BINGWA NEWS
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Politike
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Mu Rwanda
  • Inkuru Nyamukuru
  • Ubutabera
Wednesday, Feb 18, 2026
BINGWA NEWSBINGWA NEWS
Font ResizerAa
Search
Follow US
BINGWA NEWS > Blog > Mu mahanga > RDC: Abasirikare 5 barimo aba Koloneli babiri bakatiwe igihano cy’urupfu

RDC: Abasirikare 5 barimo aba Koloneli babiri bakatiwe igihano cy’urupfu

admin
Last updated: October 17, 2022 4:15 pm
admin
Share
SHARE

Abasirikare 5 barimo Abakoloneli babiri b’ingabo za FARDC bakatiwe igihano cy’urupfu bazira kwica abashinwa babiri bakoraga mu bucukuzi bw’amabuye y’agaciro mu majyaruguru y’Uburasirazuba bwa Congo.

Abo ku ipeti rya Koloneli bakatiwe igihano cy’urupfu n’Urukiko rwa Gisirikare rwa Ituri ni Koloneli Mulenga Shendeko na Koloneli Kayumba Sumaili.

Urukiko rwa Gisirikare muri Ituri ku wa 14 Ukwakira rwemeje ko Col Mukalenga Shendeko na Col Kayumba Sumaili aribo bacuze umugambi mubisha wo kwica bariya Bashinwa bakabambura n’ibyo bari bafite.

Uru Rukiko kandi rwakatiye abasirikare batatu icyo gihano bari mu gucura umugambi w’ubugizi bwa nabi wahitanye ubuzima bw’abantu no gusahura ibyabo.

Rwakatiye kandi igihano cy’igifungo cy’imyaka 10 abandi basirikare bane bagize uruhare mu gitero cyo ku wa 17 Werurwe 2022 cyagabwe ku modoka zari ziherekeje aba bashinwa ahitwa Irumu muri Ituri.

Urukiko rwavuze ko aba bakoloneli bahurije hamwe abasirikare umunani barimo babiri bahunze n’umusivili umwe maze bica abo bashinwa banabambura utubati tune twa zahabu n’amadorali 6000$.

Usibye ibihano bahawe bahise bamburwa impeta za Gisirikare bategekwa kwishyura amadorali ibihumbi 50$ y’impozamararira.

Umuhuzabikorwa wa sosiyete sivile ya Ituri, Dieudonné Lossa yavuze ko bishimiye iki cyemezo kandi ko hashyizweho ingufu z’ubutabera mu guca intege bamwe mu basirikare bishora mu bugizi bwa nabi.

Yasabye inzego z’ubutabera gukomeza iperereza kugira ngo hafatwe ibyitso byose n’abandi basirikare bagize uruhare muri iyi dosiye.

Muri Repubulika ya Demokarasi ya Congo igihano cy’urupfu kiratangwa buri gihe ariko kigahinduka igifungo cya burundu.

NDEKEZI JOHNSON / UMUSEKE.RW

Share This Article
Facebook Twitter Copy Link Print
Leave a comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Agezweho

Imirwano yahinduye isura mu nkengero za Point Zero

Amakuru yizewe aturuka mu misozi miremire y’i Mulenge, mu bice bya Minembwe,…

Wazalendo basubiranyemo babiri bahasiga ubuzima

Intambara mu Burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (RDC) zikomeje guhindura…

Imyigaragambyo ku Kibuga cy’Indege cya Nairobi yatumye indege zitinda

Imyigaragambyo y’abakozi ku kibuga cy’indege gikuru cya Kenya, giherereye mu murwa mukuru…

Inyubako y’ubucuruzi mu Mujyi wa Gisenyi yahiye irakongoka n’ibyarimo byose

Inkongi y’umuriro yibasiye inyubako iherereye mu Murenge wa Gisenyi mu Karere ka…

Rugaju Reagan yasabye imbabazi mu genzi we Lorenzo nyuma y’ibyo yamutangajeho

Umunyamakuru Ndayishimiye Reagan uzwi nka Rugaju Reagan yasabye imbabazi ku butumwa yagaragayemo…

- Kwamamaza -
Ad imageAd image

You Might Also Like

Mu mahanga

Ethiopia: Abanyamakuru batatu bahagaritswe kubera gushinja Leta gufasha inyeshyamba zo muri Sudani

2 Min Read
Mu mahanga

Umuryango w’Abibumbye urashinja RSF kwica abasivili barenga 6000 mu minsi itatu

2 Min Read
Mu mahanga

AFC/M23 yahishuye impamvu yiyemeje kurwanya FDLR ihangayikishije u Rwanda

3 Min Read
Mu mahanga

AFC/M23 na MONUSCO byaganiriye ku gahenge

2 Min Read
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
BINGWA NEWS

Bingwa News 2024

BINGWA NEWS
BINGWA NEWS
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?