BINGWA NEWS
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Politike
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Mu Rwanda
  • Inkuru Nyamukuru
  • Ubutabera
Tuesday, Mar 10, 2026
BINGWA NEWSBINGWA NEWS
Font ResizerAa
Search
Follow US
BINGWA NEWS > Blog > Imikino > Nyanza: Abatoza bahuguriwe gutoza kinyamwuga bafite ikibazo cy’ibibuga

Nyanza: Abatoza bahuguriwe gutoza kinyamwuga bafite ikibazo cy’ibibuga

admin
Last updated: August 30, 2022 12:29 pm
admin
Share
SHARE

Abatoza bahuguriwe gutoza umupira w’amaguru kinyamwuga bafite ikibazo cy’ibibuga bifatwa nabi aho batoreza abana mu cyaro, bakavuga ko abantu babyangiza uko bishakiye.

Abahuguriwe gutoza bavuze ko bafite impungenge z’ibibuga byangizwa nkana

Abatoza 22 baturutse mu Mirenge icumi igize Akarere ka Nyanza bahuguriwe gutoza umupira w’amaguru by’umwuga aho bagomba kugira “licence D”.

Ubwo hasozwaga aya mahugurwa bagaragaje ikibazo cy’ibibuga batorezaho abana byangizwa n’abantu.

Ibyo bibuga bimwe by’ubatswemo amashuri, ibindi abaturage hari aho babihingamo cyangwa ibyatsi bikameramo ari byinshi ndetse no kunyuzamo ibinyabiziga.

Uwitwa François Xavier avuga ko kwangizwa kw’ibibuga by’umupira w’amaguru bibaho rimwe na rimwe ugasanga icyo kibuga kititabwaho.

Mu gice cy’icyaro ngo niho hari ibibuga byangizwa ku buryo bworoshye.

Umunyamabanga nshingwabikorwa w’akarere ka Nyanza avuga ko bagiye kuvugana n’abayobozi b’imirenge icyo kibazo kigakemuka

Byiringiro Emmanuel na we ni umutoza ati “Akenshi ikibuga gishobora kwangizwa n’umuturage agahingamo cyangwa se bakanyuzamo ibinyabiziga, ukabona wowe ntaho wahera ubuza uwo mushoferi, ubuyobozi bwadufasha.”

Umunyamabanga nshingwabikorwa w’akarere ka Nyanza, Niyonshimye Olivier yabwiye UMUSEKE ko icyo kibazo bakigejejweho bityo bakaba bagiye kuvugana n’ubuyobozi bwa buri Murenge kikaba cyakemuka.

Ati “Birasaba ko tuvugana n’ubuyobozi bwa buri Murenge niba ikibuga gikenewe gukorwa hajye hifashishwa umuganda kandi ibinyabiziga binyura mu kibuga bibe byakumirwa.”

Nyanza FC ifatanyije n’akarere ka Nyanza na FERWAFA nibo bagize uruhare bategura amahugurwa y’abatoza n’abasifuzi 27 mu rwego rwo kuzamura impano z’abana bakina umupira w’amaguru mu mirenge yose y’akarere.

Abayobozi barikumwe n’abahuguwe bafashe ifoto y’urwibutso

Théogène NSHIMIYIMANA
UMUSEKE.RW  i Nyanza

Share This Article
Facebook Twitter Copy Link Print
Leave a comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Agezweho

Iran yabonye Umuyobozi w’Ikirenga mushya nyuma y’icyumweru America na Israel bishe uwari umazeho igihe

Iran yatangaje Umuyobozi w’Ikirenga wayo mushya, ari we Mojtaba Khamenei, akaba umuhungu…

Meteo Rwanda yateguje imvura ishobora guteza ibiza muri Werurwe

Ikigo cy’Igihugu cy’Iteganyagihe, Meteo Rwanda, cyatangaje ko muri Werurwe 2026 hateganyijwe imvura…

Impunzi z’Abarundi zigera ku 100,000 ziri kwirukanwa mu gihugu cya Tanzania

Imbunzi z'Abarundi zari zimaze igihe mu gihugu cya Tanzania zigiye gusubizwa mu…

Trump yateguje ibitero bikaze kuri Iran

Perezida wa Amerika Donald Trump yatangaje ko Iran ishobora kugabwaho ibitero bikomeye…

Mu saha 100 intambara yo muri Iran yatwaye miliyali $3.7

Ni ukuvuga ko buri munsi nibura hakoreshwa miliyoni $891. Ni intambara iri…

- Kwamamaza -
Ad imageAd image

You Might Also Like

Politike

Perezida Kagame yakiriye anaganira n’abo mu Kigo cy’Ubwiteganyirize cya Kazakhstan

2 Min Read
Politike

Ingabo z’u Rwanda ziri mu Sudani y’Epfo zambitswe imidali y’ishimwe

2 Min Read
Imikino

FERWAFA yanenzwe bikomeye kubera abasifuzi batagira ibikoresho bigezweho 

2 Min Read
Imikino

Tour du Rwanda2026: Umunya-Brazil ukiri muto yegukanye agace ka karindwi

3 Min Read
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
BINGWA NEWS

Bingwa News 2024

BINGWA NEWS
BINGWA NEWS
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?