BINGWA NEWS
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Politike
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Mu Rwanda
  • Inkuru Nyamukuru
  • Ubutabera
Thursday, Jul 31, 2025
BINGWA NEWSBINGWA NEWS
Font ResizerAa
Search
Follow US
BINGWA NEWS > Blog > Politike > UPDATED: Prince Kid washakaga kuburana mu ruhame “Urukiko rubibonye ukundi”

UPDATED: Prince Kid washakaga kuburana mu ruhame “Urukiko rubibonye ukundi”

admin
Last updated: October 5, 2022 11:50 am
admin
Share
SHARE

UPDATED: Umucamanza yafashe icyemezo cyo kuburanisha urubanza rwa ISHIMWE Dieudonne uzwi nka Prince Kid, avuga ko abarebwa bose muri uru rubanza ari abari (abakobwa) ejo changwa ejobundi bashaka abagabo.

Urukiko rugasanga urubanza rwabera mu muhezo kuko aribwo buryo bwiza

Ubushinjacyaha bwari bwasabye ko urubanza ruba mu muhezo, ariko Prince Kid we agashaka ko ruburanishwa mu ruhame.

Ubushinjacyaha bwavuze ko impamvu busaba umuhezo ari iz’uburere mbonezabupfura.

Prince Kidi uregwa yasabaga ko urubanza rwe rwabera mu ruhame avuga ko Abanyarwanda bakeneye kumenya uko yaburanishijwe n’uko yahawe ubutabera.

Ishimwe Diedonne yakomeje avuga ko ababyeyi b’abana bitabiriye Miss Rwanda na bo bafite amatsiko yo kumva uko yaburanisjijwe, kuko babifitemo inyungu zimwe cyangwa izindi.

Prince Kid yabwiye urukiko ko irushanwa rya Miss Rwanda ubwo ryari rikiba ryakurikiranwaga n’abantu basaga miliyoni 46 byibira ku isi hose.

Me Emeylne Nyembo wunganira Prince Kid yasabye ko uburenganzira bw’umukiliya we bwakubahirizwa, akaburanira mu ruhame.

Urukiko rwanzuye ko urubanza rubera mu muhezo.

 

IYABANJE: Ishimwe Dieudonne wateguraga irushanwa rya Miss Rwanda, akaza gufatwa akekwaho kwaka ishimishamubiri bamwe mu bakobwa baryitabiriye, urubanza rwe mu mizi rwasubitswe by’akanya gato bisabwe na we ubwe.

Prince Kid mu rukiko bamukuramo amapingu

Ahagana saa mbiri nibwo uyu musore uyobora Ikigo kitwa Rwanda Inspirational Backup cyateguraga Miss Rwanda ariko akaba amaze igihe afunzwe, yageze mu Rukiko Rwisumbuye rwa Nyarugenge ngo aburane mu mizi.

Umucamanza yabwiye abari baje kumva urubanza, ko mu zigera kuri 16 ziri buburanishwe, urwa Ishimwe Dieudonne [Prince Kid] rubanza.

Ishimwe Dieodonne kuri iyi nshuro ari kuburanishwa n’inteko y’umucamnza, umwe n’umwanditsi w’urukiko. Ubushinjacyha buhagarariwe n’abashinjacyaha babiri.

Ishimwe Dieodonne na we afite abanyamategeko babiri, Me Emelyne Nyembo na Me Kayijuka Ngabo, gusa uyu ntabwo yabonekeye ku gihe.

Ishimwe Dieudonne yahise asaba umucamanza ko urukiko rwaba rufashe abandi baburanyi bakaburana, ariko agahabwa amahirwe Umunyamategeko we akahagera.

Umucacamanza yahise avuga ko abahaye iminota 30 uwo munyamatetego akahagera, yaba atarahagera hagafatwa ikindi cyemezo.

Ishimwe amaze amezi arenga ane afungiye muri Gereza ya Nyarugenge.

AMAFOTO@NKUNDINEZA

NKUNDINEZA Jean Paul
UMUSEKE.RW

Share This Article
Facebook Twitter Copy Link Print
2 Comments
  • Pingback: Prince Kid yasabiwe gufungwa imyaka 16 – uko mu muhezo byari bimeze – Umuseke
  • Pingback: Prince Kid yasabiwe gufungwa imyaka 16 – uko mu muhezo byari bimeze – Umuseke

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Agezweho

Polisi yafunze abantu 9 bakekwaho guhungabanya ituze ry’abaturage

Kuri uyu wa Gatatu, mu Karere ka Huye mu mirenge ya Gishanvu…

Santarafurika: Ingabo z’u Rwanda ziri mu butumwa bwo kugarura amahoro zashimiwe ubwitange bwabo

Perezida wa Repubulika ya Santarafurika akaba n’Umugaba w’Ikirenga w’Ingabo z’icyo gihugu, Prof.…

Abajenerali 9 bashyizwe mu kiruhuko cy’izabukuru

Perezida wa Repubulika Paul Kagame akaba n’Umugaba w’Ikirenga w’Ingabo z’u Rwanda, (RDF)…

AFC/ M23 yakomeje ibirindiro byayo muri Teritwari ya Walikare

Ihuriro AFC/ M23 ritavuga rumwe n’ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi riravugwaho kongereye…

Umuraperi Lecrae agiye gutaramira i Kigali

Umuraperi Lecrae uri mu bafite izina rikomeye mu muziki wo kuramya no…

- Kwamamaza -
Ad imageAd image

You Might Also Like

Ubutabera

Urubanza rwa Joseph Kabila ruratangira i Kinshasa, araregwa ibyaha bihanishwa urwo gupfa

4 Min Read
Ubutabera

Hatangajwe icyemezo cyafatiwe uwigeze kugeza kuri Perezida ikibazo cyavugwagamo BNR waregwaga inyandiko mpimbano

2 Min Read
Ubutabera

Abanyamayegeko ba Constant Mutamba bwasabye urukiko kudaha agaciro ibyavuye mu iperereza ry’ubushinjacyaha

2 Min Read
Ubutabera

Urukiko Rukuru rwimuriye urubanza rwa Ingabire n’abayoboke b’ishyaka rye muri Nzeri 2025

2 Min Read
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
BINGWA NEWS

Bingwa News 2024

BINGWA NEWS
BINGWA NEWS
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?