BINGWA NEWS
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Politike
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Mu Rwanda
  • Inkuru Nyamukuru
  • Ubutabera
Thursday, Jul 31, 2025
BINGWA NEWSBINGWA NEWS
Font ResizerAa
Search
Follow US
BINGWA NEWS > Blog > Politike > Perezida Tshisekedi yatangije intambara y’amagambo ku “butegetsi bw’u Rwanda”

Perezida Tshisekedi yatangije intambara y’amagambo ku “butegetsi bw’u Rwanda”

admin
Last updated: December 4, 2022 8:54 pm
admin
Share
SHARE

Ku wa Gatandatu ubwo Perezida Tshisekedi yahuraga n’urubyiruko ruhagarariye abanda ku rwego rw’Intara, yarubwiye ko Congo ifitanye ikibazo n’ubutegetsi bw’u Rwanda na Perezida Paul Kagame aho kuba Abanyarwanda.

Perezida Tshisekedi yikomye ubutegetsi bw’u Rwanda

Mu magambo atsindagiye Perezida Felix Tshisekedi yikomye Perezida Paul Kagame, avuga ko ari umuntu “wigamba ko azi intambara”.

Yagize ati “Ntimubikore, ntimukange abanyamahanga, kubyerekeye u Rwanda ntacyo bimaze kubona Umunyarwanda nk’umwanzi, ni ubutegetsi bw’u Rwanda buyobowe na Perezida Paul Kagame, nib wo mwanzi wa Congo.”

Perezida Tshisekedi yavuze ko Abanyarwanda n’Abanyarwandakazi ari abavandimwe b’Abanyekongo.

Ibisa n’amagambo “y’igitutsi”, Perezida Tshisekedi yavuze ko Abanyarwanda bakeneye ubufasha bwa Congo kuko bakennye, “ndetse ngo bakeneye ubufasha bwa Congo kugira ngo bibohore.”

Ati “Ntaho bihuriye n’ibyo abayobozi babo barimo kubategeka, bityo mwibarebamo abanzi, ahubwo nk’abavandimwe bacu bakeneye ubufatanye natwe, ngo twigobotore, tugobotore Africa abo bayobozi bo mu gihe cya hise, bakoresha uburyo bwo mu myaka ya 1960, 1970, mu gihe muri Africa biyemeje gucecekesha urusaku rw’intwaro, niba mubibuka ni muri 2020, imbunda zari kuba zacecetse muri Africa, Africa ikajya mu bindi.”

Iri jambo ryakomewe amashyi, Perezida Tshisekedi yakomeje avuga ko ibyo bitagezwe kubera abayobozi “nka Perezida Kagame”.

Ati “Yigamba ko azi intambara, arabyishimiye, ndi we nakwihisha, naba mfite isoni, zo kwemera gutanga urupfu no gutera ibwoba, biteye isoni, ndetse ni ibya “Shitani”, ntabwo tuzarya uwo mugati, twe umugati turya ni uw’urukundo.”

Amagambo ya Perezida Felix Tshisekedi ashobora gusubiza inyuma umubano wangiritse hagati ya Congo n’u Rwanda, aho ibihugu byombi bishinjanya, kimwe gufasha imitwe irwanya ikindi.

Congo ishinja u Rwanda gufasha M23, naho u Rwanda rukayishinja gufatanga ku rugamba na FDLR, no gukorera ibikorwa bibi n’amagambo y’urwango ku Banyecongo bavuga Ikinyarwanda, ndetse n’Abanyarwanda babayo.

Ntabwo turi Abajura – Kagame avuga ku byo kwiba umutungo wa Congo

 

U Rwanda rushyize imbere amahoro…..

Mu ijambo yavuze arahiza ba Minisitiri bashya muri iki Cyumweru, Perezida Paul Kagame yavuze ko hari abavuga ko “bataburizamo kuba bateza intambara u Rwanda”, ndetse bakabivuga mu binyamakuru mpuzamahanga bizwi nka TV5, na France 24.

Ati “Ubwo navuganaga n’uyu muntu ukunda kuvuga biriya, namubwiye ko turambiwe intambara, dukweye kuba hamwe, tugakorana, tukubaka amahoro hagati y’ibihugu byacu kubera ko niba ushaka umuntu uzi iby’intambara, uzaze umbaze, hari icyo nyiziho, kandi nzi ububi bwayo, kubera iyo mpamvu nzi uburyo nta kintu cyiza wagira kiruta amahoro.”

Noel Kambanda umwe mu bakoresha Twitter yasesenguye ijambo rya Perezida Tshisekedi nk’uwavuze ko “yakuraho ubutegetsi bw’u Rwanda”.

In summary, President Tshisekedi vows to topple President Kagame.

