BINGWA NEWS
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Politike
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Mu Rwanda
  • Inkuru Nyamukuru
  • Ubutabera
Friday, May 23, 2025
BINGWA NEWSBINGWA NEWS
Font ResizerAa
Search
Follow US
BINGWA NEWS > Blog > Politike > Nyanza: Umuganga ushinjwa gusambanya umwana yafatiwe icyemezo

Nyanza: Umuganga ushinjwa gusambanya umwana yafatiwe icyemezo

admin
Last updated: April 3, 2024 10:43 am
admin
Share
SHARE
Umuganga usanzwe ukora mu bitaro bya Nyanza aregwa icyaha cyo gusambanya umwana n’ubushinjacya, icyaha uregwa aburana ahakana.

Umuganga ukekwaho gusambanya umwana akora mu bitaro bya Nyanza

Ubushinjacyaha buvuga ko taliki ya 26 Nzeri 2022 ahagana i saa munani z’igicuku, ko hari umwana wagiye gukoresha ibizamini ku bitaro bya Nyanza kuko byakekwaga ko yasambanyijwe n’undi muntu.

Ubushinjacyaha buvuga ko ubwo uwo muganga yapimaga uwo mwana nawe yahise amusambanya maze yihanaguza “Gants” yari yambaye ku gitsina azijugunya muri “Poubelle” amureba.

Ubushinjacyaha bukomeza buvuga ko uyu muganga nawe yiyemerera ko ari we wasuzumye uwo mwana.

Ubushinjacyaha kandi bukomeza buvuga ko hari umupolisi wari urinze uwo mwana avuga ko uyu mwana yahise amubwira ko uwamusuzumaga amusambanyije.

Raporo yaturutse muri Rwanda Forensic Laboratory yagaragaje ko hari ADN basanze muri vaginal Swabs z’umwana kandi zihura na ADN z’uyu muganga.

Ubushinjacyaha busaba ko uyu muganga afungwa by’agateganyo igihe cy’iminsi 30 muri gereza.

Uyu muganga yiregura yavuze ko kuba barabonyeho ADN ze atari igitangaza kuko n’ubundi yamupimaga amukoraho kandi icyo gihe yari kumwe n’umukozi wa NESA n’ushinzwe amasuku wari wakoze iryo joro bityo uwo mwana n’ubundi muri we akaba nta kuri agira kuko agenda ahinduranya n’amazina (Uregwa avuga ko amazina yiyise aza kwivuza atariyo yavuzwe n’ubushinjacyaha).

Me Englebert Habumuremyi w’unganira uregwa avuga ko uwo mwana yaje avuga ko yasambanyijwe nyamara bikaza kugaragara ko atasambanyijwe.

Me Habumuremyi akomeza avuga ko uwo mwana yavuze ko kandi yamusutseho ibintu bishyushye nyamara mu byapimwe nta masohoro basanzemo uretse ADN ye kuko yamukozeho.

Me Habumuremyi agasaba ko uyu muganga atafungwa by’agateganyo akaba yakurikinwa ari hanze.

Urukiko rwariherereye rusanga kuba umwana avuga ko yasambanyijwe kandi mu byapimwe byose ntihagire ibihamya simusiga bigaragaza ko yaba yarasambanyijwe icyi gihe.

Urukiko ruvuga ko kuba ariwe wasohotse abivuga nyamara bigaragara ko nawe ubwe atabasha kuvugisha ukuri kuzuye aho ahinduranya amazina uko abyumva.

Urukiko kandi ruvuga ko umubyeyi we avuga ko ataherukaga kumubona (umubyeyi abona umwana we).

Urukiko rw’isunze ingingo z’amategeko rwasanze uyu muganga akwiye gukurikiranwa adafunze.

Icyemezo cy’urukiko…..

Urukiko rwemeza ko ibyagezweho mu iperereza bidahagije ku buryo Urukiko rubishingiraho rukeka ko uyu muganga icyaha akekwaho yaba yaragikoze.

Urukiko kandi rutegeka ko uyu muganga afungurwa by’agateganyo agakurikiranwa ari hanze akajya yitaba Umushinjacyaha ushinzwe kwiga dosiye buri wa mbere w’icyumweru cya nyuma cy’ukwezi.

Uyu muganga usanzwe ukora aho batangira ibizamini umwana aregwa gusambanya Ubushinjacyaha buvuga ko yarafite imyaka 16 y’amavuko.

Théogéne NSHIMIYIMANA / UMUSEKE.RW i Nyanza
Share This Article
Facebook Twitter Copy Link Print
4 Comments
  • Kalinijabo Claude says:
    January 31, 2023 at 10:27 am

    Akaba Nyanza weeeee, uwo ni umuganga nashaka yikuremo inzira zikigendwa. Ubwo hari impamvu ubuse koko???? Uwo basambanyije bamusuzuma akabyemera kandi nabwo yahohotewe … ntibyumvikana.

    Reply
  • Hamis jean says:
    January 31, 2023 at 11:12 am

    Bukere11

    Reply
  • Daniel says:
    January 31, 2023 at 12:52 pm

    Hakorwe ipererez ryimbtse ntihagire urenganywa

    Reply
  • iganze says:
    February 13, 2023 at 10:02 am

    Ariko abagabo n’abasore bari hanze aha ntabwo bafite ibisazi by’ubusambanyi noneho? Umuntu ufite ubwenge ananirwa kwifata gute?

    Reply

Leave a Reply to iganze Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Agezweho

Uhagarariye u Rwanda muri Loni yatangiye imirimo ye

Ambasaderi Martin Ngoga yashyikirije Umunyamabanga Mukuru w’Umuryango w’Abibumbye, Antonio Guterres, impapuro zimwemerera…

Abanyamahanga batatu bakekwaho ubucuruzi bw’amafara butemewe  batawe muri yombi

Urwego rw’igihugu rw’ubugenzacyaha (RIB) rwatangaje ko rwataye muri yombi abagabo batatu b’abanyamahanga…

Se wabo wa Muhoozi yiyemeje ko agiye kumucyebura akamushyira ku murongo

Murumuna wa Perezida Yoweri Kaguta Museveni wa Uganda, Gen (Rtd) Caleb Akandwanaho…

DRC: Sena  yatoye kwambura ubudahangarwa Joseph Kabila

Sena ya Repubulika iharanira Demokarasi ya Congo, yamaze kwaka ubudahangarwa Uwahoze ari…

U Rwanda rwakiriye icyiciro cya gatatu cy’Abanyarwanda barenga 600 bari barafashwe bugwate na FDLR

U Rwanda rwakiriye icyiciro cya 3 cy’Abanyarwanda  642 bari impunzi muri Repubulika…

- Kwamamaza -
Ad imageAd image

You Might Also Like

Ubutabera

Vincent Murekezi yasabye amezi atatu yo gushaka umwunganira nyuma y’uko uwo yari afite yikuye mu rubanza

2 Min Read
Ubutabera

Bishop Gafaranga yagejejwe imbere y’urukiko

1 Min Read
Ubutabera

Ubushinjacyaha bwasabiye Constant Mutamba gukurwaho ubudahangarwa kugira ngo atabwe muri yombi

1 Min Read
Ubutabera

Uganda: inkiko za gisirikare zigiye kujya ziburanisha abasivile

1 Min Read
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
BINGWA NEWS

Bingwa News 2024

BINGWA NEWS
BINGWA NEWS
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?