BINGWA NEWS
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Politike
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Mu Rwanda
  • Inkuru Nyamukuru
  • Ubutabera
Wednesday, Jul 30, 2025
BINGWA NEWSBINGWA NEWS
Font ResizerAa
Search
Follow US
BINGWA NEWS > Blog > Imikino > Nyanza: Abatoza bahuguriwe gutoza kinyamwuga bafite ikibazo cy’ibibuga

Nyanza: Abatoza bahuguriwe gutoza kinyamwuga bafite ikibazo cy’ibibuga

admin
Last updated: August 30, 2022 12:29 pm
admin
Share
SHARE

Abatoza bahuguriwe gutoza umupira w’amaguru kinyamwuga bafite ikibazo cy’ibibuga bifatwa nabi aho batoreza abana mu cyaro, bakavuga ko abantu babyangiza uko bishakiye.

Abahuguriwe gutoza bavuze ko bafite impungenge z’ibibuga byangizwa nkana

Abatoza 22 baturutse mu Mirenge icumi igize Akarere ka Nyanza bahuguriwe gutoza umupira w’amaguru by’umwuga aho bagomba kugira “licence D”.

Ubwo hasozwaga aya mahugurwa bagaragaje ikibazo cy’ibibuga batorezaho abana byangizwa n’abantu.

Ibyo bibuga bimwe by’ubatswemo amashuri, ibindi abaturage hari aho babihingamo cyangwa ibyatsi bikameramo ari byinshi ndetse no kunyuzamo ibinyabiziga.

Uwitwa François Xavier avuga ko kwangizwa kw’ibibuga by’umupira w’amaguru bibaho rimwe na rimwe ugasanga icyo kibuga kititabwaho.

Mu gice cy’icyaro ngo niho hari ibibuga byangizwa ku buryo bworoshye.

Umunyamabanga nshingwabikorwa w’akarere ka Nyanza avuga ko bagiye kuvugana n’abayobozi b’imirenge icyo kibazo kigakemuka

Byiringiro Emmanuel na we ni umutoza ati “Akenshi ikibuga gishobora kwangizwa n’umuturage agahingamo cyangwa se bakanyuzamo ibinyabiziga, ukabona wowe ntaho wahera ubuza uwo mushoferi, ubuyobozi bwadufasha.”

Umunyamabanga nshingwabikorwa w’akarere ka Nyanza, Niyonshimye Olivier yabwiye UMUSEKE ko icyo kibazo bakigejejweho bityo bakaba bagiye kuvugana n’ubuyobozi bwa buri Murenge kikaba cyakemuka.

Ati “Birasaba ko tuvugana n’ubuyobozi bwa buri Murenge niba ikibuga gikenewe gukorwa hajye hifashishwa umuganda kandi ibinyabiziga binyura mu kibuga bibe byakumirwa.”

Nyanza FC ifatanyije n’akarere ka Nyanza na FERWAFA nibo bagize uruhare bategura amahugurwa y’abatoza n’abasifuzi 27 mu rwego rwo kuzamura impano z’abana bakina umupira w’amaguru mu mirenge yose y’akarere.

Abayobozi barikumwe n’abahuguwe bafashe ifoto y’urwibutso

Théogène NSHIMIYIMANA
UMUSEKE.RW  i Nyanza

Share This Article
Facebook Twitter Copy Link Print
Leave a comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Agezweho

Polisi yafunze abantu 9 bakekwaho guhungabanya ituze ry’abaturage

Kuri uyu wa Gatatu, mu Karere ka Huye mu mirenge ya Gishanvu…

Santarafurika: Ingabo z’u Rwanda ziri mu butumwa bwo kugarura amahoro zashimiwe ubwitange bwabo

Perezida wa Repubulika ya Santarafurika akaba n’Umugaba w’Ikirenga w’Ingabo z’icyo gihugu, Prof.…

Abajenerali 9 bashyizwe mu kiruhuko cy’izabukuru

Perezida wa Repubulika Paul Kagame akaba n’Umugaba w’Ikirenga w’Ingabo z’u Rwanda, (RDF)…

AFC/ M23 yakomeje ibirindiro byayo muri Teritwari ya Walikare

Ihuriro AFC/ M23 ritavuga rumwe n’ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi riravugwaho kongereye…

Umuraperi Lecrae agiye gutaramira i Kigali

Umuraperi Lecrae uri mu bafite izina rikomeye mu muziki wo kuramya no…

- Kwamamaza -
Ad imageAd image

You Might Also Like

Imikino

Minisiteri ya Siporo yateye utwatsi ibinyoma by’uko yahagaritse amatora ya FERWAFA

2 Min Read
Imikino

AS Kigali yungutse umutoza mushya

1 Min Read
Imikino

Yanga SC yitegura Rayon Sports yabonye umutoza mushya

2 Min Read
Imikino

Perezida wa AS Kigali agiye kwiyamamariza kuyobora FERWAFA

1 Min Read
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
BINGWA NEWS

Bingwa News 2024

BINGWA NEWS
BINGWA NEWS
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?