BINGWA NEWS
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Politike
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Mu Rwanda
  • Inkuru Nyamukuru
  • Ubutabera
Thursday, Jul 31, 2025
BINGWA NEWSBINGWA NEWS
Font ResizerAa
Search
Follow US
BINGWA NEWS > Blog > Politike > Perezida Kagame azasura Kaminuza izwi cyane muri Singapore

Perezida Kagame azasura Kaminuza izwi cyane muri Singapore

admin
Last updated: September 27, 2022 9:52 am
admin
Share
SHARE

Perezida Paul Kagame, ku wa Gatanu tariki ya 30 Nzeri 2022, ategerejwe muri Singapore aho byitezwe ko azaganiriza abanyeshuri ba Kaminuza ya Nanyang Technological University.

Muri Kamena 2022 Perezida Paul Kagame akiriye i Kigali, Minisitiri w’Intebe wa Singapore, Lee Hsien Long

Kuri twitter, iyi Kaminuza yatangaje ko azaba ari kumwe n’umuyobozi wayo, Prof Subra Suresh.

Muri icyo kiganiro abanyeshuri bazaboneraho umwanya wo kubaza ibibazo imbonankubone Perezida Kagame n’Umuyobozi wa NTU Singapore.

Iyi Kaminuza Perezida Kagame azasura ni imwe mu z’ubushakashatsi muri Singapore, ikaba iya Kabiri imaze imyaka myinshi ishinzwe muri icyo gihugu isaga 40.

Kuri ubu ifite abanyeshuri bagera ku 31, 687 biga mu makoleji atandukanye arimo Engineering, Siyansi, Ubucuruzi, Ubuganga, Ubugeni ndetse n’ubumenyi rusange (Arts and social sciences).

Igira kandi n’uburezi n’andi mashami atandukanye.

 

Umubano w’u Rwanda na Singapore uremye…

Muri Kamena uyu mwaka, Minisitiri w’Intebe wa Singapore, Lee Hsien Long, ni umwe mu bitabiriye inama y’ibihugu bigize umuryango w’ibihugu bivuga ururimi rw’icyongereza, CHOGM yabereye i Kigali.

Mbere gato y’uko asubira mu gihugu cye, yabanje kugirana ibiganiro na Perezida, Paul Kagame w’u Rwanda.

Mu kiganiro n’itangazamakuru icyo gihe, Umukuru w’Igihugu yatangaje ko u Rwanda rwishimira intambwe ubufatanye bw’ibihugu byombi bumaze gutera.

Muri ubu bufatanye burimo  imikoranire  mu ngeri zitandukanye zirimo uburezi, imikorere y’amabanki, ubutabera, ubuzima, ubucuruzi n’ibindi.

Minisitiri w’Intebe wa Singapore Lee Hsien Loong we yatangaje bwari ari ubwa mbere asuye igihugu cy’Afurika kandi avuga ko yishimiye kuganira n’u Rwanda kugira ngo  imikoranire irushijeho gutera imbere.

Yvuze  ko Singapore nubwo iri kure y’u Rwanda by’umwihariko n’Afurika muri rusange ariko ngo ni igihugu gikorana n’Afurika cyane.

Ibihugu byombi bisanzwe bifitanye umubano mwiza. Muri Kanama 2021

Leta y’u Rwanda n’iya Singapore byasinyanye  amasezerano y’ubufatanye yorohereza ishoramari by’umwihariko hagati y’imishinga n’ibigo by’imari byo mu bihugu byombi, yiswe “Financial Trade Corridor”.

Aya masezerano agamije ko ba rwiyemezamirimo b’Abanyarwanda babasha kwaka inguzanyo mu bigo by’ishoramari byo muri Singapore  n’abaho bashobore kuzaka mu byo mu Rwanda.

Mu 2016  nabwo ibihugu byombi byasinyanye amasezerano mu bijyanye no guteza imbere imyubakire mu Rwanda.

TUYISHIMIRE Raymond /UMUSEKE.RW

Share This Article
Facebook Twitter Copy Link Print
2 Comments
  • Pingback: Perezida Kagame yatangiye uruzinduko rw’iminsi itatu muri Singapore – Umuseke
  • Pingback: Perezida Kagame yatangiye uruzinduko rw’iminsi itatu muri Singapore – Umuseke

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Agezweho

Polisi yafunze abantu 9 bakekwaho guhungabanya ituze ry’abaturage

Kuri uyu wa Gatatu, mu Karere ka Huye mu mirenge ya Gishanvu…

Santarafurika: Ingabo z’u Rwanda ziri mu butumwa bwo kugarura amahoro zashimiwe ubwitange bwabo

Perezida wa Repubulika ya Santarafurika akaba n’Umugaba w’Ikirenga w’Ingabo z’icyo gihugu, Prof.…

Abajenerali 9 bashyizwe mu kiruhuko cy’izabukuru

Perezida wa Repubulika Paul Kagame akaba n’Umugaba w’Ikirenga w’Ingabo z’u Rwanda, (RDF)…

AFC/ M23 yakomeje ibirindiro byayo muri Teritwari ya Walikare

Ihuriro AFC/ M23 ritavuga rumwe n’ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi riravugwaho kongereye…

Umuraperi Lecrae agiye gutaramira i Kigali

Umuraperi Lecrae uri mu bafite izina rikomeye mu muziki wo kuramya no…

- Kwamamaza -
Ad imageAd image

You Might Also Like

Politike

Uhagarariye Uganda i Kinshasa yahamagajwe gusobanura iby’ifungurwa ry’umupaka wa Bunagana

1 Min Read
Politike

Kiliziya Gatolika ya RDC ntiyizeye ko Trump azahagarika intambara muri icyo gihugu

3 Min Read
Politike

Imipaka ihuza Uganda n’ibice bya DRC bigenzurwa na AFC/M23 yafunguwe

2 Min Read
Politike

Intumwa za AFC/M23 na Leta ya RDC basubiye KU meza y’ibiganiro i Doha muri Qatar 

1 Min Read
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
BINGWA NEWS

Bingwa News 2024

BINGWA NEWS
BINGWA NEWS
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?