BINGWA NEWS
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Politike
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Mu Rwanda
  • Inkuru Nyamukuru
  • Ubutabera
Tuesday, Mar 17, 2026
BINGWA NEWSBINGWA NEWS
Font ResizerAa
Search
Follow US
BINGWA NEWS > Blog > Politike > Perezida Kagame yababariye abari bafungiye ibyaha bitandukanye

Perezida Kagame yababariye abari bafungiye ibyaha bitandukanye

admin
Last updated: November 12, 2022 8:57 am
admin
Share
SHARE

Inama y’Abaminisitiri yateranye kuri uyu wa 11 Ugushyingo 2022, iyobowe na Perezida wa Repubulika,Paul Kagame,yatangaje ko abagororwa 12 bakatiwe n’inkiko nyuma yo guhamwa n’ibyaha binyuranye bahabwa imbababazi.Ni mu gihe kandi abandi 802 bagomba gufungurwa by’agateganyo. 

Gereza zitandukanye zo mu Rwanda zigaragaza ubucucike bukabije

Mu itangazo ry’ibyemezo by’inama y’Abaminisitiri harimo umwanzuro uvuga ko “Inama y’Abaminisitiri yemeje Iteka rya Perezida ritanga imbabazi ku bagororwa 12 bakatiwe n’inkiko nyuma yo guhamwa n’ibyaha binyuranye n’Iteka rya Minisitiri ryemeza ifungurwa ry’agateganyo ry’uwakatiwe ku bantu 802 bahamwe n’ibyaha binyuranye.”

Iki cyemezo gifashwe mu gihe muri gereza zitandukanye mu Rwanda hakomeje kugaragara ikibazo cy’ubucucike bukabije.

Imibare ya Komisiyo y’Uburenganzira bwa muntu igaragaza ko mu 2020-21, gereza zari zifungiwemo abantu 76.099 mu gihe zifite ubushobozi bwo kwakira abantu 61.301.

Iyi mibare yakomeje kuzamuka buri mwaka, kuko mu 2017 abantu bafunzwe bari 58.230. Bivuze ko biyongereyeho 30,6%.

Urebye mu magereza atandukanye  ubucucike buri hejuru cyane.Muri Gereza ya Muhanga (238,8%), iya Gicumbi (161,8%), iya Rwamagana (151,1 %), iya Rusizi (144,8%), iya Huye (138,6%), iya Musanze (138,2%), iya Bugesera (132,1%), iya Rubavu (127,7%) n’iya Ngoma (103,6 %).

Gereza zitagaragayemo ubucucike ni iya Mulindi (70,1%), iya Nyamagabe (83,3%), iya Nyarugenge (83,3%), iya Nyagatare (84,6%) n’iya Nyanza (93,5%).

Icyakora  uRwanda ruheruka gutangiza  igikorwa cy’ubwumvikane bushingiye ku kwemera icyaha mu nkiko buzwi nka ‘plea bargaining’, hagamijwe kugabanya ubu ubucucike muri za gereza.

Ukumvikana kurebana no kwemera icyaha guteganywa n’itegeko ry’imiburanishirize y’imanza z’inshinjabyaha mu ngingo ya 26.

Ivuga ko iyo ukurikiranywe arangije kwisobanura ku byo aregwa, Umushinjacyaha ashobora kumusaba ko bagirana ubwumvikane akamufasha kubona amakuru yose akenewe mu ikurikirana ry’icyaha no kumenya abandi bantu bagize uruhare mu ikorwa rya cyo kandi na we akabigiramo inyungu ariko bitabangamiye imigendekere myiza y’ubutabera.

Mu bushakashatsi bwakozwe na Komisiyo y’igihugu y’uburenganzira bwa muntu bakoze bwerekana ko ubucukike muri gereza zo mu Rwanda bugeze ku 129.9%, aho gereza ifite ubushobozi bwo kwakira abantu 61,301 usanga ifungiyemo abantu 79,673.

TUYISHIMIRE RAYMOND/UMUSEKE.RW

Share This Article
Facebook Twitter Copy Link Print
5 Comments
  • K. Fulgence says:
    November 12, 2022 at 10:02 am

    Urutonde rw´abafunguwe rurihe?

    Reply
  • lg says:
    November 12, 2022 at 10:21 am

    Hhhh ubwo bivuze ko abantu bazajya bakora ibyaha barangiza bagasaba imbabazi bagiranye ubwumvikane numugenza cyaha gusa cyangwa bumvikanye nabakorewe icyaha !!!naho abantu nibatareka ibyaha ubucucike bwo nubwo butari hejuru cyane ugereranije nomubindi bihugu

    Reply
  • Kw says:
    November 12, 2022 at 6:42 pm

    Umusaza yakoze cyane.

    Reply
  • Nizeyimana jean bosco says:
    November 13, 2022 at 6:13 am

    Turashimira prezida wacu Koko yakoze cyane
    Kandi nabagifunze batarekuwe
    Ndunva bakwisubiraho
    Nakemera,icyaha
    Bagasaba imbabazi nabi
    Bakagabanyirizwa ibihano murakoze

    Reply
  • Bamugafo says:
    November 13, 2022 at 7:13 am

    Byiza kabisa.
    Mutekereze no ku bindi byaha byiswe indengakamere. Ababihamijwe ninkiko nabo barekurwe.
    Erega gufungurwa byagateganyo ni uko haba hanatejerezwa ko akenshi abacananza bibeshya mu guca imanza.
    Niba abantu 05 bashinja naho abandi 05 bagashinjura, wahera he wemeza ko aba babeshya cg batabezhya?

    Reply

Leave a Reply to Kw Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Agezweho

Perezida Trump yasabye ubufasha Ibihugu by’inshuti bimwe bibutera utwatsi

Perezida Donald Trump yasabye ubufasha Ibihugu by’inshuti za Leta Zunze Ubumwe za…

Abasirikare b’u Rwanda bari bagiye gutanga ubutabazi muri Jamaica bagarukanye ishema

Abasirikare mu Ngabo z’u Rwanda bari berecyeje muri Jamaica mu butumwa bw’ubutabazi…

Madagascar yashyizeho Minisitiri w’Intebe nyuma yo gusesa Guverinoma

Perezida wa Madagascar, Col. Michael Randrianirina yatangaje ko Mamitiana Rajaonarison ari we…

Kenya yemeje ko u Burusiya butazongera kujyana abenegihugu bayo mu ntambara yo muri Ukraine

Minisitiri w’Intebe wa Kenya akaba na Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga, Musalia Mudavadi, yatangaje…

Igisasu cya Koreya ya Ruguru cyakangaranyije Koreya y’Epfo n’u Buyapani

Koreya ya Ruguru yarashe igisasu cyakangaranyije u Buyapani na Koreya y’Epfo. Hari…

- Kwamamaza -
Ad imageAd image

You Might Also Like

Politike

Perezida Kagame yaganiriye na Macron

1 Min Read
Politike

Perezida Kagame yakiriye anaganira n’abo mu Kigo cy’Ubwiteganyirize cya Kazakhstan

2 Min Read
Politike

Ingabo z’u Rwanda ziri mu Sudani y’Epfo zambitswe imidali y’ishimwe

2 Min Read
Politike

AFC/M23 igiye kurekura abasirikare 230 ba RDC

2 Min Read
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
BINGWA NEWS

Bingwa News 2024

BINGWA NEWS
BINGWA NEWS
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?