BINGWA NEWS
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Politike
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Mu Rwanda
  • Inkuru Nyamukuru
  • Ubutabera
Thursday, Jul 31, 2025
BINGWA NEWSBINGWA NEWS
Font ResizerAa
Search
Follow US
BINGWA NEWS > Blog > Politike > Perezida Kagame yashyizeho Minisiteri Nshya, anasimbuza Minisitiri w’Ubucuruzi

Perezida Kagame yashyizeho Minisiteri Nshya, anasimbuza Minisitiri w’Ubucuruzi

admin
Last updated: July 30, 2022 4:44 pm
admin
Share
SHARE

Perezida Paul Kagame yashyizeho Minisiteri nshya yitwa Minisiteri ishinzwe Ishoramari rya Leta, ndetse ashyiraho Minisitiri mushya w’Ubucuruzi n’Inganda, ari we Dr Ngabitsinze Jean Chrisostome.

Dr Ngabitsinze Jean Chrisostome ni we Minisitiri mushya w’Ubucuruzi n’Inganda

Dr Ngabitsinze yasimbuye Minisitiri Béata Uwamaliza Habyarimana wagizwe Minisitiri w’Ubucuruzi n’Inganda muri Werurwe, 2021.

Perezida Paul Kagame yashyizeho Minisiteri nshya yitwa, Minisiteri ishinzwe Ishoramari rya Leta, anashyiraho Minisitiri wayo witwa Eric Rwigamba.

Dr Ildephonse Musafiri yagizwe Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Ubuhinzi n’Ubworozi akaba asimbuye Dr Ngabitsinze Jean Chrisostome.

Undi wahawe umwanya ni Dr Yvonne Umulisa wagizwe Umunyamabanga Uhoraho muri Ministeri ishinzwe Ishoramari rya Leta.

 

Dr Ngabitsinze ni nde?

Muri Werurwe 2020 nibwo Dr Ngabitsinze Jean Chrysostome wari Umudepite yinjiye muri Guverinoma mu mpinduka nshya zakozwe na Perezida Paul Kagame aho yagizwe Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Ubuhinzi n’Ubworozi.

Yize ibijyanye n’uru rwego aho afite impamyabumenyi y’ikirenga mu bukungu bushingiye ku buhinzi yakuye muri Kaminuza ya Milan mu Butaliyani.

Yigishije muri Kaminuza y’u Rwanda aho yatangaga n’ubundi amasomo y’ubuhinzi.

Yanabaye Umuyobozi w’Inama y’Ubutegetsi y’Ikigo gishinzwe kuzamura ibyoherezwa mu mahanga bikomoka ku buhinzi n’ubworozi, NAEB.

Béata Uwamaliza Habyarimana wari Minisitiri w’Ubucuruzi n’Inganda kuva muri Werurwe, 2021

TUYISHIMIRE Raymond /UMUSEKE.RW

Share This Article
Facebook Twitter Copy Link Print
Leave a comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Agezweho

Polisi yafunze abantu 9 bakekwaho guhungabanya ituze ry’abaturage

Kuri uyu wa Gatatu, mu Karere ka Huye mu mirenge ya Gishanvu…

Santarafurika: Ingabo z’u Rwanda ziri mu butumwa bwo kugarura amahoro zashimiwe ubwitange bwabo

Perezida wa Repubulika ya Santarafurika akaba n’Umugaba w’Ikirenga w’Ingabo z’icyo gihugu, Prof.…

Abajenerali 9 bashyizwe mu kiruhuko cy’izabukuru

Perezida wa Repubulika Paul Kagame akaba n’Umugaba w’Ikirenga w’Ingabo z’u Rwanda, (RDF)…

AFC/ M23 yakomeje ibirindiro byayo muri Teritwari ya Walikare

Ihuriro AFC/ M23 ritavuga rumwe n’ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi riravugwaho kongereye…

Umuraperi Lecrae agiye gutaramira i Kigali

Umuraperi Lecrae uri mu bafite izina rikomeye mu muziki wo kuramya no…

- Kwamamaza -
Ad imageAd image

You Might Also Like

Politike

Uhagarariye Uganda i Kinshasa yahamagajwe gusobanura iby’ifungurwa ry’umupaka wa Bunagana

1 Min Read
Politike

Kiliziya Gatolika ya RDC ntiyizeye ko Trump azahagarika intambara muri icyo gihugu

3 Min Read
Politike

Imipaka ihuza Uganda n’ibice bya DRC bigenzurwa na AFC/M23 yafunguwe

2 Min Read
Politike

Intumwa za AFC/M23 na Leta ya RDC basubiye KU meza y’ibiganiro i Doha muri Qatar 

1 Min Read
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
BINGWA NEWS

Bingwa News 2024

BINGWA NEWS
BINGWA NEWS
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?