BINGWA NEWS
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Politike
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Mu Rwanda
  • Inkuru Nyamukuru
  • Ubutabera
Saturday, Jul 19, 2025
BINGWA NEWSBINGWA NEWS
Font ResizerAa
Search
Follow US
BINGWA NEWS > Blog > Mu mahanga > RDC: Abantu 114 bamaze kwandura icyorezo cya Monkeypox muri Maï-Ndombe

RDC: Abantu 114 bamaze kwandura icyorezo cya Monkeypox muri Maï-Ndombe

admin
Last updated: July 24, 2022 6:44 pm
admin
Share
SHARE

Imibare yatangajwe n’inzego z’ubuzima mu Ntara ya Maï-Ndombe muri Repubulika ya Demokarasi ya Congo yagaragaje ko abantu 114 bamaze kwandura icyorezo cya Monkeypox kuva umwaka wa 2022 watangira.

Ubushita bw’inguge (Monkeypox) bumaze gufata abantu 114 mu Ntara ya Maï Ndombe

Muri iyi Ntara iki cyorezo kimaze guhitana abantu batanu. Abashinzwe ubuzima bavuga ko abari hejuru y’imyaka 15 bibasirwa kurusha abandi.

Kuwa Gatanu tariki 22 Nyakanga 2022 Umuyobozi w’ishami ry’ubuzima mu Ntara ya Maï-Ndombe , Dr Faustin Bekonda, yavuze ko mu Turere 14 tw’ubuzima muri iyi Ntara utugera ku munani twibasiriwe n’iki cyorezo gihangayikishije Isi.

Dr Faustin Bekonda yahamagariye abaturage gukurikiza amabwiriza bahawe arimo kwirinda kurya inyamaswa z’ishyamba zifite ibisebe no kubahiriza amategeko y’isuku.

Yagize ati “Niba nta ngamba zifatika, iyi ndwara irandura cyane, ishobora kwanduza Intara zose.”

Intara ya Mai-Ndombe, izengurutswe n’amashyamba menshi arimo inyamaswa nyinshi ikaba ikorerwamo ibikorwa birimo ubworozi n’ubuhigi, buri mwaka igaragaramo abantu bandura icyorezo cya Monkeypox.

Umuganga ukuriye Ishami rya OMS rishinzwe gukurikirana indwara y’ubushita, Dr Rosamund Lewis aherutse gutangaza ko Monkeypox idakwirakwira cyane nk’izindi virus zirimo na Coronavirus.

Yakomeje avuga ko hataraboneka ibimenyetso byerekana ko iyi virus yihinduranya ikabyara izindi, ariko ngo haracyari gukorwa ubushakashatsi.

Umuyobozi Mukuru w’Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye rishinzwe Ubuzima, Dr Tedros Adhanom Ghebreyesus ku wa 23 Nyakanga yemeje ko iki cyorezo ari” ikibazo cyihutirwa kireba ubuzima bw’abatuye Isi.”

Dr Tedros avuga ko Monkeypox irimo gukwirakwira ku Isi hose mu buryo bwihuse, kandi bwose butaramenyekana, ariko ko bukeneye gufatirwa ingamba zishingiye ku mabwiriza mpuzamahanga y’ubuzima.

OMS ivuga y’uko abarenga 16.500 bo mu bihugu 75 bamaze kwandura ubushita bw’inguge(MonkeyPox).

NDEKEZI JOHNSON / UMUSEKE.RW

Share This Article
Facebook Twitter Copy Link Print
Leave a comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Agezweho

Rubavu: Umugore afunzwe akekwaho kwica umugabo we

Umugore wo mu Karere ka Rubavu afunzwe akekwaho kwica umugabo we w’imyaka…

Perezida wa AS Kigali agiye kwiyamamariza kuyobora FERWAFA

Perezida w’ikipe ya AS Kigali, Shema Ngoga Fabrice, agiye gutanga kandidatire yo…

RDC na M23 basinyanye amasezerano aganisha ku mahoro arambye

Intumwa za Leta ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (RDC) n’iz’umutwe wa…

Shema Ngoga Fabrice yatanze kandidatire yo kuyobora FERWAFA

Shema Ngoga Fabrice usanzwe uyobora AS Kigali yatanze kandidatire yo kuyobora Ishyirahamwe…

RDC: Umudepite yatabarije impunzi z’ Abanyekongo ziri mu Burundi ko ubuzima bwazo buri mu kaga

Umudepite uhagarariye Intara ya Kivu y’Epfo muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo,…

- Kwamamaza -
Ad imageAd image

You Might Also Like

Politike

Uhagarariye Uganda i Kinshasa yahamagajwe gusobanura iby’ifungurwa ry’umupaka wa Bunagana

1 Min Read
Mu mahanga

AFC/M23 ihaye gasopo u Burundi na Kinshasa bashaka kwisubiza ibice bambuwe

2 Min Read
Mu mahanga

Thomas Lubanga yashimangiye ko ashyigikiye AFC/M23

1 Min Read
Mu mahanga

DRC: Igitero cy’abasirikare ba Kinshasa mu mirima ya Joseph Kabila cyamaganwe n’imiryango itari iya leta

2 Min Read
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
BINGWA NEWS

Bingwa News 2024

BINGWA NEWS
BINGWA NEWS
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?