BINGWA NEWS
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Politike
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Mu Rwanda
  • Inkuru Nyamukuru
  • Ubutabera
Monday, Mar 16, 2026
BINGWA NEWSBINGWA NEWS
Font ResizerAa
Search
Follow US
BINGWA NEWS > Blog > Politike > Perezida Kagame azitabira imihango yo gutabariza Umwamikazi Elizabeth II

Perezida Kagame azitabira imihango yo gutabariza Umwamikazi Elizabeth II

admin
Last updated: September 18, 2022 8:05 pm
admin
Share
SHARE

Ibiro by’Umukuru w’Igihugu byatangaje ko, Perezida Paul Kagame yageze mu Bwongereza aho kuri uyu wa Mbere azitabira imihango yo gutabariza Umwamikazi Elizabeth II, uheruka gutanga.

Perezida Paul Kagame yandika amagambo yo gusezera Umwamikazi Elizabeth II no kwihanganisha umuryango we

Perezida Kagame, ni we uyoboye Umuryango wa Commonwealth uhuza ibihugu bivuga Icyongereza.

Akigera mu Bwongereza, Kagame yasinye mu gitabo cyandikwamo amagambo yo gusezera Umwamikazi Elizabeth II no kwifatanya n’umuryango we.

Kwandika muri kiriya gitabo byabereye ku nyubako yitwa Lancaster House, ahakorera Umuryango wa Commonwealth na Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga y’Ubwongereza.

Umwami Charles III araza kwakira abakuru b’Ibihugu ari kumwe n’umugabekazi, Queen Consort birabera ku ngoro ibwamu, ahitwa Buckingham Palace.

Ku wa Mbere Perezida Paul Kagame azifatanya n’abandi bakuru b’Ibihugu na Guverinoma mu muhango wo gusezera bwa nyuma umugogo w’Umwamikazi Elizabeth II, imihango izabera ahitwa Westminster Abbey.

Perezida Paul Kagame muri iki Cyumweru yagiranye ikiganiro kuri telefoni n’Umwami Charles III amubwira amagambo yo kumwihanganisha ku rupfu rw’umubyeyi we.

Ibiro by’Umukuru w’igihugu, Village Urugwiro byasubiye mu magambo ya Perezida Kagame yakoresheje kuri Twitter amaze kuganira n’Umwami Charles III.

Yagize ati “Nagize akanya ko kubwira binyuze kuri telefoni, Nyiricyubahiro Umwami Charles III, amagambo yo kumwihanganisha, ku kuba yarabuze umubyeyi we, nyakwigendera Nyiricyubahiro Umwamikazi Elizabeth II.

 U Rwanda rutegereje gukorana n’Umwami Charles III mu kugeza kure intego z’umuryango Commonwealth, no gufasha abaturage bacu bose.”

Umwamikazi Elizabeth II, yatanze tariki 08 z’ukwezi kwa cyenda 2022 afite imyaka 96 y’amavuko. Biteganyijwe ko azatarizwa ahitwa St. George’s Chapel, ahazwi nka Windsor Castle, hanashyinguwe abanda bami bategetse Ubwongereza.

umugogo w’Umwamikazi Elizabeth II, imihango yo kuwusezeraho bwa nyuma izabera ahitwa Westminster Abbey

UMUSEKE.RW

Share This Article
Facebook Twitter Copy Link Print
Leave a comment
  • panafricanisme says:
    September 19, 2022 at 7:24 pm

    ko ntamubonye muri bus nabagenzi be cg we yabyanze? yabynze namushima cyNE NUBWO ntazi Impamvu yabajyanye yo.

    Reply

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Agezweho

Madagascar yashyizeho Minisitiri w’Intebe nyuma yo gusesa Guverinoma

Perezida wa Madagascar, Col. Michael Randrianirina yatangaje ko Mamitiana Rajaonarison ari we…

Kenya yemeje ko u Burusiya butazongera kujyana abenegihugu bayo mu ntambara yo muri Ukraine

Minisitiri w’Intebe wa Kenya akaba na Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga, Musalia Mudavadi, yatangaje…

Igisasu cya Koreya ya Ruguru cyakangaranyije Koreya y’Epfo n’u Buyapani

Koreya ya Ruguru yarashe igisasu cyakangaranyije u Buyapani na Koreya y’Epfo. Hari…

Jamaica: RDF ihasize ibikorwa byivugira KU mahanga

Mu gihe cy’amezi abiri ashize u Rwanda rwohereje abasirikare gutanga umusanzu wo…

Amafaranga u Rwanda rukoresha muri Cabo Delgado arenga inshuro 10 atangwa na EU- Yolande Makolo

Umuvugizi wa Guverinoma y’u Rwanda, Yolande Makolo, yatangaje ko inkunga ya miliyoni…

- Kwamamaza -
Ad imageAd image

You Might Also Like

Politike

Perezida Kagame yaganiriye na Macron

1 Min Read
Politike

Perezida Kagame yakiriye anaganira n’abo mu Kigo cy’Ubwiteganyirize cya Kazakhstan

2 Min Read
Politike

Ingabo z’u Rwanda ziri mu Sudani y’Epfo zambitswe imidali y’ishimwe

2 Min Read
Politike

AFC/M23 igiye kurekura abasirikare 230 ba RDC

2 Min Read
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
BINGWA NEWS

Bingwa News 2024

BINGWA NEWS
BINGWA NEWS
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?