BINGWA NEWS
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Politike
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Mu Rwanda
  • Inkuru Nyamukuru
  • Ubutabera
Monday, Dec 8, 2025
BINGWA NEWSBINGWA NEWS
Font ResizerAa
Search
Follow US
BINGWA NEWS > Blog > Politike > Perezida Ndayishimiye yahamagaye kuri telefoni Abakuru b’ibihugu bya EAC bose

Perezida Ndayishimiye yahamagaye kuri telefoni Abakuru b’ibihugu bya EAC bose

admin
Last updated: November 1, 2022 8:37 pm
admin
Share
SHARE

Ibiro bya Perezida mu Burundi byatangaje ko Umukuru w’icyo gihugu yahamagaye kuri telefoni ba Perezida bose b’ibihugu bigize Umuryango wa Africa y’Iburasirazuba, EAC.

Perezida Evariste Ndayishimiye ni we uyoboye EAC

Itangazo rivuga ko Perezida Evariste Ndayishimiye uyoboye umuryango wa Africa y’Iburasirazuba, EAC, yavuganye kuri telefeni n’abakuru b’ibihugu by’aka karere bose, bashakira hamwe inzira yo gukemura ibibazo by’umutekano muke mu burasirazuba bwa Congo Kinshasa.

Muri ibyo biganiro, abakuru b’ibihugu bemeje ko Abagaba bakuru b’ingabo bo mu bihugu bigize umuryango wa EAC, bagomba guhura mu gihe kigufi bakigira hamwe igikwiye gukorwa kandi cyaba igisubizo kirambye kuri kiriya kibazo.

Nyuma y’inama yabo, Abakuru b’ibihugu bya EAC na bo bazahurira hamwe mu nama idasanzwe nk’uko iryo tangazo ribivuga.

Uburasirazuba bwa Congo bumaze iminsi irenga 10 hubuye imirwano ikarishye hagati y’ingabo za leta, FARDC ndetse n’umutwe w’inyeshyamba za M23.

Congo ishinja u Rwanda gufasha izi nyeshyamba haba kuziha ibikoresho n’abasirikare, ariko u Rwanda rukabihakana rushinja Congo kwirengagiza ibibazo byayo igashaka kubyegeka ku Rwanda.

Inyeshyamba za M23 ziragenzura Bunagana, Rutshuru Centre n’inkengero zayo, ndetse n’umupaka wa Kitagoma. Iyi mirwano yatumye abahunga ingo zabo baba benshi.

Ibyo wamenya ku myanzuro yafashwe n’Abakuru b’Ibihugu bya EAC

UMUSEKE.RW

Share This Article
Facebook Twitter Copy Link Print
1 Comment
  • Q says:
    November 2, 2022 at 11:50 pm

    Ni kuri telefone nyine!niba yabahamagaye bose Koko harimo abamurusha ubunararibonye muri politike kuburyo bazamupfunyikira amazi .

    Reply

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Agezweho

Putin na Netanyahu bashobora kuburanishwa na ICC badahari

Umushinjacyaha Mukuru wungirije w’Urukiko Mpuzamahanga Mpanabyaha, ICC, yatangaje ko bishoboka ko Minisitiri…

Perezida Kagame yitabiriye tombora y’Amatsinda y’Igikombe cy’Isi cya 2026

Perezida wa Repubulika y’u Rwanda Paul Kagame yifatanyije n’abayobozi bakomeye muri ruhago…

Kivu y’Amajyepfo: Imirwano ihanganishije AFC/M23 n’ingabo za RDC yakomeye

Ihuriro ry’ingabo za Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo na AFC/M23 byazindukiye mu…

Nyabihu: RIB iri gukurikirana ushinzwe imirimo rusange

Umuyobozi ushinzwe imirimo rusange mu Karere ka Nyabihu, ari gukurikiranwa n’Urwego rw’Ubugenzacyaha,…

Urubanza ruregwamo abarimo Djihad rwasubitswe.

Urubanza ruregwamo abarimo Uzabakiriho Cyprien uzwi nka Djihad rwasubitswe nyuma y’uko umwe…

- Kwamamaza -
Ad imageAd image

You Might Also Like

Politike

Dore abayobozi bashyizwe mu myanya mu nzego Nkuru z’u Rwanda 

1 Min Read
Politike

Tshisekedi yemeye guhurira na Perezida Kagame i Washington DC mu cyumweru gitaha

3 Min Read
Politike

Qatar yagennye Ambasaderi mushya mu Rwanda usimbura uwitabye imana 

1 Min Read
Politike

U Rwanda rwakiriye abanyarwanda 200 batahutse bavuye muri RDC

2 Min Read
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
BINGWA NEWS

Bingwa News 2024

BINGWA NEWS
BINGWA NEWS
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?