BINGWA NEWS
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Politike
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Mu Rwanda
  • Inkuru Nyamukuru
  • Ubutabera
Monday, Dec 8, 2025
BINGWA NEWSBINGWA NEWS
Font ResizerAa
Search
Follow US
BINGWA NEWS > Blog > Politike > Perezida Kagame yashyizeho Minisiteri Nshya, anasimbuza Minisitiri w’Ubucuruzi

Perezida Kagame yashyizeho Minisiteri Nshya, anasimbuza Minisitiri w’Ubucuruzi

admin
Last updated: July 30, 2022 4:44 pm
admin
Share
SHARE

Perezida Paul Kagame yashyizeho Minisiteri nshya yitwa Minisiteri ishinzwe Ishoramari rya Leta, ndetse ashyiraho Minisitiri mushya w’Ubucuruzi n’Inganda, ari we Dr Ngabitsinze Jean Chrisostome.

Dr Ngabitsinze Jean Chrisostome ni we Minisitiri mushya w’Ubucuruzi n’Inganda

Dr Ngabitsinze yasimbuye Minisitiri Béata Uwamaliza Habyarimana wagizwe Minisitiri w’Ubucuruzi n’Inganda muri Werurwe, 2021.

Perezida Paul Kagame yashyizeho Minisiteri nshya yitwa, Minisiteri ishinzwe Ishoramari rya Leta, anashyiraho Minisitiri wayo witwa Eric Rwigamba.

Dr Ildephonse Musafiri yagizwe Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Ubuhinzi n’Ubworozi akaba asimbuye Dr Ngabitsinze Jean Chrisostome.

Undi wahawe umwanya ni Dr Yvonne Umulisa wagizwe Umunyamabanga Uhoraho muri Ministeri ishinzwe Ishoramari rya Leta.

 

Dr Ngabitsinze ni nde?

Muri Werurwe 2020 nibwo Dr Ngabitsinze Jean Chrysostome wari Umudepite yinjiye muri Guverinoma mu mpinduka nshya zakozwe na Perezida Paul Kagame aho yagizwe Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Ubuhinzi n’Ubworozi.

Yize ibijyanye n’uru rwego aho afite impamyabumenyi y’ikirenga mu bukungu bushingiye ku buhinzi yakuye muri Kaminuza ya Milan mu Butaliyani.

Yigishije muri Kaminuza y’u Rwanda aho yatangaga n’ubundi amasomo y’ubuhinzi.

Yanabaye Umuyobozi w’Inama y’Ubutegetsi y’Ikigo gishinzwe kuzamura ibyoherezwa mu mahanga bikomoka ku buhinzi n’ubworozi, NAEB.

Béata Uwamaliza Habyarimana wari Minisitiri w’Ubucuruzi n’Inganda kuva muri Werurwe, 2021

TUYISHIMIRE Raymond /UMUSEKE.RW

Share This Article
Facebook Twitter Copy Link Print
Leave a comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Agezweho

Musanze: Polisi yamennye litiro zisaga 1700 z’ibinyobwa bitujuje ubuziranenge

Mu bikorwa byo kurwanya ikora, ikwirikwiza n'ikoreshwa by'ibinyobwa bitemewe, Polisi ikorera mu…

Hongeye kwaduka imirwano hagati ya Thailand na Cambodia

Ingabo za Thailand zatangaje ko zatangiye kugaba ibitero byo mu kirere ku…

Putin na Netanyahu bashobora kuburanishwa na ICC badahari

Umushinjacyaha Mukuru wungirije w’Urukiko Mpuzamahanga Mpanabyaha, ICC, yatangaje ko bishoboka ko Minisitiri…

Perezida Kagame yitabiriye tombora y’Amatsinda y’Igikombe cy’Isi cya 2026

Perezida wa Repubulika y’u Rwanda Paul Kagame yifatanyije n’abayobozi bakomeye muri ruhago…

Kivu y’Amajyepfo: Imirwano ihanganishije AFC/M23 n’ingabo za RDC yakomeye

Ihuriro ry’ingabo za Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo na AFC/M23 byazindukiye mu…

- Kwamamaza -
Ad imageAd image

You Might Also Like

Politike

Dore abayobozi bashyizwe mu myanya mu nzego Nkuru z’u Rwanda 

1 Min Read
Politike

Tshisekedi yemeye guhurira na Perezida Kagame i Washington DC mu cyumweru gitaha

3 Min Read
Politike

Qatar yagennye Ambasaderi mushya mu Rwanda usimbura uwitabye imana 

1 Min Read
Politike

U Rwanda rwakiriye abanyarwanda 200 batahutse bavuye muri RDC

2 Min Read
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
BINGWA NEWS

Bingwa News 2024

BINGWA NEWS
BINGWA NEWS
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?