BINGWA NEWS
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Politike
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Mu Rwanda
  • Inkuru Nyamukuru
  • Ubutabera
Sunday, Jul 13, 2025
BINGWA NEWSBINGWA NEWS
Font ResizerAa
Search
Follow US
BINGWA NEWS > Blog > Politike > Nyanza: Hari Umudugudu utakigira umuriro n’amazi kubera abajura

Nyanza: Hari Umudugudu utakigira umuriro n’amazi kubera abajura

admin
Last updated: August 16, 2022 7:45 pm
admin
Share
SHARE

Mu mudugudu wa Kidaturwa mu kagari ka Rwesero mu murenge wa Busasamana mu karere ka Nyanza hari abaturage batakigira amazi n’umuriro kubera abajura.

Abaturage bo muri uyu mudugudu bavuga ko barembejwe n’abajura

Abaturage batagicana umuriro w’amashyarazi icyarimwe ntibanagire amazi mu ngo zabo kandi barabihoranye bavuga ko babitewe n’abajura.

Uwitwa Niyongira Emmanuel yabwiye UMUSEKE ko bamaze ukwezi n’igice badafite amazi nta n’umuriro w’amashyarazi bagira.

Ati“Abagizi ba nabi badutwariye insinga gusa mbere hari abaje banangiza umuyoboro w’amazi ubwo abayakoreshaga bose ntibongera kuyabona.”

Uwitwa Mukamana Clothilde avuga ko ubujura muri kariya gace bweze ashingiye ko no mu nzu bahinjira bakiba.

Ati“Binjiye mu nzu bantwara igare none ubu banatwaye urusinga rw’umuriro w’amashanyarazi ubujura hano bureze.”

Batandatu muri bo nibo UMUSEKE wamenye ko bibwe insinga umunsi umwe zajyanaga umuriro w’amashanyarazi mu ngo zabo.

REG ishami rya Nyanza ryabwiye aba baturage ko aribo bazigurira izo nsinga kugirango bongera gucana mu nzu.

Aba baturage bemeza ko abibye izo nsinga ari abahanga mu bijyanye n’umuriro w’amashanyarazi.

Bariya baturage bavuga ko intandaro y’ubu bujura ari irondo bishyura amafaranga magana atanu y’u Rwanda kuri buri rugo ya buri kwezi rigizwe n’abantu babiri gusa bakabona ko abantu babiri badahagije mu mudugudu wose.

Umunyamabanga nshingwabikorwa w’umurenge wa Busasamana Egide Bizimana yabwiye UMUSEKE ko uwo muyoboro w’amazi waciwe inshuro eshatu mu bihe bitandukanye WASAC igenda iwusana ariko ubu abo baturage baciwe amafaranga ibihumbi ijana na mirongo inani na bitandatu kugirango usanwe, ntaraboneka.

Ati“Niba ari abantu babiri gusa barara irondo turaza kureba uko twabongera kuburyo n’abaturage badahembwa bashobora kwiyongeramo.”

UMUSEKE wamenye amakuru ko mu bihe bitandukanye abantu bari muri aka gace bakekwaho ubujura bagenda bafatwa bakajyanwa mu bigo bya “transit center” ikindi kandi utubari two muri aka gace twategetswe kuba saa yine z’ijoro tutagikora(twafunze).

Bamwe mu bacuruzi bavuga ko bibateza igihombo kandi ikibazo cy’ubujura ntikinakemuke.

Théogène NSHIMIYIMANA / UMUSEKE.RW i Nyanza

Share This Article
Facebook Twitter Copy Link Print
Leave a comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Agezweho

RDC igiye gusaba Uganda ibisobanuro ku ifungurwa ry’umupaka wa Bunagana

Ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo bwateguje ko buzasaba Uganda ibisobanuro…

Muri Kanama ab’i Kigali bazajya babona amazi mu minsi 2 aho kuba 5-WASAC

Ikigo cy’Igihugu gishinzwe Amazi Isuku n’Isukura, WASAC cyijeje abatuye mu Mujyi wa…

DRC : Kiliziya gatorika ntiyozeye ko amasezerano y’u Rwanda na Congo ko atazakemura ikibazo mu mizi

Umuyobozi mukuru w’Inama y’Abepisikopi muri Congo Kinshasa, Musenyeri Donatien Nshole avuga ko…

Perezida wa Botswana yahigiye guhura na Trump, akamwemeza

Perezida Gideon Duma Boko wa Botswana yahigiye guhura na Donald Trump uyobora…

Perezida Kagame yakiriye Uhuru Kenyatta wayoboye Kenya

Kagame yakiriye Uhuru Kenyatta wabaye Perezida wa Kenya, akaba ari n’umwe mu…

- Kwamamaza -
Ad imageAd image

You Might Also Like

Politike

Kiliziya Gatolika ya RDC ntiyizeye ko Trump azahagarika intambara muri icyo gihugu

3 Min Read
Politike

Imipaka ihuza Uganda n’ibice bya DRC bigenzurwa na AFC/M23 yafunguwe

2 Min Read
Politike

Intumwa za AFC/M23 na Leta ya RDC basubiye KU meza y’ibiganiro i Doha muri Qatar 

1 Min Read
Politike

U Rwanda rufite ikizere cy’uko amasezerano rwasinyanye na DRC azatanga umusaruro

3 Min Read
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
BINGWA NEWS

Bingwa News 2024

BINGWA NEWS
BINGWA NEWS
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?