BINGWA NEWS
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Politike
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Mu Rwanda
  • Inkuru Nyamukuru
  • Ubutabera
Saturday, Jul 19, 2025
BINGWA NEWSBINGWA NEWS
Font ResizerAa
Search
Follow US
BINGWA NEWS > Blog > Politike > Perezida Kagame yitabiriye inama idasanzwe y’Umuryango w’Afurika yunze ubumwe 

Perezida Kagame yitabiriye inama idasanzwe y’Umuryango w’Afurika yunze ubumwe 

admin
Last updated: November 25, 2022 3:28 am
admin
Share
SHARE

Perezida Paul Kagame yageze i Niamey muri Niger aho yitabiriye inama idasanzwe y’Umuryango wa Africa yunze Ubumwe, yiga ku nganda n’ubukungu budaheza muri Afurika.

Perezida Kagame yageze Niger avuye Doha

Nk’uko byatangajwe n’ibiro by’umukuru w’Igihugu, Village Urugwiro, Perezida Kagame yakiriwe na mugenzi we wa Niger, Mohamed Bazoum.

Itangazo rigira riti “Perezida Kagame yageze i Niamey muri Niger, aho yitabiriye inama idasanzwe y’Umuryango w’Afurika unze Ubumwe yiga ku bukungu n’inganda.”

Iyi nama y’abakuru b’ibihugu yabanjirijwe n’iyahuje ba Minisitiri b’Ububanyi n’Amahanga mu bihugu by’Umuryango w’Afurika Yunze Ubumwe, AU, ku wa 23 Ugushyingo 2022, i Niamey ahabera inama hazwi nka Gandhi Conference Center.

Iyi nama idasanzwe y’abakuru b’ibihugu na za Guverinoma b’umuryango w’Ubumwe bw’Afurika yiga ku nganda n’ubukungu, igiye kuba ku nshuro ya 17.

Umugabane w’Afurika urajwe inshinga no kuzamura urwego rw’inganda rukagera ku kigero gishimishije, ibi bigaragaza n’uko ibihugu bikataje mu gushora imari muri uru rwego.

Perezida Kagame yageze Niger yitabiriye inama yiga ku nganda muri Afurika

Mu 2019, amafaranga yinjizwa n’urwego rw’inganda yazamutseho 17% abarirwa muri miliyari 731 z’amadorali nk’uko imibare ya Banki nyafurika itsura amajyambere ibigaragaza.

Perezida Kagame akaba yageze muri Niger, avuye muri Qatar, aho yitabiriye ibikorwa binyuranye harimo gufungura imikino y’igikombe cy’Isi no gutaha icyanya cyaharize intego z’iterambere rirambye.

Mu gitondo cyo ku wa Kane nibwo yahagurutse i Doha, nk’uko tubikesha Qatar News Agency.

Perezida Paul Kagame akaba yakiriwe mu muco gakondo wa Niger

NKURUNZIZA Jean Baptiste/UMUSEKE.RW

Share This Article
Facebook Twitter Copy Link Print
Leave a comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Agezweho

Rubavu: Umugore afunzwe akekwaho kwica umugabo we

Umugore wo mu Karere ka Rubavu afunzwe akekwaho kwica umugabo we w’imyaka…

Perezida wa AS Kigali agiye kwiyamamariza kuyobora FERWAFA

Perezida w’ikipe ya AS Kigali, Shema Ngoga Fabrice, agiye gutanga kandidatire yo…

RDC na M23 basinyanye amasezerano aganisha ku mahoro arambye

Intumwa za Leta ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (RDC) n’iz’umutwe wa…

Shema Ngoga Fabrice yatanze kandidatire yo kuyobora FERWAFA

Shema Ngoga Fabrice usanzwe uyobora AS Kigali yatanze kandidatire yo kuyobora Ishyirahamwe…

RDC: Umudepite yatabarije impunzi z’ Abanyekongo ziri mu Burundi ko ubuzima bwazo buri mu kaga

Umudepite uhagarariye Intara ya Kivu y’Epfo muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo,…

- Kwamamaza -
Ad imageAd image

You Might Also Like

Politike

Uhagarariye Uganda i Kinshasa yahamagajwe gusobanura iby’ifungurwa ry’umupaka wa Bunagana

1 Min Read
Politike

Kiliziya Gatolika ya RDC ntiyizeye ko Trump azahagarika intambara muri icyo gihugu

3 Min Read
Politike

Imipaka ihuza Uganda n’ibice bya DRC bigenzurwa na AFC/M23 yafunguwe

2 Min Read
Politike

Intumwa za AFC/M23 na Leta ya RDC basubiye KU meza y’ibiganiro i Doha muri Qatar 

1 Min Read
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
BINGWA NEWS

Bingwa News 2024

BINGWA NEWS
BINGWA NEWS
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?