BINGWA NEWS
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Politike
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Mu Rwanda
  • Inkuru Nyamukuru
  • Ubutabera
Friday, Jul 18, 2025
BINGWA NEWSBINGWA NEWS
Font ResizerAa
Search
Follow US
BINGWA NEWS > Blog > Politike > Perezida Kagame yashyizeho Minisiteri Nshya, anasimbuza Minisitiri w’Ubucuruzi

Perezida Kagame yashyizeho Minisiteri Nshya, anasimbuza Minisitiri w’Ubucuruzi

admin
Last updated: July 30, 2022 4:44 pm
admin
Share
SHARE

Perezida Paul Kagame yashyizeho Minisiteri nshya yitwa Minisiteri ishinzwe Ishoramari rya Leta, ndetse ashyiraho Minisitiri mushya w’Ubucuruzi n’Inganda, ari we Dr Ngabitsinze Jean Chrisostome.

Dr Ngabitsinze Jean Chrisostome ni we Minisitiri mushya w’Ubucuruzi n’Inganda

Dr Ngabitsinze yasimbuye Minisitiri Béata Uwamaliza Habyarimana wagizwe Minisitiri w’Ubucuruzi n’Inganda muri Werurwe, 2021.

Perezida Paul Kagame yashyizeho Minisiteri nshya yitwa, Minisiteri ishinzwe Ishoramari rya Leta, anashyiraho Minisitiri wayo witwa Eric Rwigamba.

Dr Ildephonse Musafiri yagizwe Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Ubuhinzi n’Ubworozi akaba asimbuye Dr Ngabitsinze Jean Chrisostome.

Undi wahawe umwanya ni Dr Yvonne Umulisa wagizwe Umunyamabanga Uhoraho muri Ministeri ishinzwe Ishoramari rya Leta.

 

Dr Ngabitsinze ni nde?

Muri Werurwe 2020 nibwo Dr Ngabitsinze Jean Chrysostome wari Umudepite yinjiye muri Guverinoma mu mpinduka nshya zakozwe na Perezida Paul Kagame aho yagizwe Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Ubuhinzi n’Ubworozi.

Yize ibijyanye n’uru rwego aho afite impamyabumenyi y’ikirenga mu bukungu bushingiye ku buhinzi yakuye muri Kaminuza ya Milan mu Butaliyani.

Yigishije muri Kaminuza y’u Rwanda aho yatangaga n’ubundi amasomo y’ubuhinzi.

Yanabaye Umuyobozi w’Inama y’Ubutegetsi y’Ikigo gishinzwe kuzamura ibyoherezwa mu mahanga bikomoka ku buhinzi n’ubworozi, NAEB.

Béata Uwamaliza Habyarimana wari Minisitiri w’Ubucuruzi n’Inganda kuva muri Werurwe, 2021

TUYISHIMIRE Raymond /UMUSEKE.RW

Share This Article
Facebook Twitter Copy Link Print
Leave a comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Agezweho

Uhagarariye Uganda i Kinshasa yahamagajwe gusobanura iby’ifungurwa ry’umupaka wa Bunagana

Ambasaderi wa Uganda muri Repubulika iharanira demokarasi ya Congo Alhajji Farid M.…

AFC/M23 ihaye gasopo u Burundi na Kinshasa bashaka kwisubiza ibice bambuwe

Ihuriro AFC/M23 rihanganye n’ubutegetsi bwa DRCongo, ryabusabye guhagarika ibitero n’ibikorwa bya gisirikare…

Perezida William Ruto yakiriye intumwa yihariye ya perezida Kagame

Perezida wa Kenya, William Samoei Ruto, yakiriye Intumwa yihariye ya Perezida Paul…

Lamine Yamal yizeje ibitangaza abakunzi ba FC Barcelona

Umunya-Esipanye ukina muri FC Barcelona, Lamine Yamal, yemeje ko agiye kwandika amateka…

Barack Obama n’umugore we bashyize umucyo ku bihuha by’uko batandukanye

Barack Obama wabaye Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za America, n’umugore we…

- Kwamamaza -
Ad imageAd image

You Might Also Like

Politike

Kiliziya Gatolika ya RDC ntiyizeye ko Trump azahagarika intambara muri icyo gihugu

3 Min Read
Politike

Imipaka ihuza Uganda n’ibice bya DRC bigenzurwa na AFC/M23 yafunguwe

2 Min Read
Politike

Intumwa za AFC/M23 na Leta ya RDC basubiye KU meza y’ibiganiro i Doha muri Qatar 

1 Min Read
Politike

U Rwanda rufite ikizere cy’uko amasezerano rwasinyanye na DRC azatanga umusaruro

3 Min Read
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
BINGWA NEWS

Bingwa News 2024

BINGWA NEWS
BINGWA NEWS
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?