BINGWA NEWS
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Politike
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Mu Rwanda
  • Inkuru Nyamukuru
  • Ubutabera
Saturday, Jul 19, 2025
BINGWA NEWSBINGWA NEWS
Font ResizerAa
Search
Follow US
BINGWA NEWS > Blog > Politike > UPDATED: Prince Kid washakaga kuburana mu ruhame “Urukiko rubibonye ukundi”

UPDATED: Prince Kid washakaga kuburana mu ruhame “Urukiko rubibonye ukundi”

admin
Last updated: October 5, 2022 11:50 am
admin
Share
SHARE

UPDATED: Umucamanza yafashe icyemezo cyo kuburanisha urubanza rwa ISHIMWE Dieudonne uzwi nka Prince Kid, avuga ko abarebwa bose muri uru rubanza ari abari (abakobwa) ejo changwa ejobundi bashaka abagabo.

Urukiko rugasanga urubanza rwabera mu muhezo kuko aribwo buryo bwiza

Ubushinjacyaha bwari bwasabye ko urubanza ruba mu muhezo, ariko Prince Kid we agashaka ko ruburanishwa mu ruhame.

Ubushinjacyaha bwavuze ko impamvu busaba umuhezo ari iz’uburere mbonezabupfura.

Prince Kidi uregwa yasabaga ko urubanza rwe rwabera mu ruhame avuga ko Abanyarwanda bakeneye kumenya uko yaburanishijwe n’uko yahawe ubutabera.

Ishimwe Diedonne yakomeje avuga ko ababyeyi b’abana bitabiriye Miss Rwanda na bo bafite amatsiko yo kumva uko yaburanisjijwe, kuko babifitemo inyungu zimwe cyangwa izindi.

Prince Kid yabwiye urukiko ko irushanwa rya Miss Rwanda ubwo ryari rikiba ryakurikiranwaga n’abantu basaga miliyoni 46 byibira ku isi hose.

Me Emeylne Nyembo wunganira Prince Kid yasabye ko uburenganzira bw’umukiliya we bwakubahirizwa, akaburanira mu ruhame.

Urukiko rwanzuye ko urubanza rubera mu muhezo.

 

IYABANJE: Ishimwe Dieudonne wateguraga irushanwa rya Miss Rwanda, akaza gufatwa akekwaho kwaka ishimishamubiri bamwe mu bakobwa baryitabiriye, urubanza rwe mu mizi rwasubitswe by’akanya gato bisabwe na we ubwe.

Prince Kid mu rukiko bamukuramo amapingu

Ahagana saa mbiri nibwo uyu musore uyobora Ikigo kitwa Rwanda Inspirational Backup cyateguraga Miss Rwanda ariko akaba amaze igihe afunzwe, yageze mu Rukiko Rwisumbuye rwa Nyarugenge ngo aburane mu mizi.

Umucamanza yabwiye abari baje kumva urubanza, ko mu zigera kuri 16 ziri buburanishwe, urwa Ishimwe Dieudonne [Prince Kid] rubanza.

Ishimwe Dieodonne kuri iyi nshuro ari kuburanishwa n’inteko y’umucamnza, umwe n’umwanditsi w’urukiko. Ubushinjacyha buhagarariwe n’abashinjacyaha babiri.

Ishimwe Dieodonne na we afite abanyamategeko babiri, Me Emelyne Nyembo na Me Kayijuka Ngabo, gusa uyu ntabwo yabonekeye ku gihe.

Ishimwe Dieudonne yahise asaba umucamanza ko urukiko rwaba rufashe abandi baburanyi bakaburana, ariko agahabwa amahirwe Umunyamategeko we akahagera.

Umucacamanza yahise avuga ko abahaye iminota 30 uwo munyamatetego akahagera, yaba atarahagera hagafatwa ikindi cyemezo.

Ishimwe amaze amezi arenga ane afungiye muri Gereza ya Nyarugenge.

AMAFOTO@NKUNDINEZA

NKUNDINEZA Jean Paul
UMUSEKE.RW

Share This Article
Facebook Twitter Copy Link Print
2 Comments
  • Pingback: Prince Kid yasabiwe gufungwa imyaka 16 – uko mu muhezo byari bimeze – Umuseke
  • Pingback: Prince Kid yasabiwe gufungwa imyaka 16 – uko mu muhezo byari bimeze – Umuseke

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Agezweho

Rubavu: Umugore afunzwe akekwaho kwica umugabo we

Umugore wo mu Karere ka Rubavu afunzwe akekwaho kwica umugabo we w’imyaka…

Perezida wa AS Kigali agiye kwiyamamariza kuyobora FERWAFA

Perezida w’ikipe ya AS Kigali, Shema Ngoga Fabrice, agiye gutanga kandidatire yo…

RDC na M23 basinyanye amasezerano aganisha ku mahoro arambye

Intumwa za Leta ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (RDC) n’iz’umutwe wa…

Shema Ngoga Fabrice yatanze kandidatire yo kuyobora FERWAFA

Shema Ngoga Fabrice usanzwe uyobora AS Kigali yatanze kandidatire yo kuyobora Ishyirahamwe…

RDC: Umudepite yatabarije impunzi z’ Abanyekongo ziri mu Burundi ko ubuzima bwazo buri mu kaga

Umudepite uhagarariye Intara ya Kivu y’Epfo muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo,…

- Kwamamaza -
Ad imageAd image

You Might Also Like

Ubutabera

Dosiye iregwamo umukozi wa NAEB yoherejwe mu Bushinjacyaha

2 Min Read
Politike

Uhagarariye Uganda i Kinshasa yahamagajwe gusobanura iby’ifungurwa ry’umupaka wa Bunagana

1 Min Read
Ubutabera

Umukozi ushinzwe ubwubatsi mu Mujyi wa Kigali arafunzwe

2 Min Read
Ubutabera

Ubujurire bwa Kazungu Denis bwateshejwe agaciro

2 Min Read
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
BINGWA NEWS

Bingwa News 2024

BINGWA NEWS
BINGWA NEWS
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?