BINGWA NEWS
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Politike
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Mu Rwanda
  • Inkuru Nyamukuru
  • Ubutabera
Tuesday, Feb 10, 2026
BINGWA NEWSBINGWA NEWS
Font ResizerAa
Search
Follow US
BINGWA NEWS > Blog > Politike > Nyanza: Hari Umudugudu utakigira umuriro n’amazi kubera abajura

Nyanza: Hari Umudugudu utakigira umuriro n’amazi kubera abajura

admin
Last updated: August 16, 2022 7:45 pm
admin
Share
SHARE

Mu mudugudu wa Kidaturwa mu kagari ka Rwesero mu murenge wa Busasamana mu karere ka Nyanza hari abaturage batakigira amazi n’umuriro kubera abajura.

Abaturage bo muri uyu mudugudu bavuga ko barembejwe n’abajura

Abaturage batagicana umuriro w’amashyarazi icyarimwe ntibanagire amazi mu ngo zabo kandi barabihoranye bavuga ko babitewe n’abajura.

Uwitwa Niyongira Emmanuel yabwiye UMUSEKE ko bamaze ukwezi n’igice badafite amazi nta n’umuriro w’amashyarazi bagira.

Ati“Abagizi ba nabi badutwariye insinga gusa mbere hari abaje banangiza umuyoboro w’amazi ubwo abayakoreshaga bose ntibongera kuyabona.”

Uwitwa Mukamana Clothilde avuga ko ubujura muri kariya gace bweze ashingiye ko no mu nzu bahinjira bakiba.

Ati“Binjiye mu nzu bantwara igare none ubu banatwaye urusinga rw’umuriro w’amashanyarazi ubujura hano bureze.”

Batandatu muri bo nibo UMUSEKE wamenye ko bibwe insinga umunsi umwe zajyanaga umuriro w’amashanyarazi mu ngo zabo.

REG ishami rya Nyanza ryabwiye aba baturage ko aribo bazigurira izo nsinga kugirango bongera gucana mu nzu.

Aba baturage bemeza ko abibye izo nsinga ari abahanga mu bijyanye n’umuriro w’amashanyarazi.

Bariya baturage bavuga ko intandaro y’ubu bujura ari irondo bishyura amafaranga magana atanu y’u Rwanda kuri buri rugo ya buri kwezi rigizwe n’abantu babiri gusa bakabona ko abantu babiri badahagije mu mudugudu wose.

Umunyamabanga nshingwabikorwa w’umurenge wa Busasamana Egide Bizimana yabwiye UMUSEKE ko uwo muyoboro w’amazi waciwe inshuro eshatu mu bihe bitandukanye WASAC igenda iwusana ariko ubu abo baturage baciwe amafaranga ibihumbi ijana na mirongo inani na bitandatu kugirango usanwe, ntaraboneka.

Ati“Niba ari abantu babiri gusa barara irondo turaza kureba uko twabongera kuburyo n’abaturage badahembwa bashobora kwiyongeramo.”

UMUSEKE wamenye amakuru ko mu bihe bitandukanye abantu bari muri aka gace bakekwaho ubujura bagenda bafatwa bakajyanwa mu bigo bya “transit center” ikindi kandi utubari two muri aka gace twategetswe kuba saa yine z’ijoro tutagikora(twafunze).

Bamwe mu bacuruzi bavuga ko bibateza igihombo kandi ikibazo cy’ubujura ntikinakemuke.

Théogène NSHIMIYIMANA / UMUSEKE.RW i Nyanza

Share This Article
Facebook Twitter Copy Link Print
Leave a comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Agezweho

Uganda: Bane bafunzwe bazira kwiyitirira umukobwa wa Museveni

Polisi ya Uganda yatangaje ko yataye muri yombi abantu bane bakekwaho kwiyitirira…

Byemejwe ko ingabo za Afurika y’Epfo zose zari muri Congo muri MONUSCO zigiye gutaha

Ubuyobozi bw’Ingabo ziri mu Butumwa bw’Umuryango w’Abibumbye mu Burasirazuba bwa Repubulika Iharanira…

Umwe mu bayobozi bakuru ba MONUSCO yageze i Kishasa

Umunyamabanga mukuru wungirije wa ONU ushinzwe ibikorwa by’ingabo zo kubungabunga amahoro muri…

U Bufaransa; Urubanza rw’impanga zikekwaho ubwicanyi rwabaye ingorabahizi

Impanga zisa ndetse zihuje n'ibimenyetso ndangasano (DNA) zirakekwaho ubwicanyi bwakorewe abantu babiri…

AFC/M23 yashinje Komisiyo ya AU gushyigikira abagizi ba nabi

Ihuriro AFC/M23 ryashinje Komisiyo y’Umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe gushyigikira ubugizi bwa…

- Kwamamaza -
Ad imageAd image

You Might Also Like

Politike

Leta ya DRC yemeje ko igiye gutanga umukandida muri OIF 

2 Min Read
Politike

Uwera Jean Maurice yashimiye Perezida Kagame ku cyizere yamugiriye

2 Min Read
Politike

Uganda: Umudepite wa NUP ya Bobi Wine yatawe muri yombi

2 Min Read
Politike

Perezida Mamadi Doumbouya yarahiye mu muhango witabiriwe na Perezida Kagame

4 Min Read
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
BINGWA NEWS

Bingwa News 2024

BINGWA NEWS
BINGWA NEWS
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?