— Noel Kambanda (@NoelKambanda) December 4, 2022

UMUSEKE.RW

Share This Article
Facebook Twitter Copy Link Print
11 Comments
  • ndungutse says:
    December 4, 2022 at 9:24 pm

    Yirengagije ihame rya democracy rivugako,ubutegetsi bukorera abaturage bushyirwaho n’abaturage!none niba wanze ubuyobozi bwashyizweho n’abaturage,abobaturage nibo ukunze?Ndabyemera mumibanire y’abantu burumwe akenera undi,muburyo bumwe cg ubundi,ariko ntabwo abaturage b’uRwanda babeshejweho na DRC,haba harimo kwibeshya,kuko uko tubakeneye nabo niko badukeneye,bakemure ibibazo by’abaturage be,ntawamugize umuvugizi w’abaturage b’uRwanda

    Reply
    • Kurazikubone Jean says:
      December 5, 2022 at 7:09 pm

      Ndavuga rumwe na Ndungutse. Thisekedi narebe ibya Congo na Kagame arebe iby’Urwanda. Ukuri nuko Perezida Kagame yasembuye mugenzi we wa Congo ubwo yavugaga ko atatowe ndetse ki ari mu mugambi wo kwigizayo amatora. Nkeka bitari bikwiye ku mukuru w’igihugu. Niyo mpamvu abategetsi b’Urwanda bakwiye kuva mu bibazo bidushyira mu bushyamirane n’ibindi bihugu. Ariko cyane cyane imvugo yuko turengera abaturage b’ibindi bihugu bavuga ikinyarwanda ikwiye guhagarara. Ntabwo twakwishyira mu nshingano z’ibindi bihugu n’iyo twaba dufite ubushobozi. Imvugo zishotora zikurura ibibazo nk’ibi.

      Reply
  • Valens masengesho says:
    December 4, 2022 at 9:59 pm

    Hhhh

    Reply
  • Hafashimana says:
    December 4, 2022 at 10:02 pm

    ntabwo,abanya rwanda dukenke,ahubwo congo nimwe mukenye mumutwe??? muturebe mwirebe wang.

    Reply
  • Mayimayi says:
    December 5, 2022 at 6:09 am

    Yaduciye amazi pee. Sinzi icyatumye ashirika ubwoba.

    Reply
  • Jean Baptiste says:
    December 5, 2022 at 6:41 am

    Nubwo ntazi icyo Uwo mufirisitiya yashingiyeho yita abanyarwanda abakene,arabeshya akanibeshya. Mumunyibikirizeko Umukuru azaba umugaragu w’umuto kuko agurana imboga umugisha w’umwana w’imfura.

    Reply
  • Anonymous says:
    December 5, 2022 at 6:56 am

    Congo irakize abanyeCongo bava Bukavu – Uvira bakanyura mu Rwanda abava Goma
    – Bukavu bakanyura mu Rwanda !! niyo koko baba bafite ubukire bafite ubukene bwo mumutwe iyo udafite mumutwe hakora neza ibyo wagira byose ntamumaro uvuga ibintu birashoboka ejo ukabihindura niwe wakangishije guteta u Rwanda kuko birashoboka ali mumigambi yo gushyigikira abazakuraho ubutegetsi buzuye hariya byananiye Mobutu ba Kabira nawe 2023 azavaho asige u Rwanda uko yarusanze

    Reply
    • Janvier lion says:
      December 5, 2022 at 7:38 am

      Ndumiwe koko, DRC irakize ariko abakongomani bo ni abakene, uko niko kuri kandi niko bizahora keretse habayeho impinduka DRC ikayoborwa n’abantu barwanya ivanguramoko

      Reply
  • Q says:
    December 5, 2022 at 9:03 am

    Ibyo nsomye niba ari cyabitama wabivuze koko yadusuzuguye bikomeye!uriya mukaritasi ndizera ko ntanicyo asigaje mu kudutuka nyuma ya biriya asigaje gusa kudutuka kubabyeyi bombi!!ariko ashobora kuzabyishyura umunsi umwe akarira nk’uruhinja.

    Reply
  • THEO says:
    December 5, 2022 at 9:36 am

    UWOMUGABO IBYO AVUGA,NTABIZIPE!

    Reply
  • Cbbc says:
    December 5, 2022 at 12:00 pm

    congo ntacyo ivugiraho.kuko ufite amafranga ntiwabura umutekano wo kukurinda

    Reply

Leave a Reply to Jean Baptiste Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Agezweho

Polisi yafunze abantu 9 bakekwaho guhungabanya ituze ry’abaturage

Kuri uyu wa Gatatu, mu Karere ka Huye mu mirenge ya Gishanvu…

Santarafurika: Ingabo z’u Rwanda ziri mu butumwa bwo kugarura amahoro zashimiwe ubwitange bwabo

Perezida wa Repubulika ya Santarafurika akaba n’Umugaba w’Ikirenga w’Ingabo z’icyo gihugu, Prof.…

Abajenerali 9 bashyizwe mu kiruhuko cy’izabukuru

Perezida wa Repubulika Paul Kagame akaba n’Umugaba w’Ikirenga w’Ingabo z’u Rwanda, (RDF)…

AFC/ M23 yakomeje ibirindiro byayo muri Teritwari ya Walikare

Ihuriro AFC/ M23 ritavuga rumwe n’ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi riravugwaho kongereye…

Umuraperi Lecrae agiye gutaramira i Kigali

Umuraperi Lecrae uri mu bafite izina rikomeye mu muziki wo kuramya no…

- Kwamamaza -
Ad imageAd image

You Might Also Like

Politike

Uhagarariye Uganda i Kinshasa yahamagajwe gusobanura iby’ifungurwa ry’umupaka wa Bunagana

1 Min Read
Politike

Kiliziya Gatolika ya RDC ntiyizeye ko Trump azahagarika intambara muri icyo gihugu

3 Min Read
Politike

Imipaka ihuza Uganda n’ibice bya DRC bigenzurwa na AFC/M23 yafunguwe

2 Min Read
Politike

Intumwa za AFC/M23 na Leta ya RDC basubiye KU meza y’ibiganiro i Doha muri Qatar 

1 Min Read
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
BINGWA NEWS

Bingwa News 2024

BINGWA NEWS
BINGWA NEWS
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?