BINGWA NEWS
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Politike
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Mu Rwanda
  • Inkuru Nyamukuru
  • Ubutabera
Wednesday, Mar 18, 2026
BINGWA NEWSBINGWA NEWS
Font ResizerAa
Search
Follow US
BINGWA NEWS > Blog > Politike > Nyanza: Hari Umudugudu utakigira umuriro n’amazi kubera abajura

Nyanza: Hari Umudugudu utakigira umuriro n’amazi kubera abajura

admin
Last updated: August 16, 2022 7:45 pm
admin
Share
SHARE

Mu mudugudu wa Kidaturwa mu kagari ka Rwesero mu murenge wa Busasamana mu karere ka Nyanza hari abaturage batakigira amazi n’umuriro kubera abajura.

Abaturage bo muri uyu mudugudu bavuga ko barembejwe n’abajura

Abaturage batagicana umuriro w’amashyarazi icyarimwe ntibanagire amazi mu ngo zabo kandi barabihoranye bavuga ko babitewe n’abajura.

Uwitwa Niyongira Emmanuel yabwiye UMUSEKE ko bamaze ukwezi n’igice badafite amazi nta n’umuriro w’amashyarazi bagira.

Ati“Abagizi ba nabi badutwariye insinga gusa mbere hari abaje banangiza umuyoboro w’amazi ubwo abayakoreshaga bose ntibongera kuyabona.”

Uwitwa Mukamana Clothilde avuga ko ubujura muri kariya gace bweze ashingiye ko no mu nzu bahinjira bakiba.

Ati“Binjiye mu nzu bantwara igare none ubu banatwaye urusinga rw’umuriro w’amashanyarazi ubujura hano bureze.”

Batandatu muri bo nibo UMUSEKE wamenye ko bibwe insinga umunsi umwe zajyanaga umuriro w’amashanyarazi mu ngo zabo.

REG ishami rya Nyanza ryabwiye aba baturage ko aribo bazigurira izo nsinga kugirango bongera gucana mu nzu.

Aba baturage bemeza ko abibye izo nsinga ari abahanga mu bijyanye n’umuriro w’amashanyarazi.

Bariya baturage bavuga ko intandaro y’ubu bujura ari irondo bishyura amafaranga magana atanu y’u Rwanda kuri buri rugo ya buri kwezi rigizwe n’abantu babiri gusa bakabona ko abantu babiri badahagije mu mudugudu wose.

Umunyamabanga nshingwabikorwa w’umurenge wa Busasamana Egide Bizimana yabwiye UMUSEKE ko uwo muyoboro w’amazi waciwe inshuro eshatu mu bihe bitandukanye WASAC igenda iwusana ariko ubu abo baturage baciwe amafaranga ibihumbi ijana na mirongo inani na bitandatu kugirango usanwe, ntaraboneka.

Ati“Niba ari abantu babiri gusa barara irondo turaza kureba uko twabongera kuburyo n’abaturage badahembwa bashobora kwiyongeramo.”

UMUSEKE wamenye amakuru ko mu bihe bitandukanye abantu bari muri aka gace bakekwaho ubujura bagenda bafatwa bakajyanwa mu bigo bya “transit center” ikindi kandi utubari two muri aka gace twategetswe kuba saa yine z’ijoro tutagikora(twafunze).

Bamwe mu bacuruzi bavuga ko bibateza igihombo kandi ikibazo cy’ubujura ntikinakemuke.

Théogène NSHIMIYIMANA / UMUSEKE.RW i Nyanza

Share This Article
Facebook Twitter Copy Link Print
Leave a comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Agezweho

Perezida Trump yasabye ubufasha Ibihugu by’inshuti bimwe bibutera utwatsi

Perezida Donald Trump yasabye ubufasha Ibihugu by’inshuti za Leta Zunze Ubumwe za…

Abasirikare b’u Rwanda bari bagiye gutanga ubutabazi muri Jamaica bagarukanye ishema

Abasirikare mu Ngabo z’u Rwanda bari berecyeje muri Jamaica mu butumwa bw’ubutabazi…

Madagascar yashyizeho Minisitiri w’Intebe nyuma yo gusesa Guverinoma

Perezida wa Madagascar, Col. Michael Randrianirina yatangaje ko Mamitiana Rajaonarison ari we…

Kenya yemeje ko u Burusiya butazongera kujyana abenegihugu bayo mu ntambara yo muri Ukraine

Minisitiri w’Intebe wa Kenya akaba na Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga, Musalia Mudavadi, yatangaje…

Igisasu cya Koreya ya Ruguru cyakangaranyije Koreya y’Epfo n’u Buyapani

Koreya ya Ruguru yarashe igisasu cyakangaranyije u Buyapani na Koreya y’Epfo. Hari…

- Kwamamaza -
Ad imageAd image

You Might Also Like

Politike

Perezida Kagame yaganiriye na Macron

1 Min Read
Politike

Perezida Kagame yakiriye anaganira n’abo mu Kigo cy’Ubwiteganyirize cya Kazakhstan

2 Min Read
Politike

Ingabo z’u Rwanda ziri mu Sudani y’Epfo zambitswe imidali y’ishimwe

2 Min Read
Politike

AFC/M23 igiye kurekura abasirikare 230 ba RDC

2 Min Read
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
BINGWA NEWS

Bingwa News 2024

BINGWA NEWS
BINGWA NEWS
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?