BINGWA NEWS
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Politike
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Mu Rwanda
  • Inkuru Nyamukuru
  • Ubutabera
Friday, Jan 23, 2026
BINGWA NEWSBINGWA NEWS
Font ResizerAa
Search
Follow US
BINGWA NEWS > Blog > Mu mahanga > RDC: Abantu 21 bafunzwe bazira gusaba Leta kwirukana M23 i Bunagana

RDC: Abantu 21 bafunzwe bazira gusaba Leta kwirukana M23 i Bunagana

admin
Last updated: September 21, 2022 4:53 pm
admin
Share
SHARE

Kuri uyu wa gatatu, tariki ya 21 Nzeri mu gitondo, Igipolisi cya RD Congo gikorera mu Mujyi wa Beni muri Kivu ya Ruguru cyataye muri yombi abarwanashyaka 21 bo muri Muvoma La LUCHA bazira gusaba leta kwirukana M23 i Bunagana.

Abo muri Muvoma La LUCHA barasaba ko bagenzi babo 21 bafungiwe i Beni bafungurwa ntayandi mananiza

Aba bafunzwe bashinjwa guhungabanya umutekano rusange no gukora imyigaragambyo mu buryo butemewe n’amategeko.

Abafunzwe bazindukiye mu mihanda kuri uyu wa 21 Nzeri ku munsi Mpuzamahanga w’amahoro, basaba ko FARDC yirukana umutwe wa M23 mu Mujyi wa Bunagana n’utundi duce wigaruriye.

Bazengurutse imihanda mu Mujyi wa Beni bavuga ko RD Congo itabaho idafite “Umujyi wa Bunagana n’ahandi M23 imaze amezi atatu yigaruriye.”

La LUCHA [Lutte pour le changement] ivuga ko bamaganye ifatwa n’ifungwa ry’agateganyo ku barwanashyaka bayo bari mu myigaragambyo y’amahoro ngo yo guhamagarira abategetsi ba Congo kugarura amahoro n’umutekano mu Burasirazuba bwa Congo.

Bati “Imyigaragambyo yacu yari mu mahoro kandi yari yaratangarijwe abayobozi b’inzego z’ibanze hakurikijwe amategeko. Ntakintu rero gifite ishingiro cyo gukandamizwa ndetse no ku munsi w’amahoro.”

Bijunditse Leta ya Congo-Kinshasa idashyira imbaraga mu kurwanya imitwe irimo M23 bavuga ko iterwa inkunga n’u Rwanda ahubwo bagafunga abaharanira amahoro.

Bati “Turahamagarira abategetsi ba congo guhita barekura bagenzi bacu 21 bidasubirwaho, gukangurira abaturage bacu guharanira amahoro bizakomeza kandi byiyongere.”

Ubuyobozi bwa Polisi ya RD Congo muri Beni bwemeje ko aba bafunzwe hagikorwa iperereza ku mikorere yabo kuko igumura rubanda.

NDEKEZI JOHNSON / UMUSEKE.RW

Share This Article
Facebook Twitter Copy Link Print
Leave a comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Agezweho

Biravugwa ko abarwanyi b’abacancuro bongeye kugaragara muri Congo

Amakuru atangwa n’abakurikiranira hafi ibyo muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, aravuga…

Uganda: Umudepite wa NUP ya Bobi Wine yatawe muri yombi

Kuri uyu wa Kane tariki 22 Mutarama 2026, Igipolisi cya Uganda cyatangaje…

Rayon Sports yatandukanye na Haruna Ferouz

Nyuma y'iminsi Haruna Ferouz atagaragara mu myitozo ya Rayon Sports, yamaze gutandukana…

Jose Chameleone yaguze Radio i Burundi

Umuhanzi ukomeye mu muziki wa Afurika uzwi ku izina rya Jose Chameleone…

Perezida Mamadi Doumbouya yarahiye mu muhango witabiriwe na Perezida Kagame

Perezida Mamadi Doumbouya yarahiriye kuyobora Guinée Conakry muri manda y’imyaka irindwi, mu…

- Kwamamaza -
Ad imageAd image

You Might Also Like

Politike

Museveni yatorewe kuyobora Uganda muri manda ya Karindwi

3 Min Read
Politike

U Rwanda na Togo byiyemeje gukuriraho Visa abaturage

2 Min Read
Mu mahanga

Ishyaka riri ku butegetsi i Burundi riravugwaho ibyo bamwe bafashe nk’agahomamunwa

3 Min Read
Politike

Perezida Kagame yakiriye impapuro za Ambasaderi mushya wa Qatar n’uw’u Buyapani

4 Min Read
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
BINGWA NEWS

Bingwa News 2024

BINGWA NEWS
BINGWA NEWS
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?