BINGWA NEWS
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Politike
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Mu Rwanda
  • Inkuru Nyamukuru
  • Ubutabera
Thursday, Mar 12, 2026
BINGWA NEWSBINGWA NEWS
Font ResizerAa
Search
Follow US
BINGWA NEWS > Blog > Mu mahanga > Perezida TSHISEKEDI yabwiye inama rusange ya UN ko u Rwanda rufasha M23

Perezida TSHISEKEDI yabwiye inama rusange ya UN ko u Rwanda rufasha M23

admin
Last updated: September 21, 2022 7:37 am
admin
Share
SHARE

Mu ijambo umukuru w’igihugu cya Congo Kinshasa yagejeje ku nama rusange ya UN, yavuze ko u Rwanda rwinjiye mu gihugu cye muri Werurwe, ndetse rufasha inyeshyamba za M23.

Félix Antoine TSHISEKEDI yasabye UN gushyira igitutu ku Rwanda

Félix Antoine TSHISEKEDI yavuze ko we afite ubushake bw’amahoro kimwe n’abaturage b’igihugu cye, ariko hakaba hari abaturanye bamwe babashimiye mu kubatera no gufasha imitwe y’iterabwoba.

Ati “Urugero ni u Rwanda, kuri ubu rwarenze ku mategeko ya UN, n’amasezerano ashyiraho Africa yunze Ubumwe, nta bwo rwarongeye, uretse kwenderanya kuri Congo, ingabo zarwo muri Werurwe (2022) zikinjira muri Congo, rwanafashe ibice muri Kivu ya Ruguru bikozwe n’umutwe witerabwoba, witwaje intwaro wa M23, rwahaye ibikoresho by’intambara, n’abantu bo kurwana.”

TSHISEKEDI yavuze ko M23 yasuzuguye UN, ifashijwe n’u Rwanda, irasa kajugujugu ya Monusco igwamo abantu 8 bigize icyaha cy’intambara.

Ati “Ndamagana nivuye inyuma, imbere ya UN, n’imbaraga za nyuma ubu bushotoranyi igihugu cyacu gihura nabwo bitewe n’u Rwanda rwitwikiriye umutwe w’iterabwoba witwa M23.”

Yavuze ko uruhare rw’u Rwanda mu bibera mu burasirazuba bwa Congo rutagishidikanywaho.

Félix Antoine TSHISEKEDI yasabye ko ibihugu bigize akanama k’Umutekano ka UN bihabwa raporo iheruka gukorwa n’impuguke za UN zigaragaza ibibera mu burasirazuba bwa Congo.

Iyi raporo yamaganwe n’u Rwanda irushinja uruhare mu gufasha M23.

Yasabye ko u Rwanda rushyirwaho igitutu kimwe na M23, ikava mu bice yafashe.

Félix Antoine TSHISEKEDI yasabye ko igisirikare cya Congo, FARDC gikurirwaho inzitizi kikabasha kwiyubaka no kubona ibikoresho bya gisirikare.

Ijambo rya Perezida Félix Antoine TSHISEKEDI yarivuze hari intumwa z’u Rwanda zirimo Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga, Dr Vincent Biruta.

Ibibazo bya Congo u Rwanda rwakomeje kugaragaza ko ari ibyabo bwite, kandi kubirushyiramo ari ukwirengagiza ukuri no kuyobya amahanga.

U Rwanda ruvuga ko abagize M23 ari abanyekongo bityo Leta yahoo ikwiye kuganira na bo.

Ikindi u Rwanda ruvuga ni uko Congo yakemura burundu ikibazo cya FDLR n’indi mitwe ihungabanya u Rwanda ikorera ku butaka bwa kiriya gihugu.

Félix Antoine TSHISEKEDI yagiranye ibiganiro n’Umunyamabanga Mukuru wa UN, Antonio Guterres

UMUSEKE.RW

Share This Article
Facebook Twitter Copy Link Print
2 Comments
  • mahoro jack says:
    September 21, 2022 at 3:49 pm

    hhhh, Cyabitama rwose ntako aba atagize ngo yirwaneho!! Kiriya gihugu cyabaye agatobero n’isibaniro ry’inyungu z’abazungu none ari imbere yabo nibo atera imbabazi? Numvise noneho ngo ba koloneli bafunzwe bazira kuroga ba jenerali, abari abajyanama be barasimburana kwinjira gereza ngo ni abagambanyi, …. u Rwanda narureke kuko rwo hari ibifite umumaro ruhugiyemo.

    Reply
  • mahoro jack says:
    September 21, 2022 at 3:49 pm

    hhhh, Cyabitama rwose ntako aba atagize ngo yirwaneho!! Kiriya gihugu cyabaye agatobero n’isibaniro ry’inyungu z’abazungu none ari imbere yabo nibo atera imbabazi? Numvise noneho ngo ba koloneli bafunzwe bazira kuroga ba jenerali, abari abajyanama be barasimburana kwinjira gereza ngo ni abagambanyi, …. u Rwanda narureke kuko rwo hari ibifite umumaro ruhugiyemo.

    Reply

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Agezweho

Macron yavuze ku gitero cya drone cyahitanye Ubufaransakazi i Goma

Perezida Emmanuel Macron w’u Bufaransa, yagaragaje umubabaro nyuma y’urupfu rwa Karine Buisset,…

Gen Bunyoni wari warakatiwe igihano cya burundu yarekuwe

General Alain-Guillaume Bunyoni wabaye Minisitiri w’Intebe w’u Burundi kuva muri Kamena 2020…

UNICEF yatangaje akababaro irimo kubera umukozi wayo wiciye i Goma

Ishami rya ONU ryita ku bana ryatangaje ko “ribabajwe kandi rishenguwe n’urupfu…

Perezida Kagame yaganiriye na Macron

Perezida Paul Kagame ku mugoroba wo kuri uyu wa Kabiri yagiranye ibiganiro…

Herekanywe abasore bakekwaho ibyaha by’ubugome.

Kuri uyu wa Kabiri, tariki ya 10 Werurwe 2026, Urwego rw'Ubugenzacyaha (RIB)…

- Kwamamaza -
Ad imageAd image

You Might Also Like

Mu mahanga

Impunzi z’Abarundi zigera ku 100,000 ziri kwirukanwa mu gihugu cya Tanzania

1 Min Read
Politike

Perezida Kagame yakiriye anaganira n’abo mu Kigo cy’Ubwiteganyirize cya Kazakhstan

2 Min Read
Mu mahanga

AFC/M23 yohereje aba-comando bayo hafi ya Kisangani

2 Min Read
Politike

Ingabo z’u Rwanda ziri mu Sudani y’Epfo zambitswe imidali y’ishimwe

2 Min Read
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
BINGWA NEWS

Bingwa News 2024

BINGWA NEWS
BINGWA NEWS
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?