BINGWA NEWS
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Politike
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Mu Rwanda
  • Inkuru Nyamukuru
  • Ubutabera
Monday, Mar 16, 2026
BINGWA NEWSBINGWA NEWS
Font ResizerAa
Search
Follow US
BINGWA NEWS > Blog > Mu mahanga > RDC: Abarenga 30.000 bahunze ubwicanyi bw’amoko ya Teke na Yaka

RDC: Abarenga 30.000 bahunze ubwicanyi bw’amoko ya Teke na Yaka

admin
Last updated: October 9, 2022 10:13 am
admin
Share
SHARE

Kuva ku wa 20 Kanama 2022 ibihumbi by’abaturage bamaze kuvanwa mu byabo n’ubwicanyi bwadutse hagati y’amoko ya Teke na Yaka mu Teritwari ya Kwamounth mu Ntara ya Mai- Ndombe muri Repubulika ya Demokarasi ya Congo.

Imibare yashyizwe hanze ivuga ko abasaga 30.652 bahungiye mu Ntara ya Kwilu bahunga izo ntambara zimaze kugwamo abagera ku 150.

Ibikorwa remezo birimo amashuri, amavuriro n’inzu z’abaturage zitagira umubare zatwitswe n’abashyamirana bo muri ayo moko.

Minisitiri ushinzwe ibikorwa by’ubutabazi mu Ntara ya Kwilu, Jérémie Bikele yemeje ko bakiriye abantu 30.652 bavanywe mu byabo, barimo 6.936 bahungiye mu Mujyi wa Bandundu n’abandi bajyanywe i Bagata.

Ati “Imibereho y’aba bantu bimuwe ntabwo ari myiza. Hariho inkunga Intara itanga, kandi kugeza ubu ntiharaba abakora ibikorwa by’ubutabazi.”

Mu nama y’Abaminisitiri ya 72, yabaye ku wa 7 Ukwakira Perezida Félix Tshisekedi yasabye ko ibikorwa by’ubwicanyi n’ubugizi bwa nabi n’amakimbirane hagati y’amoko ya Teke na Yaka bihagarara ndetse hakihutishwa kugarura umutekano rusange.

Yashimangiye ko amakimbirane hagati y’ayo moko ateye impungenge mu gihugu ko hagomba gufatwa ingamba zigamije kurengera ubuzima bw’abantu.

Yagize ati ” Ni ibintu biteye ubwoba bihungabanya amahoro hagati y’abaturage, inzego zose zigomba kubihagurukira.”

Kugeza ubu Imidugudu myinshi yo muri Teritwari ya Kwamouth yahinduwe ubutayu n’aya makimbirane ashingiye ku moko.

NDEKEZI JOHNSON / UMUSEKE.RW

Share This Article
Facebook Twitter Copy Link Print
Leave a comment
  • Q says:
    October 9, 2022 at 2:39 pm

    Kongo we ,waragowe rwose cyeretse kuzatabarwa n’umuremyi w’isi gusa.

    Reply

Leave a Reply to Q Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Agezweho

Igisasu cya Koreya ya Ruguru cyakangaranyije Koreya y’Epfo n’u Buyapani

Koreya ya Ruguru yarashe igisasu cyakangaranyije u Buyapani na Koreya y’Epfo. Hari…

Jamaica: RDF ihasize ibikorwa byivugira KU mahanga

Mu gihe cy’amezi abiri ashize u Rwanda rwohereje abasirikare gutanga umusanzu wo…

Amafaranga u Rwanda rukoresha muri Cabo Delgado arenga inshuro 10 atangwa na EU- Yolande Makolo

Umuvugizi wa Guverinoma y’u Rwanda, Yolande Makolo, yatangaje ko inkunga ya miliyoni…

Urukiko rwategetse ko Barafinda Sekikubo Fred akomeza gufungwa iminsi 30 y’agateganyo

Urukiko Rwisumbuye rwa Nyarugenge rwanzuye ko ubujurire bwa Barafinda Sekikubo Fred ku…

Imiryango 47 y’impunzi z’Abarundi itashye ku bushake

Imiryango 47 y’Impunzi z’Abarundi yari imaze igihe icumbikiwe mu nkambi ya Mahama,…

- Kwamamaza -
Ad imageAd image

You Might Also Like

Mu mahanga

Macron yavuze ku gitero cya drone cyahitanye Ubufaransakazi i Goma

1 Min Read
Mu mahanga

Gen Bunyoni wari warakatiwe igihano cya burundu yarekuwe

1 Min Read
Mu mahanga

UNICEF yatangaje akababaro irimo kubera umukozi wayo wiciye i Goma

1 Min Read
Mu mahanga

Herekanywe abasore bakekwaho ibyaha by’ubugome.

1 Min Read
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
BINGWA NEWS

Bingwa News 2024

BINGWA NEWS
BINGWA NEWS
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?