BINGWA NEWS
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Politike
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Mu Rwanda
  • Inkuru Nyamukuru
  • Ubutabera
Sunday, Jul 13, 2025
BINGWA NEWSBINGWA NEWS
Font ResizerAa
Search
Follow US
BINGWA NEWS > Blog > Politike > Perezida Kagame azasura Kaminuza izwi cyane muri Singapore

Perezida Kagame azasura Kaminuza izwi cyane muri Singapore

admin
Last updated: September 27, 2022 9:52 am
admin
Share
SHARE

Perezida Paul Kagame, ku wa Gatanu tariki ya 30 Nzeri 2022, ategerejwe muri Singapore aho byitezwe ko azaganiriza abanyeshuri ba Kaminuza ya Nanyang Technological University.

Muri Kamena 2022 Perezida Paul Kagame akiriye i Kigali, Minisitiri w’Intebe wa Singapore, Lee Hsien Long

Kuri twitter, iyi Kaminuza yatangaje ko azaba ari kumwe n’umuyobozi wayo, Prof Subra Suresh.

Muri icyo kiganiro abanyeshuri bazaboneraho umwanya wo kubaza ibibazo imbonankubone Perezida Kagame n’Umuyobozi wa NTU Singapore.

Iyi Kaminuza Perezida Kagame azasura ni imwe mu z’ubushakashatsi muri Singapore, ikaba iya Kabiri imaze imyaka myinshi ishinzwe muri icyo gihugu isaga 40.

Kuri ubu ifite abanyeshuri bagera ku 31, 687 biga mu makoleji atandukanye arimo Engineering, Siyansi, Ubucuruzi, Ubuganga, Ubugeni ndetse n’ubumenyi rusange (Arts and social sciences).

Igira kandi n’uburezi n’andi mashami atandukanye.

 

Umubano w’u Rwanda na Singapore uremye…

Muri Kamena uyu mwaka, Minisitiri w’Intebe wa Singapore, Lee Hsien Long, ni umwe mu bitabiriye inama y’ibihugu bigize umuryango w’ibihugu bivuga ururimi rw’icyongereza, CHOGM yabereye i Kigali.

Mbere gato y’uko asubira mu gihugu cye, yabanje kugirana ibiganiro na Perezida, Paul Kagame w’u Rwanda.

Mu kiganiro n’itangazamakuru icyo gihe, Umukuru w’Igihugu yatangaje ko u Rwanda rwishimira intambwe ubufatanye bw’ibihugu byombi bumaze gutera.

Muri ubu bufatanye burimo  imikoranire  mu ngeri zitandukanye zirimo uburezi, imikorere y’amabanki, ubutabera, ubuzima, ubucuruzi n’ibindi.

Minisitiri w’Intebe wa Singapore Lee Hsien Loong we yatangaje bwari ari ubwa mbere asuye igihugu cy’Afurika kandi avuga ko yishimiye kuganira n’u Rwanda kugira ngo  imikoranire irushijeho gutera imbere.

Yvuze  ko Singapore nubwo iri kure y’u Rwanda by’umwihariko n’Afurika muri rusange ariko ngo ni igihugu gikorana n’Afurika cyane.

Ibihugu byombi bisanzwe bifitanye umubano mwiza. Muri Kanama 2021

Leta y’u Rwanda n’iya Singapore byasinyanye  amasezerano y’ubufatanye yorohereza ishoramari by’umwihariko hagati y’imishinga n’ibigo by’imari byo mu bihugu byombi, yiswe “Financial Trade Corridor”.

Aya masezerano agamije ko ba rwiyemezamirimo b’Abanyarwanda babasha kwaka inguzanyo mu bigo by’ishoramari byo muri Singapore  n’abaho bashobore kuzaka mu byo mu Rwanda.

Mu 2016  nabwo ibihugu byombi byasinyanye amasezerano mu bijyanye no guteza imbere imyubakire mu Rwanda.

TUYISHIMIRE Raymond /UMUSEKE.RW

Share This Article
Facebook Twitter Copy Link Print
2 Comments
  • Pingback: Perezida Kagame yatangiye uruzinduko rw’iminsi itatu muri Singapore – Umuseke
  • Pingback: Perezida Kagame yatangiye uruzinduko rw’iminsi itatu muri Singapore – Umuseke

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Agezweho

RDC igiye gusaba Uganda ibisobanuro ku ifungurwa ry’umupaka wa Bunagana

Ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo bwateguje ko buzasaba Uganda ibisobanuro…

Muri Kanama ab’i Kigali bazajya babona amazi mu minsi 2 aho kuba 5-WASAC

Ikigo cy’Igihugu gishinzwe Amazi Isuku n’Isukura, WASAC cyijeje abatuye mu Mujyi wa…

DRC : Kiliziya gatorika ntiyozeye ko amasezerano y’u Rwanda na Congo ko atazakemura ikibazo mu mizi

Umuyobozi mukuru w’Inama y’Abepisikopi muri Congo Kinshasa, Musenyeri Donatien Nshole avuga ko…

Perezida wa Botswana yahigiye guhura na Trump, akamwemeza

Perezida Gideon Duma Boko wa Botswana yahigiye guhura na Donald Trump uyobora…

Perezida Kagame yakiriye Uhuru Kenyatta wayoboye Kenya

Kagame yakiriye Uhuru Kenyatta wabaye Perezida wa Kenya, akaba ari n’umwe mu…

- Kwamamaza -
Ad imageAd image

You Might Also Like

Politike

Kiliziya Gatolika ya RDC ntiyizeye ko Trump azahagarika intambara muri icyo gihugu

3 Min Read
Politike

Imipaka ihuza Uganda n’ibice bya DRC bigenzurwa na AFC/M23 yafunguwe

2 Min Read
Politike

Intumwa za AFC/M23 na Leta ya RDC basubiye KU meza y’ibiganiro i Doha muri Qatar 

1 Min Read
Politike

U Rwanda rufite ikizere cy’uko amasezerano rwasinyanye na DRC azatanga umusaruro

3 Min Read
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
BINGWA NEWS

Bingwa News 2024

BINGWA NEWS
BINGWA NEWS
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?