BINGWA NEWS
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Politike
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Mu Rwanda
  • Inkuru Nyamukuru
  • Ubutabera
Wednesday, Mar 11, 2026
BINGWA NEWSBINGWA NEWS
Font ResizerAa
Search
Follow US
BINGWA NEWS > Blog > Politike > “Sinshidikanya ko ubu mwiteguye bihagije”, Kagame abwira abasirikare bambaye Sous-Lieutenant

“Sinshidikanya ko ubu mwiteguye bihagije”, Kagame abwira abasirikare bambaye Sous-Lieutenant

admin
Last updated: November 4, 2022 1:18 pm
admin
Share
SHARE

UPDATE: Perezida Kagame yasoje umuhango wo kwambika ipeti rya Sous Lieutenant abasirikare b’u Rwanda 568, bize imbere mu gihugu n’abandi 24 bize ibya gisirikare hanze.

Umuhungu wa Perezida Kagame, Ian Kagame na bagenzi be bize mu mashuri ya gisirikare yo hanze y’igihugu na bo bambaye Sous-Lieutenant

Perezida Kagame yashimiye ibihugu by’inshuti byahaye ubumenyi bariya basirikare, anashimira ababyeyi babo babashishikarije kujya mu gisirikare.

Mu butumwa yabahaye, harimo kwirinda ibishuko, n’indwara z’ibyorezo zituruka ku myifatire mibi.

Yagize ati “Kuba muri hano ni uko mwabyifashemo neza, mukarangiza ayo masomo neza, mwavanyemo ubumenyi, mwavanyemo ubushobozi butandukanye, bijyanye n’imbaraga n’imyifatire myiza, hanyuma icyo mwashakaga mukaba mukigezeho turabibashimira cyane.

Sinshidikanya ko ubu mwiteguye bihagije, kandi mufite ibisabwa byose kugira ngo mwuzuze inshingano zanyu zo kurinda umutekano w’igihugu n’amajyambere y’abagituye.”

 

INKURU YABANJE: Perezida wa Repubulika Paul Kagame, akaba n’Umugaba w’Ikirenga w’Ingabo z’u Rwanda biteganyijwe ko asoza amasomo ya ba ofisiye bato, agatanga ipeti rya Sous Lieutenant muri RDF.

Abarangije amasomo ya gisirikare barahabwa ipeti rya Sous -Lieutenant

Uyu muhango urabera mu Ishuri Rikuru rya Gisirikare i Gako.

Ibiro by’Umukuru w’Igihugu byatangaje ko muri ba Ofisiye bahabwa ipeti 475 bahawe imyitozo mu gihe cy’umwaka umwe, naho 93 bize imyaka ine amasomo asanzwe n’ajyanye na gisirikare.

Aba basirikare 568 bize mu Rwanda bariyongera ku bandi 24 bize ibya gisirikare mu mahanga, barimo n’Umuhungu wa Perezida Paul Kagame, Ian Kagame wize mu Bwongereza.

Kuri uyu wa Gatanu bararahira imbere y’igihugu n’ubuyobozi bw’u Rwanda.

Ishuri rikuru rya Gisirikare rya Gako, ryatangiye mu 2000, ryitwa Rwanda Military Academy (RMA) ritanga inyigisho zitandukanye zirimo; Ubumenyi bwa Gisirikare, na programu ya Kaminuza z’amasomo asanzwe mu na Kaminuza y’u Rwanda bwatangiye muri 2015.

Amasomo asanzwe atangirwa mu Ishuri rya Gisirikare rya Gako arimo Ishami ry’abaganga (General Medicine), Imibanire y’abantu (Social Sciences), Ikoranabuhanga (Engineering), Imibare (Mathematics), Ibinyabuzima (Biology), Ubugenge (Physics) n’Ubutabire (Chemistry).

Umuhungu wa Perezida Paul Kagame yasoje amasomo y’ibanze ya gisirikare

Ian Kagame na we ari mu binjira mu gisirikare cy’u Rwanda, RDF
Ba Offisiye Bakuru mu ngabo z’u Rwanda bitabiriye uyu muhango

UMUSEKE.RW

Share This Article
Facebook Twitter Copy Link Print
2 Comments
  • Joseph Bicamumakuba says:
    November 4, 2022 at 2:51 pm

    Thank you to RWANDA GOVERMENT.

    Reply
  • Pingback: Ibyishimo mu muryango wa Perezida Kagame, Ian Kagame yambaye Sous Lieutenant   – Umuseke

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Agezweho

Macron yavuze ku gitero cya drone cyahitanye Ubufaransakazi i Goma

Perezida Emmanuel Macron w’u Bufaransa, yagaragaje umubabaro nyuma y’urupfu rwa Karine Buisset,…

Gen Bunyoni wari warakatiwe igihano cya burundu yarekuwe

General Alain-Guillaume Bunyoni wabaye Minisitiri w’Intebe w’u Burundi kuva muri Kamena 2020…

UNICEF yatangaje akababaro irimo kubera umukozi wayo wiciye i Goma

Ishami rya ONU ryita ku bana ryatangaje ko “ribabajwe kandi rishenguwe n’urupfu…

Perezida Kagame yaganiriye na Macron

Perezida Paul Kagame ku mugoroba wo kuri uyu wa Kabiri yagiranye ibiganiro…

Herekanywe abasore bakekwaho ibyaha by’ubugome.

Kuri uyu wa Kabiri, tariki ya 10 Werurwe 2026, Urwego rw'Ubugenzacyaha (RIB)…

- Kwamamaza -
Ad imageAd image

You Might Also Like

Politike

Perezida Kagame yakiriye anaganira n’abo mu Kigo cy’Ubwiteganyirize cya Kazakhstan

2 Min Read
Politike

Ingabo z’u Rwanda ziri mu Sudani y’Epfo zambitswe imidali y’ishimwe

2 Min Read
Politike

AFC/M23 igiye kurekura abasirikare 230 ba RDC

2 Min Read
Politike

Leta ya DRC yemeje ko igiye gutanga umukandida muri OIF 

2 Min Read
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
BINGWA NEWS

Bingwa News 2024

BINGWA NEWS
BINGWA NEWS
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?