BINGWA NEWS
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Politike
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Mu Rwanda
  • Inkuru Nyamukuru
  • Ubutabera
Thursday, Mar 12, 2026
BINGWA NEWSBINGWA NEWS
Font ResizerAa
Search
Follow US
BINGWA NEWS > Blog > Mu mahanga > RDC: Abantu 21 bafunzwe bazira gusaba Leta kwirukana M23 i Bunagana

RDC: Abantu 21 bafunzwe bazira gusaba Leta kwirukana M23 i Bunagana

admin
Last updated: September 21, 2022 4:53 pm
admin
Share
SHARE

Kuri uyu wa gatatu, tariki ya 21 Nzeri mu gitondo, Igipolisi cya RD Congo gikorera mu Mujyi wa Beni muri Kivu ya Ruguru cyataye muri yombi abarwanashyaka 21 bo muri Muvoma La LUCHA bazira gusaba leta kwirukana M23 i Bunagana.

Abo muri Muvoma La LUCHA barasaba ko bagenzi babo 21 bafungiwe i Beni bafungurwa ntayandi mananiza

Aba bafunzwe bashinjwa guhungabanya umutekano rusange no gukora imyigaragambyo mu buryo butemewe n’amategeko.

Abafunzwe bazindukiye mu mihanda kuri uyu wa 21 Nzeri ku munsi Mpuzamahanga w’amahoro, basaba ko FARDC yirukana umutwe wa M23 mu Mujyi wa Bunagana n’utundi duce wigaruriye.

Bazengurutse imihanda mu Mujyi wa Beni bavuga ko RD Congo itabaho idafite “Umujyi wa Bunagana n’ahandi M23 imaze amezi atatu yigaruriye.”

La LUCHA [Lutte pour le changement] ivuga ko bamaganye ifatwa n’ifungwa ry’agateganyo ku barwanashyaka bayo bari mu myigaragambyo y’amahoro ngo yo guhamagarira abategetsi ba Congo kugarura amahoro n’umutekano mu Burasirazuba bwa Congo.

Bati “Imyigaragambyo yacu yari mu mahoro kandi yari yaratangarijwe abayobozi b’inzego z’ibanze hakurikijwe amategeko. Ntakintu rero gifite ishingiro cyo gukandamizwa ndetse no ku munsi w’amahoro.”

Bijunditse Leta ya Congo-Kinshasa idashyira imbaraga mu kurwanya imitwe irimo M23 bavuga ko iterwa inkunga n’u Rwanda ahubwo bagafunga abaharanira amahoro.

Bati “Turahamagarira abategetsi ba congo guhita barekura bagenzi bacu 21 bidasubirwaho, gukangurira abaturage bacu guharanira amahoro bizakomeza kandi byiyongere.”

Ubuyobozi bwa Polisi ya RD Congo muri Beni bwemeje ko aba bafunzwe hagikorwa iperereza ku mikorere yabo kuko igumura rubanda.

NDEKEZI JOHNSON / UMUSEKE.RW

Share This Article
Facebook Twitter Copy Link Print
Leave a comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Agezweho

Macron yavuze ku gitero cya drone cyahitanye Ubufaransakazi i Goma

Perezida Emmanuel Macron w’u Bufaransa, yagaragaje umubabaro nyuma y’urupfu rwa Karine Buisset,…

Gen Bunyoni wari warakatiwe igihano cya burundu yarekuwe

General Alain-Guillaume Bunyoni wabaye Minisitiri w’Intebe w’u Burundi kuva muri Kamena 2020…

UNICEF yatangaje akababaro irimo kubera umukozi wayo wiciye i Goma

Ishami rya ONU ryita ku bana ryatangaje ko “ribabajwe kandi rishenguwe n’urupfu…

Perezida Kagame yaganiriye na Macron

Perezida Paul Kagame ku mugoroba wo kuri uyu wa Kabiri yagiranye ibiganiro…

Herekanywe abasore bakekwaho ibyaha by’ubugome.

Kuri uyu wa Kabiri, tariki ya 10 Werurwe 2026, Urwego rw'Ubugenzacyaha (RIB)…

- Kwamamaza -
Ad imageAd image

You Might Also Like

Mu mahanga

Impunzi z’Abarundi zigera ku 100,000 ziri kwirukanwa mu gihugu cya Tanzania

1 Min Read
Politike

Perezida Kagame yakiriye anaganira n’abo mu Kigo cy’Ubwiteganyirize cya Kazakhstan

2 Min Read
Mu mahanga

AFC/M23 yohereje aba-comando bayo hafi ya Kisangani

2 Min Read
Politike

Ingabo z’u Rwanda ziri mu Sudani y’Epfo zambitswe imidali y’ishimwe

2 Min Read
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
BINGWA NEWS

Bingwa News 2024

BINGWA NEWS
BINGWA NEWS
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?