BINGWA NEWS
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Politike
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Mu Rwanda
  • Inkuru Nyamukuru
  • Ubutabera
Sunday, Dec 7, 2025
BINGWA NEWSBINGWA NEWS
Font ResizerAa
Search
Follow US
BINGWA NEWS > Blog > Politike > Perezida Kagame yitabiriye inama idasanzwe y’Umuryango w’Afurika yunze ubumwe 

Perezida Kagame yitabiriye inama idasanzwe y’Umuryango w’Afurika yunze ubumwe 

admin
Last updated: November 25, 2022 3:28 am
admin
Share
SHARE

Perezida Paul Kagame yageze i Niamey muri Niger aho yitabiriye inama idasanzwe y’Umuryango wa Africa yunze Ubumwe, yiga ku nganda n’ubukungu budaheza muri Afurika.

Perezida Kagame yageze Niger avuye Doha

Nk’uko byatangajwe n’ibiro by’umukuru w’Igihugu, Village Urugwiro, Perezida Kagame yakiriwe na mugenzi we wa Niger, Mohamed Bazoum.

Itangazo rigira riti “Perezida Kagame yageze i Niamey muri Niger, aho yitabiriye inama idasanzwe y’Umuryango w’Afurika unze Ubumwe yiga ku bukungu n’inganda.”

Iyi nama y’abakuru b’ibihugu yabanjirijwe n’iyahuje ba Minisitiri b’Ububanyi n’Amahanga mu bihugu by’Umuryango w’Afurika Yunze Ubumwe, AU, ku wa 23 Ugushyingo 2022, i Niamey ahabera inama hazwi nka Gandhi Conference Center.

Iyi nama idasanzwe y’abakuru b’ibihugu na za Guverinoma b’umuryango w’Ubumwe bw’Afurika yiga ku nganda n’ubukungu, igiye kuba ku nshuro ya 17.

Umugabane w’Afurika urajwe inshinga no kuzamura urwego rw’inganda rukagera ku kigero gishimishije, ibi bigaragaza n’uko ibihugu bikataje mu gushora imari muri uru rwego.

Perezida Kagame yageze Niger yitabiriye inama yiga ku nganda muri Afurika

Mu 2019, amafaranga yinjizwa n’urwego rw’inganda yazamutseho 17% abarirwa muri miliyari 731 z’amadorali nk’uko imibare ya Banki nyafurika itsura amajyambere ibigaragaza.

Perezida Kagame akaba yageze muri Niger, avuye muri Qatar, aho yitabiriye ibikorwa binyuranye harimo gufungura imikino y’igikombe cy’Isi no gutaha icyanya cyaharize intego z’iterambere rirambye.

Mu gitondo cyo ku wa Kane nibwo yahagurutse i Doha, nk’uko tubikesha Qatar News Agency.

Perezida Paul Kagame akaba yakiriwe mu muco gakondo wa Niger

NKURUNZIZA Jean Baptiste/UMUSEKE.RW

Share This Article
Facebook Twitter Copy Link Print
Leave a comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Agezweho

Putin na Netanyahu bashobora kuburanishwa na ICC badahari

Umushinjacyaha Mukuru wungirije w’Urukiko Mpuzamahanga Mpanabyaha, ICC, yatangaje ko bishoboka ko Minisitiri…

Perezida Kagame yitabiriye tombora y’Amatsinda y’Igikombe cy’Isi cya 2026

Perezida wa Repubulika y’u Rwanda Paul Kagame yifatanyije n’abayobozi bakomeye muri ruhago…

Kivu y’Amajyepfo: Imirwano ihanganishije AFC/M23 n’ingabo za RDC yakomeye

Ihuriro ry’ingabo za Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo na AFC/M23 byazindukiye mu…

Nyabihu: RIB iri gukurikirana ushinzwe imirimo rusange

Umuyobozi ushinzwe imirimo rusange mu Karere ka Nyabihu, ari gukurikiranwa n’Urwego rw’Ubugenzacyaha,…

Urubanza ruregwamo abarimo Djihad rwasubitswe.

Urubanza ruregwamo abarimo Uzabakiriho Cyprien uzwi nka Djihad rwasubitswe nyuma y’uko umwe…

- Kwamamaza -
Ad imageAd image

You Might Also Like

Politike

Dore abayobozi bashyizwe mu myanya mu nzego Nkuru z’u Rwanda 

1 Min Read
Politike

Tshisekedi yemeye guhurira na Perezida Kagame i Washington DC mu cyumweru gitaha

3 Min Read
Politike

Qatar yagennye Ambasaderi mushya mu Rwanda usimbura uwitabye imana 

1 Min Read
Politike

U Rwanda rwakiriye abanyarwanda 200 batahutse bavuye muri RDC

2 Min Read
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
BINGWA NEWS

Bingwa News 2024

BINGWA NEWS
BINGWA NEWS
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?