BINGWA NEWS
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Politike
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Mu Rwanda
  • Inkuru Nyamukuru
  • Ubutabera
Tuesday, Mar 10, 2026
BINGWA NEWSBINGWA NEWS
Font ResizerAa
Search
Follow US
BINGWA NEWS > Blog > Inkuru zindi > Perezida Kagame yakiriye Minisitiri w’intebe wa Barbados

Perezida Kagame yakiriye Minisitiri w’intebe wa Barbados

admin
Last updated: November 10, 2022 4:57 pm
admin
Share
SHARE

Perezida wa Repubulika y’uRwanda, Paul Kagame ,yakiriye mu biro bye Minisitiri w’Intebe wa Barbados, Mia Amor Mottley mu rwego rwo gushimangira umubano w’ibihugu byombi.

 Ku gicamunsi cyo kuri uyu wa Kane, tariki 10 Ugushyingo 2022, nibwo Madamu Mia Amor Mottley yakiriwe muri Village Urugwiro.

Minisitiri w’Intebe wa Barbados, Mia Amor Mottley ari mu ruzinduko rw’akazi mu Rwanda, mu rwego rwo guhamya umubano n’imikoranire hagati y’ibihugu byombi mu ngeri zinyuranye nk’ubucuruzi, ishoramari, imikino, ubukerarugendo, ubuhinzi n’ibindi. Aba bombi bakaba  bagiranye ibiganiro, byakurikiwe  n’ikiganiro n’itangazamakuru.

Muri Mata 2022, Perezida Paul Kagame akaba nawe yari yagiriye uruzinduko muri Barbados, aho ibihugu byombi byemeranyije kunoza umubano n’imikoranire, ndetse bagafatanya mu nzego zinyuranye zirimo ubukerarugendo n’ibindi.

Kuri uyu wa Gatatu, tariki 9 Ugushyingo, U Rwanda na Barbados bakaba barashyize umukono ku masezerano y’ubufatanye harimo ay’ingendo zo mu kirere ndetse no guteza imbere imikino cyane cyane umukino wa Tennis ikinirwa mu muhanda.

Minisitiri w’Ububanye n’Amahanga n’ubucuruzi mpuzamahanga muri Barbados, Kerrie D. Symmonds, nyuma yo gusinya aya masezerano akaba yarasabye ko indege za Rwandair zatangira gukorera ingendo muri Barbados mu gihe cya vuba.

Barbados yateye imbere cyane by’umwihariko mu bukerarugendo aho nibura  abakerarugendo miliyoni imwe basura Barbados buri mwaka, nibura 39% basubira muri icyo gihugu, aho kiri mu bya mbere ku Isi mu kugira umubare munini w’abakerarugendo.

NKURUNZIZA Jean Baptiste/UMUSEKE.RW

 

Share This Article
Facebook Twitter Copy Link Print
Leave a comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Agezweho

Iran yabonye Umuyobozi w’Ikirenga mushya nyuma y’icyumweru America na Israel bishe uwari umazeho igihe

Iran yatangaje Umuyobozi w’Ikirenga wayo mushya, ari we Mojtaba Khamenei, akaba umuhungu…

Meteo Rwanda yateguje imvura ishobora guteza ibiza muri Werurwe

Ikigo cy’Igihugu cy’Iteganyagihe, Meteo Rwanda, cyatangaje ko muri Werurwe 2026 hateganyijwe imvura…

Impunzi z’Abarundi zigera ku 100,000 ziri kwirukanwa mu gihugu cya Tanzania

Imbunzi z'Abarundi zari zimaze igihe mu gihugu cya Tanzania zigiye gusubizwa mu…

Trump yateguje ibitero bikaze kuri Iran

Perezida wa Amerika Donald Trump yatangaje ko Iran ishobora kugabwaho ibitero bikomeye…

Mu saha 100 intambara yo muri Iran yatwaye miliyali $3.7

Ni ukuvuga ko buri munsi nibura hakoreshwa miliyoni $891. Ni intambara iri…

- Kwamamaza -
Ad imageAd image

You Might Also Like

Politike

Perezida Kagame yakiriye anaganira n’abo mu Kigo cy’Ubwiteganyirize cya Kazakhstan

2 Min Read
Ubukungu

U Rwanda rwiteguye guhangana n’ingaruka z’intambara y’Amerika na Iran

5 Min Read
Politike

Ingabo z’u Rwanda ziri mu Sudani y’Epfo zambitswe imidali y’ishimwe

2 Min Read
Inkuru zindi

MONUSCO na ICGLR byagiye gusuzuma uko umutekano uhagaze muri Uvira

2 Min Read
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
BINGWA NEWS

Bingwa News 2024

BINGWA NEWS
BINGWA NEWS
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?