BINGWA NEWS
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Politike
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Mu Rwanda
  • Inkuru Nyamukuru
  • Ubutabera
Wednesday, Jul 30, 2025
BINGWA NEWSBINGWA NEWS
Font ResizerAa
Search
Follow US
BINGWA NEWS > Blog > Politike > Perezida Kagame yitabiriye ifungurwa ry’icyanya cyahariwe intego z’iterambere rirambye

Perezida Kagame yitabiriye ifungurwa ry’icyanya cyahariwe intego z’iterambere rirambye

admin
Last updated: November 21, 2022 5:43 pm
admin
Share
SHARE

Perezida w’u Rwanda, Paul Kagame yifatanyije n’abandi banyacyubahiro mu muhango wo gufungura ku mugaragaro icyanya cyahariwe ibikorwa byo kwamamaza intego z’iterambere rirambye (SDGs Pavillion) ahari kubera igikombe cy’Isi muri Qatar.

Perezida Kagame yitabiriye ifungurwa ry’icyanya cyahariwe intego z’iterambere rirambye (SDGs Pavillion)

Nk’uko byatangajwe n’ibiro by’umukuru w’Igihugu, Village Urugwiro, Perezida Kagame yanitabiriye kandi ubukangurambaga bwa “Scoring the Goals” bwatangije n’uwashinze umuryango wita ku burezi wa Qatar Foundation, Sheikha Moza Bint Nasser.

Mu butumwa yahatangije, Perezida Kagame yavuze ko ari ingenzi kwigisha muntu uhereye mu buto bwe, ndetse ko buri mwana wese akwiye kugira amahirwe yo kwiga.

Ati “Uko dushaka ko umwana w’umunyarwanda amera, niko twifuzako n’abandi bose ku Isi bamera, bakagira amahirwe yo kwiga.”

Perezida Paul Kagame yakomeje avuga ko buri ntambwe y’ishoramari mu Rwanda, iba itekereza ku ntego z’iterambere rirambye.

Yagize ati “Dutekereza ku iterambere rirambye muri buri shoramari dukoze mu gihugu cyacu, kandi bigatangirira mu burezi.”

Iki cyanya SDGs Pavillion kigamije kumenyekanisha intego 17 z’iterambere rirambye z’Umuryango w’Abibumbye, nk’uko zatangajwe kuwa 25 Nzeri 2015 nyuma yo gusoza iz’ikinyagihumbi MDGs. Abitabiriye igikombe cy’Isi kiri kubera muri Qatar bakaba bazajya basura aha hantu.

Intego z’Iterambere rirambye SDGS ziri mu mujyo wo kubaka iterambere ry’ubukungu hirya no hino ku isi, cyane cyane harandurwa ubukene mu bihugu bikiri inyuma, hatezwa imbere ubuhahirane no gufatana urunana hagati y’ibihugu.

Ni intego zahujwe n’icyerekezo cya 2063 kigamije kuzamura urwego rw’ukwigira k’umugabane w’Afurika ukiri mu irangwa umubekene kurusha ahandi.

Perezida wa Repubulikaa, Paul Kagame ari muri Qatar kuva kuri iki Cyumweru, aho yari yitabiriye ibirori byo gufungura imikino y’igikombe cy’Isi, ni ibirori byakurikiwe n’umukino ufungura warangiye Qatar itsinzwe na Equateur ibitego 2-0.

Mu banyacyubahiro bandi harimo Macky Sall, Perezida wa Senegal
Perezida Kagame yavuze ko buri mwana wese akwiye amahirwe yo kwiga

NKURUNZIZA Jean Baptiste/ UMUSEKE.RW

Share This Article
Facebook Twitter Copy Link Print
Leave a comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Agezweho

Polisi yafunze abantu 9 bakekwaho guhungabanya ituze ry’abaturage

Kuri uyu wa Gatatu, mu Karere ka Huye mu mirenge ya Gishanvu…

Santarafurika: Ingabo z’u Rwanda ziri mu butumwa bwo kugarura amahoro zashimiwe ubwitange bwabo

Perezida wa Repubulika ya Santarafurika akaba n’Umugaba w’Ikirenga w’Ingabo z’icyo gihugu, Prof.…

Abajenerali 9 bashyizwe mu kiruhuko cy’izabukuru

Perezida wa Repubulika Paul Kagame akaba n’Umugaba w’Ikirenga w’Ingabo z’u Rwanda, (RDF)…

AFC/ M23 yakomeje ibirindiro byayo muri Teritwari ya Walikare

Ihuriro AFC/ M23 ritavuga rumwe n’ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi riravugwaho kongereye…

Umuraperi Lecrae agiye gutaramira i Kigali

Umuraperi Lecrae uri mu bafite izina rikomeye mu muziki wo kuramya no…

- Kwamamaza -
Ad imageAd image

You Might Also Like

Politike

Uhagarariye Uganda i Kinshasa yahamagajwe gusobanura iby’ifungurwa ry’umupaka wa Bunagana

1 Min Read
Politike

Kiliziya Gatolika ya RDC ntiyizeye ko Trump azahagarika intambara muri icyo gihugu

3 Min Read
Politike

Imipaka ihuza Uganda n’ibice bya DRC bigenzurwa na AFC/M23 yafunguwe

2 Min Read
Politike

Intumwa za AFC/M23 na Leta ya RDC basubiye KU meza y’ibiganiro i Doha muri Qatar 

1 Min Read
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
BINGWA NEWS

Bingwa News 2024

BINGWA NEWS
BINGWA NEWS
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?