BINGWA NEWS
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Politike
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Mu Rwanda
  • Inkuru Nyamukuru
  • Ubutabera
Wednesday, Feb 18, 2026
BINGWA NEWSBINGWA NEWS
Font ResizerAa
Search
Follow US
BINGWA NEWS > Blog > Mu mahanga > Raila Odinga ntiyemera ko yatsinzwe amatora ya Perezida muri Kenya

Raila Odinga ntiyemera ko yatsinzwe amatora ya Perezida muri Kenya

admin
Last updated: August 16, 2022 9:08 pm
admin
Share
SHARE

Ku nshuro ya gatanu atsindwa mu matora yo guhatanira kuba Perezida wa Kenya, Raila Odinga wari uhanganye na William Samoei Ruto yateye utwatsi ibyavuye mu matora ashimangira ko agomba kugana inkinko zikamurenganura kuko atatsinzwe.

Raila Odinga yahakanye ibyavuye mu matora ya Perezida

Mu ijambo yagejeje ku mbaga y’abayoboke be kuri uyu wa Kabiri, tariki 16 Kanama 2022, i Nairobi muri Kenyatta International Convention Center, Odinga yateye utwatsi ibyavuye mu matora byemeza ko yatsinzwe amatora ya Perezida.

Yagize ati “Ntagushidikanya, ndashaka kuvuga ko duhakanye ibyavuye mu matora ya Perezida byatangajwe ejo hashize.”

Raila Odinga yakomeje asaba abamushyigikiye kugumana ituze n’amahoro bakareka ubutabera bugakora akazi kabwo aho kubwishakira ubwabo. Ibi byajyanye no kuvuga ko ibyatangajwe na Perezida wa komisiyo y’igihugu y’amatora ko bitanyuze mu mucyo ndetse bidakurikije itegeko nshinga.

Uretse Raila Odina na Martha Karua wari mu bahatanira intebe y’umukuru w’igihugu cya Kenya, na we nyuma yo gutangazwa kwa William Ruto ko ari we wegukanye intsinzi yahise yerura ko atanyuzwe n’ibyavuye mu matora, ibi byajyanye no kugaragaza ko na we azagana inkiko.

Raila Odinga ni ku nshuro ya gatanu atsinda mu matora ya perezida kuko yiyamaje mu 1997 aratsindwa, yongera gutsindwa mu 2007, 2013 nabwo baramuhigika ndetse na 2017 ubwo yatsindwaga na Uhuru Kenyatta.

Ubwo hari hagiye gutangazwa ibyavuye mu matora kuri uyu wa Mbere, habaye igisa n’imvururu kuko hari abagize komisiyo y’amatora batemeranyaga ku bigiye gutangazwa. Ni mu gihe kandi hari umwe mu bari bakuriye sitasiyo y’itora wari waraburiwe irengero mu Cyumweru gishije waje gusangwa yapfuye.

Nubwo atemera ko William Ruto ari we perezida mushya wa Kenya, abakuru b’ibihugu na za Guverinoma bakomeje kwifuriza ishya n’ihirwe Ruto mu mirimo ye mishya. William Ruto akaba yari amaze imyaka icumi ari Visi Perezida wa Kenya ku buyobozi bwa Uhuru Kenyatta.

William Samoei Ruto nyuma yo gutangazwa ko ari we wegukanye intsinzi, yatangaje ko azakorera Abanyakenya bose kandi agakomeza mu kivi cya Uhuru Kenyatta.

NKURUNZIZA Jean Baptiste
UMUSEKE.RW

Share This Article
Facebook Twitter Copy Link Print
Leave a comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Agezweho

Imirwano yahinduye isura mu nkengero za Point Zero

Amakuru yizewe aturuka mu misozi miremire y’i Mulenge, mu bice bya Minembwe,…

Wazalendo basubiranyemo babiri bahasiga ubuzima

Intambara mu Burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (RDC) zikomeje guhindura…

Imyigaragambyo ku Kibuga cy’Indege cya Nairobi yatumye indege zitinda

Imyigaragambyo y’abakozi ku kibuga cy’indege gikuru cya Kenya, giherereye mu murwa mukuru…

Inyubako y’ubucuruzi mu Mujyi wa Gisenyi yahiye irakongoka n’ibyarimo byose

Inkongi y’umuriro yibasiye inyubako iherereye mu Murenge wa Gisenyi mu Karere ka…

Rugaju Reagan yasabye imbabazi mu genzi we Lorenzo nyuma y’ibyo yamutangajeho

Umunyamakuru Ndayishimiye Reagan uzwi nka Rugaju Reagan yasabye imbabazi ku butumwa yagaragayemo…

- Kwamamaza -
Ad imageAd image

You Might Also Like

Mu mahanga

Ethiopia: Abanyamakuru batatu bahagaritswe kubera gushinja Leta gufasha inyeshyamba zo muri Sudani

2 Min Read
Mu mahanga

Umuryango w’Abibumbye urashinja RSF kwica abasivili barenga 6000 mu minsi itatu

2 Min Read
Mu mahanga

AFC/M23 yahishuye impamvu yiyemeje kurwanya FDLR ihangayikishije u Rwanda

3 Min Read
Mu mahanga

AFC/M23 na MONUSCO byaganiriye ku gahenge

2 Min Read
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
BINGWA NEWS

Bingwa News 2024

BINGWA NEWS
BINGWA NEWS
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?