BINGWA NEWS
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Politike
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Mu Rwanda
  • Inkuru Nyamukuru
  • Ubutabera
Sunday, Dec 7, 2025
BINGWA NEWSBINGWA NEWS
Font ResizerAa
Search
Follow US
BINGWA NEWS > Blog > Mu mahanga > Raila Odinga ntiyemera ko yatsinzwe amatora ya Perezida muri Kenya

Raila Odinga ntiyemera ko yatsinzwe amatora ya Perezida muri Kenya

admin
Last updated: August 16, 2022 9:08 pm
admin
Share
SHARE

Ku nshuro ya gatanu atsindwa mu matora yo guhatanira kuba Perezida wa Kenya, Raila Odinga wari uhanganye na William Samoei Ruto yateye utwatsi ibyavuye mu matora ashimangira ko agomba kugana inkinko zikamurenganura kuko atatsinzwe.

Raila Odinga yahakanye ibyavuye mu matora ya Perezida

Mu ijambo yagejeje ku mbaga y’abayoboke be kuri uyu wa Kabiri, tariki 16 Kanama 2022, i Nairobi muri Kenyatta International Convention Center, Odinga yateye utwatsi ibyavuye mu matora byemeza ko yatsinzwe amatora ya Perezida.

Yagize ati “Ntagushidikanya, ndashaka kuvuga ko duhakanye ibyavuye mu matora ya Perezida byatangajwe ejo hashize.”

Raila Odinga yakomeje asaba abamushyigikiye kugumana ituze n’amahoro bakareka ubutabera bugakora akazi kabwo aho kubwishakira ubwabo. Ibi byajyanye no kuvuga ko ibyatangajwe na Perezida wa komisiyo y’igihugu y’amatora ko bitanyuze mu mucyo ndetse bidakurikije itegeko nshinga.

Uretse Raila Odina na Martha Karua wari mu bahatanira intebe y’umukuru w’igihugu cya Kenya, na we nyuma yo gutangazwa kwa William Ruto ko ari we wegukanye intsinzi yahise yerura ko atanyuzwe n’ibyavuye mu matora, ibi byajyanye no kugaragaza ko na we azagana inkiko.

Raila Odinga ni ku nshuro ya gatanu atsinda mu matora ya perezida kuko yiyamaje mu 1997 aratsindwa, yongera gutsindwa mu 2007, 2013 nabwo baramuhigika ndetse na 2017 ubwo yatsindwaga na Uhuru Kenyatta.

Ubwo hari hagiye gutangazwa ibyavuye mu matora kuri uyu wa Mbere, habaye igisa n’imvururu kuko hari abagize komisiyo y’amatora batemeranyaga ku bigiye gutangazwa. Ni mu gihe kandi hari umwe mu bari bakuriye sitasiyo y’itora wari waraburiwe irengero mu Cyumweru gishije waje gusangwa yapfuye.

Nubwo atemera ko William Ruto ari we perezida mushya wa Kenya, abakuru b’ibihugu na za Guverinoma bakomeje kwifuriza ishya n’ihirwe Ruto mu mirimo ye mishya. William Ruto akaba yari amaze imyaka icumi ari Visi Perezida wa Kenya ku buyobozi bwa Uhuru Kenyatta.

William Samoei Ruto nyuma yo gutangazwa ko ari we wegukanye intsinzi, yatangaje ko azakorera Abanyakenya bose kandi agakomeza mu kivi cya Uhuru Kenyatta.

NKURUNZIZA Jean Baptiste
UMUSEKE.RW

Share This Article
Facebook Twitter Copy Link Print
Leave a comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Agezweho

Putin na Netanyahu bashobora kuburanishwa na ICC badahari

Umushinjacyaha Mukuru wungirije w’Urukiko Mpuzamahanga Mpanabyaha, ICC, yatangaje ko bishoboka ko Minisitiri…

Perezida Kagame yitabiriye tombora y’Amatsinda y’Igikombe cy’Isi cya 2026

Perezida wa Repubulika y’u Rwanda Paul Kagame yifatanyije n’abayobozi bakomeye muri ruhago…

Kivu y’Amajyepfo: Imirwano ihanganishije AFC/M23 n’ingabo za RDC yakomeye

Ihuriro ry’ingabo za Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo na AFC/M23 byazindukiye mu…

Nyabihu: RIB iri gukurikirana ushinzwe imirimo rusange

Umuyobozi ushinzwe imirimo rusange mu Karere ka Nyabihu, ari gukurikiranwa n’Urwego rw’Ubugenzacyaha,…

Urubanza ruregwamo abarimo Djihad rwasubitswe.

Urubanza ruregwamo abarimo Uzabakiriho Cyprien uzwi nka Djihad rwasubitswe nyuma y’uko umwe…

- Kwamamaza -
Ad imageAd image

You Might Also Like

Mu mahanga

Uganda igiye gukomorera Facebook nyuma y’imyaka 5 ifunzwe 

2 Min Read
Mu mahanga

Gisagara: Abantu batatu bafunzwe bakekwaho kwica umugabo bamukase ijosi

1 Min Read
Politike

Dore abayobozi bashyizwe mu myanya mu nzego Nkuru z’u Rwanda 

1 Min Read
Politike

Tshisekedi yemeye guhurira na Perezida Kagame i Washington DC mu cyumweru gitaha

3 Min Read
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
BINGWA NEWS

Bingwa News 2024

BINGWA NEWS
BINGWA NEWS
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?