BINGWA NEWS
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Politike
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Mu Rwanda
  • Inkuru Nyamukuru
  • Ubutabera
Thursday, Jul 31, 2025
BINGWA NEWSBINGWA NEWS
Font ResizerAa
Search
Follow US
BINGWA NEWS > Blog > Mu mahanga > RDC: Abantu 114 bamaze kwandura icyorezo cya Monkeypox muri Maï-Ndombe

RDC: Abantu 114 bamaze kwandura icyorezo cya Monkeypox muri Maï-Ndombe

admin
Last updated: July 24, 2022 6:44 pm
admin
Share
SHARE

Imibare yatangajwe n’inzego z’ubuzima mu Ntara ya Maï-Ndombe muri Repubulika ya Demokarasi ya Congo yagaragaje ko abantu 114 bamaze kwandura icyorezo cya Monkeypox kuva umwaka wa 2022 watangira.

Ubushita bw’inguge (Monkeypox) bumaze gufata abantu 114 mu Ntara ya Maï Ndombe

Muri iyi Ntara iki cyorezo kimaze guhitana abantu batanu. Abashinzwe ubuzima bavuga ko abari hejuru y’imyaka 15 bibasirwa kurusha abandi.

Kuwa Gatanu tariki 22 Nyakanga 2022 Umuyobozi w’ishami ry’ubuzima mu Ntara ya Maï-Ndombe , Dr Faustin Bekonda, yavuze ko mu Turere 14 tw’ubuzima muri iyi Ntara utugera ku munani twibasiriwe n’iki cyorezo gihangayikishije Isi.

Dr Faustin Bekonda yahamagariye abaturage gukurikiza amabwiriza bahawe arimo kwirinda kurya inyamaswa z’ishyamba zifite ibisebe no kubahiriza amategeko y’isuku.

Yagize ati “Niba nta ngamba zifatika, iyi ndwara irandura cyane, ishobora kwanduza Intara zose.”

Intara ya Mai-Ndombe, izengurutswe n’amashyamba menshi arimo inyamaswa nyinshi ikaba ikorerwamo ibikorwa birimo ubworozi n’ubuhigi, buri mwaka igaragaramo abantu bandura icyorezo cya Monkeypox.

Umuganga ukuriye Ishami rya OMS rishinzwe gukurikirana indwara y’ubushita, Dr Rosamund Lewis aherutse gutangaza ko Monkeypox idakwirakwira cyane nk’izindi virus zirimo na Coronavirus.

Yakomeje avuga ko hataraboneka ibimenyetso byerekana ko iyi virus yihinduranya ikabyara izindi, ariko ngo haracyari gukorwa ubushakashatsi.

Umuyobozi Mukuru w’Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye rishinzwe Ubuzima, Dr Tedros Adhanom Ghebreyesus ku wa 23 Nyakanga yemeje ko iki cyorezo ari” ikibazo cyihutirwa kireba ubuzima bw’abatuye Isi.”

Dr Tedros avuga ko Monkeypox irimo gukwirakwira ku Isi hose mu buryo bwihuse, kandi bwose butaramenyekana, ariko ko bukeneye gufatirwa ingamba zishingiye ku mabwiriza mpuzamahanga y’ubuzima.

OMS ivuga y’uko abarenga 16.500 bo mu bihugu 75 bamaze kwandura ubushita bw’inguge(MonkeyPox).

NDEKEZI JOHNSON / UMUSEKE.RW

Share This Article
Facebook Twitter Copy Link Print
Leave a comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Agezweho

Polisi yafunze abantu 9 bakekwaho guhungabanya ituze ry’abaturage

Kuri uyu wa Gatatu, mu Karere ka Huye mu mirenge ya Gishanvu…

Santarafurika: Ingabo z’u Rwanda ziri mu butumwa bwo kugarura amahoro zashimiwe ubwitange bwabo

Perezida wa Repubulika ya Santarafurika akaba n’Umugaba w’Ikirenga w’Ingabo z’icyo gihugu, Prof.…

Abajenerali 9 bashyizwe mu kiruhuko cy’izabukuru

Perezida wa Repubulika Paul Kagame akaba n’Umugaba w’Ikirenga w’Ingabo z’u Rwanda, (RDF)…

AFC/ M23 yakomeje ibirindiro byayo muri Teritwari ya Walikare

Ihuriro AFC/ M23 ritavuga rumwe n’ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi riravugwaho kongereye…

Umuraperi Lecrae agiye gutaramira i Kigali

Umuraperi Lecrae uri mu bafite izina rikomeye mu muziki wo kuramya no…

- Kwamamaza -
Ad imageAd image

You Might Also Like

Mu mahanga

Hagiye kuba inama Yiga Uko Isi Yose Yakwemera Leta Ya Palestine nk’igihugu

3 Min Read
Mu mahanga

AFC/M23 yanenze Radio Okapi n’ibindi bitangazamakuru bibogamira ku nkuru ziyisebya 

3 Min Read
Mu mahanga

Nigeria yiyongereye mu bihugu byifuza kwakira Formula One

1 Min Read
Mu mahanga

Kwegura kwa Visi Perezida w’u Buhinde byateje impaka n’urujijo

1 Min Read
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
BINGWA NEWS

Bingwa News 2024

BINGWA NEWS
BINGWA NEWS
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?