BINGWA NEWS
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Politike
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Mu Rwanda
  • Inkuru Nyamukuru
  • Ubutabera
Thursday, Nov 13, 2025
BINGWA NEWSBINGWA NEWS
Font ResizerAa
Search
Follow US
BINGWA NEWS > Blog > Politike > Perezida Kagame yitabiriye inama idasanzwe y’Umuryango w’Afurika yunze ubumwe 

Perezida Kagame yitabiriye inama idasanzwe y’Umuryango w’Afurika yunze ubumwe 

admin
Last updated: November 25, 2022 3:28 am
admin
Share
SHARE

Perezida Paul Kagame yageze i Niamey muri Niger aho yitabiriye inama idasanzwe y’Umuryango wa Africa yunze Ubumwe, yiga ku nganda n’ubukungu budaheza muri Afurika.

Perezida Kagame yageze Niger avuye Doha

Nk’uko byatangajwe n’ibiro by’umukuru w’Igihugu, Village Urugwiro, Perezida Kagame yakiriwe na mugenzi we wa Niger, Mohamed Bazoum.

Itangazo rigira riti “Perezida Kagame yageze i Niamey muri Niger, aho yitabiriye inama idasanzwe y’Umuryango w’Afurika unze Ubumwe yiga ku bukungu n’inganda.”

Iyi nama y’abakuru b’ibihugu yabanjirijwe n’iyahuje ba Minisitiri b’Ububanyi n’Amahanga mu bihugu by’Umuryango w’Afurika Yunze Ubumwe, AU, ku wa 23 Ugushyingo 2022, i Niamey ahabera inama hazwi nka Gandhi Conference Center.

Iyi nama idasanzwe y’abakuru b’ibihugu na za Guverinoma b’umuryango w’Ubumwe bw’Afurika yiga ku nganda n’ubukungu, igiye kuba ku nshuro ya 17.

Umugabane w’Afurika urajwe inshinga no kuzamura urwego rw’inganda rukagera ku kigero gishimishije, ibi bigaragaza n’uko ibihugu bikataje mu gushora imari muri uru rwego.

Perezida Kagame yageze Niger yitabiriye inama yiga ku nganda muri Afurika

Mu 2019, amafaranga yinjizwa n’urwego rw’inganda yazamutseho 17% abarirwa muri miliyari 731 z’amadorali nk’uko imibare ya Banki nyafurika itsura amajyambere ibigaragaza.

Perezida Kagame akaba yageze muri Niger, avuye muri Qatar, aho yitabiriye ibikorwa binyuranye harimo gufungura imikino y’igikombe cy’Isi no gutaha icyanya cyaharize intego z’iterambere rirambye.

Mu gitondo cyo ku wa Kane nibwo yahagurutse i Doha, nk’uko tubikesha Qatar News Agency.

Perezida Paul Kagame akaba yakiriwe mu muco gakondo wa Niger

NKURUNZIZA Jean Baptiste/UMUSEKE.RW

Share This Article
Facebook Twitter Copy Link Print
Leave a comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Agezweho

AFC/M23 yanenze ibirego bivuga ko ivangura Abaluba

Umuvugizi w’umutwe wa AFC/M23, Lawrence Kanyuka, ukomoka mu bwoko bw’Abaluba, yanenze bikomeye…

Uwase Colombe wiyamamaje muri Miss Rwanda 2015 yibarutse

Uwase Colombe wiyamamarije ikamba rya Miss Rwanda mu 2015, yamaze kwibaruka imfura…

Paris: Roger Lumbala yasabye ko Bemba na Lt Gen Ndima bahamagazwa mu rubanza rwe Ku wa 12

Ku wa 12Ugushyingo 2025, Urukiko rwa Rubanda rwa Paris mu Bufaransa rwatangiye…

Hatahuwe abakekwaho kuyogoza sitasiyo za Lisansi hanatangazwa ayo bari bamaze kwiba

Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha RIB rwatangaje ko rwataye muri yombi abagabo batatu bakekwaho…

Ghan : Abantu batandatu baburiye ubuzima mu muvundo w’abashaka kwinjira mu gisirikare cya leta.

Igisirikare cya Ghana cyatangaje ko umuvundo w'abitabiriye igikorwa cyo kwinjira mu gisirikare…

- Kwamamaza -
Ad imageAd image

You Might Also Like

Politike

Minisitiri Dr Biruta yashyikirije João Lourenço ubutumwa bwa Perezida Kagame

1 Min Read
Politike

Amb Col (Rtd) Ndamage yashyikirije Umwami wa Eswatini impapuro zimwemerera guhagararira u Rwanda muri iki gihugu.

1 Min Read
Politike

AFC/M23 yasabye Tshisekedi gufungura ikibuga cy’indege i Goma niba ari umugabo

3 Min Read
Politike

Perezida Ndayishimiye yikanze coup d’Etat asubika urugendo rw’i Paris igitaraganya 

2 Min Read
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
BINGWA NEWS

Bingwa News 2024

BINGWA NEWS
BINGWA NEWS
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?