BINGWA NEWS
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Politike
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Mu Rwanda
  • Inkuru Nyamukuru
  • Ubutabera
Monday, Dec 15, 2025
BINGWA NEWSBINGWA NEWS
Font ResizerAa
Search
Follow US
BINGWA NEWS > Blog > Politike > Perezida Kagame azitabira imihango yo gutabariza Umwamikazi Elizabeth II

Perezida Kagame azitabira imihango yo gutabariza Umwamikazi Elizabeth II

admin
Last updated: September 18, 2022 8:05 pm
admin
Share
SHARE

Ibiro by’Umukuru w’Igihugu byatangaje ko, Perezida Paul Kagame yageze mu Bwongereza aho kuri uyu wa Mbere azitabira imihango yo gutabariza Umwamikazi Elizabeth II, uheruka gutanga.

Perezida Paul Kagame yandika amagambo yo gusezera Umwamikazi Elizabeth II no kwihanganisha umuryango we

Perezida Kagame, ni we uyoboye Umuryango wa Commonwealth uhuza ibihugu bivuga Icyongereza.

Akigera mu Bwongereza, Kagame yasinye mu gitabo cyandikwamo amagambo yo gusezera Umwamikazi Elizabeth II no kwifatanya n’umuryango we.

Kwandika muri kiriya gitabo byabereye ku nyubako yitwa Lancaster House, ahakorera Umuryango wa Commonwealth na Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga y’Ubwongereza.

Umwami Charles III araza kwakira abakuru b’Ibihugu ari kumwe n’umugabekazi, Queen Consort birabera ku ngoro ibwamu, ahitwa Buckingham Palace.

Ku wa Mbere Perezida Paul Kagame azifatanya n’abandi bakuru b’Ibihugu na Guverinoma mu muhango wo gusezera bwa nyuma umugogo w’Umwamikazi Elizabeth II, imihango izabera ahitwa Westminster Abbey.

Perezida Paul Kagame muri iki Cyumweru yagiranye ikiganiro kuri telefoni n’Umwami Charles III amubwira amagambo yo kumwihanganisha ku rupfu rw’umubyeyi we.

Ibiro by’Umukuru w’igihugu, Village Urugwiro byasubiye mu magambo ya Perezida Kagame yakoresheje kuri Twitter amaze kuganira n’Umwami Charles III.

Yagize ati “Nagize akanya ko kubwira binyuze kuri telefoni, Nyiricyubahiro Umwami Charles III, amagambo yo kumwihanganisha, ku kuba yarabuze umubyeyi we, nyakwigendera Nyiricyubahiro Umwamikazi Elizabeth II.

 U Rwanda rutegereje gukorana n’Umwami Charles III mu kugeza kure intego z’umuryango Commonwealth, no gufasha abaturage bacu bose.”

Umwamikazi Elizabeth II, yatanze tariki 08 z’ukwezi kwa cyenda 2022 afite imyaka 96 y’amavuko. Biteganyijwe ko azatarizwa ahitwa St. George’s Chapel, ahazwi nka Windsor Castle, hanashyinguwe abanda bami bategetse Ubwongereza.

umugogo w’Umwamikazi Elizabeth II, imihango yo kuwusezeraho bwa nyuma izabera ahitwa Westminster Abbey

UMUSEKE.RW

Share This Article
Facebook Twitter Copy Link Print
Leave a comment
  • panafricanisme says:
    September 19, 2022 at 7:24 pm

    ko ntamubonye muri bus nabagenzi be cg we yabyanze? yabynze namushima cyNE NUBWO ntazi Impamvu yabajyanye yo.

    Reply

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Agezweho

U Rwanda rwateye utwatsi ibirego by’u Burundi birushinja ibitero ku butaka bwabwo

Ambasaderi w’u Rwanda i New York mu muryango w’Abibumbye, Martin Ngoga, yahakanye…

Gakenke: Yafatanywe ibiro 17 by’urumogi na litiro 14 za kanyanga mu nzu

Ishami rya Polisi rishinzwe kurwanya ibiyobyabwenge (ANU) ku bufatanye na Polisi ikorera…

Rayon Sports ishobora kubona umutoza mushya mu minsi mike

Umutoza w'umufaransa w'imyaka 58, Bruno Ferry uhabwa amahirwe yo gutoza Rayon Sports…

Gen (Rtd) Kabarebe yahererekanyije ububasha na Dr. Usta Kayitesi

Gen (Rtd) James Kabarebe wari Umunyabanga wa Leta muri Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga…

Finlande: Abana bari munsi y’imyaka 15 batwitse ’stade’ kubera gutsindwa kw’ikipe bafana

Ishami rya Polisi ya Finlande rikorera mu gace ka Valkeakoski, ryemeje ko…

- Kwamamaza -
Ad imageAd image

You Might Also Like

Politike

Urunturuntu no gucikamo ibice kw’ ishyaka CNDD-FDD riri ku butegetsi mu Burundi 

3 Min Read
Politike

Dore abayobozi bashyizwe mu myanya mu nzego Nkuru z’u Rwanda 

1 Min Read
Politike

Tshisekedi yemeye guhurira na Perezida Kagame i Washington DC mu cyumweru gitaha

3 Min Read
Politike

Qatar yagennye Ambasaderi mushya mu Rwanda usimbura uwitabye imana 

1 Min Read
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
BINGWA NEWS

Bingwa News 2024

BINGWA NEWS
BINGWA NEWS
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?