikare umunani barimo babiri bahunze n’umusivili umwe maze bica abo bashinwa banabambura utubati tune twa zahabu n’amadorali 6000$.

Usibye ibihano bahawe bahise bamburwa impeta za Gisirikare bategekwa kwishyura amadorali ibihumbi 50$ y’impozamararira.

Umuhuzabikorwa wa sosiyete sivile ya Ituri, Dieudonné Lossa yavuze ko bishimiye iki cyemezo kandi ko hashyizweho ingufu z’ubutabera mu guca intege bamwe mu basirikare bishora mu bugizi bwa nabi.

Yasabye inzego z’ubutabera gukomeza iperereza kugira ngo hafatwe ibyitso byose n’abandi basirikare bagize uruhare muri iyi dosiye.

Muri Repubulika ya Demokarasi ya Congo igihano cy’urupfu kiratangwa buri gihe ariko kigahinduka igifungo cya burundu.

NDEKEZI JOHNSON / UMUSEKE.RW

Share This Article
Facebook Twitter Copy Link Print
Leave a comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Agezweho

Igisasu cya Koreya ya Ruguru cyakangaranyije Koreya y’Epfo n’u Buyapani

Koreya ya Ruguru yarashe igisasu cyakangaranyije u Buyapani na Koreya y’Epfo. Hari…

Jamaica: RDF ihasize ibikorwa byivugira KU mahanga

Mu gihe cy’amezi abiri ashize u Rwanda rwohereje abasirikare gutanga umusanzu wo…

Amafaranga u Rwanda rukoresha muri Cabo Delgado arenga inshuro 10 atangwa na EU- Yolande Makolo

Umuvugizi wa Guverinoma y’u Rwanda, Yolande Makolo, yatangaje ko inkunga ya miliyoni…

Urukiko rwategetse ko Barafinda Sekikubo Fred akomeza gufungwa iminsi 30 y’agateganyo

Urukiko Rwisumbuye rwa Nyarugenge rwanzuye ko ubujurire bwa Barafinda Sekikubo Fred ku…

Imiryango 47 y’impunzi z’Abarundi itashye ku bushake

Imiryango 47 y’Impunzi z’Abarundi yari imaze igihe icumbikiwe mu nkambi ya Mahama,…

- Kwamamaza -
Ad imageAd image

You Might Also Like

Mu mahanga

Macron yavuze ku gitero cya drone cyahitanye Ubufaransakazi i Goma

1 Min Read
Mu mahanga

Gen Bunyoni wari warakatiwe igihano cya burundu yarekuwe

1 Min Read
Mu mahanga

UNICEF yatangaje akababaro irimo kubera umukozi wayo wiciye i Goma

1 Min Read
Mu mahanga

Herekanywe abasore bakekwaho ibyaha by’ubugome.

1 Min Read
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
BINGWA NEWS

Bingwa News 2024

BINGWA NEWS
BINGWA NEWS
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?