BINGWA NEWS
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Politike
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Mu Rwanda
  • Inkuru Nyamukuru
  • Ubutabera
Monday, Dec 15, 2025
BINGWA NEWSBINGWA NEWS
Font ResizerAa
Search
Follow US
BINGWA NEWS > Blog > Inkuru zindi > Perezida Kagame yakiriye Minisitiri w’intebe wa Barbados

Perezida Kagame yakiriye Minisitiri w’intebe wa Barbados

admin
Last updated: November 10, 2022 4:57 pm
admin
Share
SHARE

Perezida wa Repubulika y’uRwanda, Paul Kagame ,yakiriye mu biro bye Minisitiri w’Intebe wa Barbados, Mia Amor Mottley mu rwego rwo gushimangira umubano w’ibihugu byombi.

 Ku gicamunsi cyo kuri uyu wa Kane, tariki 10 Ugushyingo 2022, nibwo Madamu Mia Amor Mottley yakiriwe muri Village Urugwiro.

Minisitiri w’Intebe wa Barbados, Mia Amor Mottley ari mu ruzinduko rw’akazi mu Rwanda, mu rwego rwo guhamya umubano n’imikoranire hagati y’ibihugu byombi mu ngeri zinyuranye nk’ubucuruzi, ishoramari, imikino, ubukerarugendo, ubuhinzi n’ibindi. Aba bombi bakaba  bagiranye ibiganiro, byakurikiwe  n’ikiganiro n’itangazamakuru.

Muri Mata 2022, Perezida Paul Kagame akaba nawe yari yagiriye uruzinduko muri Barbados, aho ibihugu byombi byemeranyije kunoza umubano n’imikoranire, ndetse bagafatanya mu nzego zinyuranye zirimo ubukerarugendo n’ibindi.

Kuri uyu wa Gatatu, tariki 9 Ugushyingo, U Rwanda na Barbados bakaba barashyize umukono ku masezerano y’ubufatanye harimo ay’ingendo zo mu kirere ndetse no guteza imbere imikino cyane cyane umukino wa Tennis ikinirwa mu muhanda.

Minisitiri w’Ububanye n’Amahanga n’ubucuruzi mpuzamahanga muri Barbados, Kerrie D. Symmonds, nyuma yo gusinya aya masezerano akaba yarasabye ko indege za Rwandair zatangira gukorera ingendo muri Barbados mu gihe cya vuba.

Barbados yateye imbere cyane by’umwihariko mu bukerarugendo aho nibura  abakerarugendo miliyoni imwe basura Barbados buri mwaka, nibura 39% basubira muri icyo gihugu, aho kiri mu bya mbere ku Isi mu kugira umubare munini w’abakerarugendo.

NKURUNZIZA Jean Baptiste/UMUSEKE.RW

 

Share This Article
Facebook Twitter Copy Link Print
Leave a comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Agezweho

U Rwanda rwateye utwatsi ibirego by’u Burundi birushinja ibitero ku butaka bwabwo

Ambasaderi w’u Rwanda i New York mu muryango w’Abibumbye, Martin Ngoga, yahakanye…

Gakenke: Yafatanywe ibiro 17 by’urumogi na litiro 14 za kanyanga mu nzu

Ishami rya Polisi rishinzwe kurwanya ibiyobyabwenge (ANU) ku bufatanye na Polisi ikorera…

Rayon Sports ishobora kubona umutoza mushya mu minsi mike

Umutoza w'umufaransa w'imyaka 58, Bruno Ferry uhabwa amahirwe yo gutoza Rayon Sports…

Gen (Rtd) Kabarebe yahererekanyije ububasha na Dr. Usta Kayitesi

Gen (Rtd) James Kabarebe wari Umunyabanga wa Leta muri Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga…

Finlande: Abana bari munsi y’imyaka 15 batwitse ’stade’ kubera gutsindwa kw’ikipe bafana

Ishami rya Polisi ya Finlande rikorera mu gace ka Valkeakoski, ryemeje ko…

- Kwamamaza -
Ad imageAd image

You Might Also Like

Politike

Urunturuntu no gucikamo ibice kw’ ishyaka CNDD-FDD riri ku butegetsi mu Burundi 

3 Min Read
Politike

Dore abayobozi bashyizwe mu myanya mu nzego Nkuru z’u Rwanda 

1 Min Read
Politike

Tshisekedi yemeye guhurira na Perezida Kagame i Washington DC mu cyumweru gitaha

3 Min Read
Politike

Qatar yagennye Ambasaderi mushya mu Rwanda usimbura uwitabye imana 

1 Min Read
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
BINGWA NEWS

Bingwa News 2024

BINGWA NEWS
BINGWA NEWS
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?