BINGWA NEWS
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Politike
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Mu Rwanda
  • Inkuru Nyamukuru
  • Ubutabera
Wednesday, Mar 11, 2026
BINGWA NEWSBINGWA NEWS
Font ResizerAa
Search
Follow US
BINGWA NEWS > Blog > Politike > Perezida Kagame yikije ku mubano mwiza uri hagati y’u Rwanda n’Ubufaransa

Perezida Kagame yikije ku mubano mwiza uri hagati y’u Rwanda n’Ubufaransa

admin
Last updated: September 12, 2022 8:49 am
admin
Share
SHARE

Abahanga b’Abanyarwanda n’Abafaransa bariga byimbitse amateka ya Jenoside yakorewe Abatutsi mu nama yatangiye i Kigali ku Cyumweru, ku nkunga ya Leta y’Ubufaransa, Perezida Kagame avuga ko mu gihe gishize bitari gushoboka ko inama nk’iyi iba.

Perezida Paul Kagame aramukanya na Perezida Emmanuel Macron (Archives)

Mu ijambo yageneye abari muri iyi nama, Umukuru w’Igihugu yavuze ko inama mpuzamahanga nk’iyi yiga kuri Jenoside yakorewe Abatutsi, ikaba ihuje abahanga b’Abanyarwanda n’Abafaransa itari kuba itekerezwa mu gihe gishize.

Yavuze ko uruzinduko Perezida Emmanuel Macron yagiriye i Kigali, mu mpera za Gicurasi 2021 rwafunguye byose.

Macron yavuze ko Ubufaransa buzaha u Rwanda miliyoni 500 z’ama-Euro mu myaka 4

Ati “Twahinduye urupapuro tugera kuri “champitre” nshya mu mubano wacu, ubu ni yo irimo kwandikwa.”

Perezida Paul Kagame yashimye intambwe Perezida Emmanuel Macron yateye, umuhate afite no kugaragaza ukuri.

Yavuze ko uruzinduko rwa Perezida Macron i Kigali rwatewe n’imbaraga z’ibihugu byombi, bishaka kugaragaza ukuri.

Mu ijambo rye kandi, Perezida Paul Kagame yagarutse kuri raporo y’impuguke, Prof. Vincent Duclert, na Robert Muse yakozwe mu bwisanzure, igakorwa hakoreshejwe amakuru atandukanye ikagera ku kuri kwafashije impande zombi.

Iyi raporo yakozwe n’impuguke 13 z’Abafaransa igaragaza neza ko Ubufaransa bwagize uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994.

Perezida Kagame yavuze ko ari akazi ku bandika amateka no ku bashakashatsi kugaragaza inyandiko z’amateka y’ukuri kugira ngo zizafashe ibiragano bizaza.

Yavuze ko iyi nama y’i Kigali ifite akamaro gakomeye, ndetse ikazakurikirwa n’indi izabera i Paris mu mwaka utaha.

Inama yateguwe n’impuguke Prof. Vincent Duclert ndetse na Prof. Charles Mulinda Kabwete wa Kaminuza y’u Rwanda.

Iyi nama yatangiye i Kigali ku Cyumweru tariki 11 Nzeri, izanabera i Huye ikazasozwa tariki 19 Nzeri, 2022.

I Kigali yabereye ku Rwibutso rwa Jenoside rwa Gisozi, ifite insanganyamatsiko y’Igifaransa “Savoirs, Sources et Ressources sur le Génocide perpétré contre les Tutsi au Rwanda”.

AMAFOTO: Perezida Kagame yasezeye umuvandimwe, inshuti Macron wasoje uruzinduko rwe i Kigali

Ubwo Prof Vincent Duclert yashyikirizaga Perezida Paul Kagame raporo yiswe ” France, Rwanda and the Genocide Against the Tutsi” tariki 9 Mata, 2021 (Photo Village Urugwiro)

 

AMAFOTO Y’ABITABIRIYE INAMA (Kigali Genocide Memorial)

UMUSEKE.RW

Share This Article
Facebook Twitter Copy Link Print
Leave a comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Agezweho

Perezida Kagame yaganiriye na Macron

Perezida Paul Kagame ku mugoroba wo kuri uyu wa Kabiri yagiranye ibiganiro…

Herekanywe abasore bakekwaho ibyaha by’ubugome.

Kuri uyu wa Kabiri, tariki ya 10 Werurwe 2026, Urwego rw'Ubugenzacyaha (RIB)…

Ibiciro byazamutseho 9,2% muri Gashyantare

Muri Gashyantare 2026 ibiciro mu mijyi byiyongereyeho 9,2% ugereranyije na Gashyantare 2025.…

Iran yabonye Umuyobozi w’Ikirenga mushya nyuma y’icyumweru America na Israel bishe uwari umazeho igihe

Iran yatangaje Umuyobozi w’Ikirenga wayo mushya, ari we Mojtaba Khamenei, akaba umuhungu…

Meteo Rwanda yateguje imvura ishobora guteza ibiza muri Werurwe

Ikigo cy’Igihugu cy’Iteganyagihe, Meteo Rwanda, cyatangaje ko muri Werurwe 2026 hateganyijwe imvura…

- Kwamamaza -
Ad imageAd image

You Might Also Like

Politike

Perezida Kagame yakiriye anaganira n’abo mu Kigo cy’Ubwiteganyirize cya Kazakhstan

2 Min Read
Politike

Ingabo z’u Rwanda ziri mu Sudani y’Epfo zambitswe imidali y’ishimwe

2 Min Read
Politike

AFC/M23 igiye kurekura abasirikare 230 ba RDC

2 Min Read
Politike

Leta ya DRC yemeje ko igiye gutanga umukandida muri OIF 

2 Min Read
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
BINGWA NEWS

Bingwa News 2024

BINGWA NEWS
BINGWA NEWS
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?