BINGWA NEWS
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Politike
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Mu Rwanda
  • Inkuru Nyamukuru
  • Ubutabera
Sunday, Jul 13, 2025
BINGWA NEWSBINGWA NEWS
Font ResizerAa
Search
Follow US
BINGWA NEWS > Blog > Mu mahanga > Perezida TSHISEKEDI yabwiye inama rusange ya UN ko u Rwanda rufasha M23

Perezida TSHISEKEDI yabwiye inama rusange ya UN ko u Rwanda rufasha M23

admin
Last updated: September 21, 2022 7:37 am
admin
Share
SHARE

Mu ijambo umukuru w’igihugu cya Congo Kinshasa yagejeje ku nama rusange ya UN, yavuze ko u Rwanda rwinjiye mu gihugu cye muri Werurwe, ndetse rufasha inyeshyamba za M23.

Félix Antoine TSHISEKEDI yasabye UN gushyira igitutu ku Rwanda

Félix Antoine TSHISEKEDI yavuze ko we afite ubushake bw’amahoro kimwe n’abaturage b’igihugu cye, ariko hakaba hari abaturanye bamwe babashimiye mu kubatera no gufasha imitwe y’iterabwoba.

Ati “Urugero ni u Rwanda, kuri ubu rwarenze ku mategeko ya UN, n’amasezerano ashyiraho Africa yunze Ubumwe, nta bwo rwarongeye, uretse kwenderanya kuri Congo, ingabo zarwo muri Werurwe (2022) zikinjira muri Congo, rwanafashe ibice muri Kivu ya Ruguru bikozwe n’umutwe witerabwoba, witwaje intwaro wa M23, rwahaye ibikoresho by’intambara, n’abantu bo kurwana.”

TSHISEKEDI yavuze ko M23 yasuzuguye UN, ifashijwe n’u Rwanda, irasa kajugujugu ya Monusco igwamo abantu 8 bigize icyaha cy’intambara.

Ati “Ndamagana nivuye inyuma, imbere ya UN, n’imbaraga za nyuma ubu bushotoranyi igihugu cyacu gihura nabwo bitewe n’u Rwanda rwitwikiriye umutwe w’iterabwoba witwa M23.”

Yavuze ko uruhare rw’u Rwanda mu bibera mu burasirazuba bwa Congo rutagishidikanywaho.

Félix Antoine TSHISEKEDI yasabye ko ibihugu bigize akanama k’Umutekano ka UN bihabwa raporo iheruka gukorwa n’impuguke za UN zigaragaza ibibera mu burasirazuba bwa Congo.

Iyi raporo yamaganwe n’u Rwanda irushinja uruhare mu gufasha M23.

Yasabye ko u Rwanda rushyirwaho igitutu kimwe na M23, ikava mu bice yafashe.

Félix Antoine TSHISEKEDI yasabye ko igisirikare cya Congo, FARDC gikurirwaho inzitizi kikabasha kwiyubaka no kubona ibikoresho bya gisirikare.

Ijambo rya Perezida Félix Antoine TSHISEKEDI yarivuze hari intumwa z’u Rwanda zirimo Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga, Dr Vincent Biruta.

Ibibazo bya Congo u Rwanda rwakomeje kugaragaza ko ari ibyabo bwite, kandi kubirushyiramo ari ukwirengagiza ukuri no kuyobya amahanga.

U Rwanda ruvuga ko abagize M23 ari abanyekongo bityo Leta yahoo ikwiye kuganira na bo.

Ikindi u Rwanda ruvuga ni uko Congo yakemura burundu ikibazo cya FDLR n’indi mitwe ihungabanya u Rwanda ikorera ku butaka bwa kiriya gihugu.

Félix Antoine TSHISEKEDI yagiranye ibiganiro n’Umunyamabanga Mukuru wa UN, Antonio Guterres

UMUSEKE.RW

Share This Article
Facebook Twitter Copy Link Print
2 Comments
  • mahoro jack says:
    September 21, 2022 at 3:49 pm

    hhhh, Cyabitama rwose ntako aba atagize ngo yirwaneho!! Kiriya gihugu cyabaye agatobero n’isibaniro ry’inyungu z’abazungu none ari imbere yabo nibo atera imbabazi? Numvise noneho ngo ba koloneli bafunzwe bazira kuroga ba jenerali, abari abajyanama be barasimburana kwinjira gereza ngo ni abagambanyi, …. u Rwanda narureke kuko rwo hari ibifite umumaro ruhugiyemo.

    Reply
  • mahoro jack says:
    September 21, 2022 at 3:49 pm

    hhhh, Cyabitama rwose ntako aba atagize ngo yirwaneho!! Kiriya gihugu cyabaye agatobero n’isibaniro ry’inyungu z’abazungu none ari imbere yabo nibo atera imbabazi? Numvise noneho ngo ba koloneli bafunzwe bazira kuroga ba jenerali, abari abajyanama be barasimburana kwinjira gereza ngo ni abagambanyi, …. u Rwanda narureke kuko rwo hari ibifite umumaro ruhugiyemo.

    Reply

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Agezweho

RDC igiye gusaba Uganda ibisobanuro ku ifungurwa ry’umupaka wa Bunagana

Ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo bwateguje ko buzasaba Uganda ibisobanuro…

Muri Kanama ab’i Kigali bazajya babona amazi mu minsi 2 aho kuba 5-WASAC

Ikigo cy’Igihugu gishinzwe Amazi Isuku n’Isukura, WASAC cyijeje abatuye mu Mujyi wa…

DRC : Kiliziya gatorika ntiyozeye ko amasezerano y’u Rwanda na Congo ko atazakemura ikibazo mu mizi

Umuyobozi mukuru w’Inama y’Abepisikopi muri Congo Kinshasa, Musenyeri Donatien Nshole avuga ko…

Perezida wa Botswana yahigiye guhura na Trump, akamwemeza

Perezida Gideon Duma Boko wa Botswana yahigiye guhura na Donald Trump uyobora…

Perezida Kagame yakiriye Uhuru Kenyatta wayoboye Kenya

Kagame yakiriye Uhuru Kenyatta wabaye Perezida wa Kenya, akaba ari n’umwe mu…

- Kwamamaza -
Ad imageAd image

You Might Also Like

Mu mahanga

Maneko wo ku rwego rwo hejuru wa Ukraine yishwe arashwe i Kyiv

5 Min Read
Politike

Kiliziya Gatolika ya RDC ntiyizeye ko Trump azahagarika intambara muri icyo gihugu

3 Min Read
Mu mahanga

Inteko ya Amerika yasabye Tshisekedi kutarenza manda yemerewe

2 Min Read
Politike

Imipaka ihuza Uganda n’ibice bya DRC bigenzurwa na AFC/M23 yafunguwe

2 Min Read
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
BINGWA NEWS

Bingwa News 2024

BINGWA NEWS
BINGWA NEWS
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?