BINGWA NEWS
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Politike
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Mu Rwanda
  • Inkuru Nyamukuru
  • Ubutabera
Tuesday, Mar 3, 2026
BINGWA NEWSBINGWA NEWS
Font ResizerAa
Search
Follow US
BINGWA NEWS > Blog > Politike > Nyanza: Umuganga akurikiranyweho gusambanya umwana

Nyanza: Umuganga akurikiranyweho gusambanya umwana

admin
Last updated: December 21, 2022 7:28 pm
admin
Share
SHARE

Umuganga usanzwe ukora mu bitaro bya Nyanza yatawe muri yombi akekwaho gusambanya umwana


Hashize icyumweru kirenga umuganga wo ku bitaro bya Nyanza atawe muri yombi ku nshuro ya kabiri akekwaho gusambanya umwana.

Mu kwezi kwa cumi umuganga usanzwe ukora muri laboratoire mu bitaro bya Nyanza yatawe muri yombi n’urwego rw’Igihugu rw’ubugenzacyaha(RIB) rumukurikiranyeho gusambanya umwana w’imyaka 16.

Kiriya gihe RIB yamutaye muri yombi mugukora iperereza biba ngombwa ko uriya muganga arekurwa ahita anasubira mu kazi.

Bikekwa ko kiriya cyaha cyaba cyarabereye mu bitaro bya Nyanza ubwo uriya mwana yaragiye gufatwa ibizamini n’uriya muganga.

UMUSEKE wamenye amakuru ko uriya muganga yongeye gutabwa muri yombi amaze icyumweru kirenga afunzwe.

Intandaro yo gutabwa muri yombi kuri uriya muganga kandi yari yararekuwe by’agateganyo byaturutse ko bagiye gupima ibizamini muri laboratoire biza bigaragaza ko uriya mwana ashobora kuba yarasambanyijwe koko ahita atabwa muri yombi n’ubushinjacyaha bikaba bitegerejwe ko uriya muganga agomba kuburana ifungwa n’ifungurwa ry’agateganyo.

UMUSEKE wabajije umuyobozi w’ibitaro bya Nyanza Supertendent Dr Samuel NKUNDIBIZA iby’uriya mukozi ayoboye ntiyagira byinshi avuga kuri iki kibazo

Ati”Ikiriho byo ntari mu kazi ibindi byo simbizi”

Uriya mukozi warusanzwe akora mw’isuzumiro hari amakuru ko afungiye kuri sitasiyo ya RIB ya Busasamana.

Théogène NSHIMIYIMANA /UMUSEKE.RW i Nyanza

Share This Article
Facebook Twitter Copy Link Print
1 Comment
  • David says:
    December 21, 2022 at 10:42 pm

    Ni akumiro🤔🤔

    Reply

Leave a Reply to David Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Agezweho

U Rwanda rwageneye ubutumwa DRC yishimiye ibihano America yafatiye RDF

Umuvugizi wa Guverinoma y’u Rwanda, Yolande Makolo avuga ko ibihano bibogamye bifatirwa…

U Rwanda rwiteguye guhangana n’ingaruka z’intambara y’Amerika na Iran

Minisitiri w'Imari n'Ingenamigambi, Murangwa Yusuf, yatangaje ko hari ingamba Leta y'u Rwanda…

RED-Tabara yanyomoje Muyaya wavuze ko u Rwanda ari rwo rwayijyanye mu misozi miremire

Umutwe wa RED-Tabara urwanya ubutegetsi bw’u Burundi, wanyomoje Minisitiri Patrick Muyaya wa…

Ingabo z’u Rwanda ziri mu Sudani y’Epfo zambitswe imidali y’ishimwe

Ingabo z’u Rwanda (Rwanbatt-1) ziri mu butumwa bw’amahoro bw’Umuryango w’Abibumbye muri Sudani…

Walikale: AFC/M23 yisubije Buhimba

Abarwanyi b’Ihuriro AFC/M23 rirwanya ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, bisubije…

- Kwamamaza -
Ad imageAd image

You Might Also Like

Ubutabera

Muhayimana yasabiwe gufungwa imyaka 15

2 Min Read
Politike

AFC/M23 igiye kurekura abasirikare 230 ba RDC

2 Min Read
Ubutabera

Urubanza ruregwamo abarimo Barafinda rwashyizwe mu muhezo

1 Min Read
Ubutabera

Umuhanzi w’imideri Moses Turahirwa washinze ‘Moshios’ yagarutse imbere y’Urukiko

2 Min Read
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
BINGWA NEWS

Bingwa News 2024

BINGWA NEWS
BINGWA NEWS
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?