BINGWA NEWS
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Politike
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Mu Rwanda
  • Inkuru Nyamukuru
  • Ubutabera
Monday, Dec 8, 2025
BINGWA NEWSBINGWA NEWS
Font ResizerAa
Search
Follow US
BINGWA NEWS > Blog > Imikino > Nyanza: Abatoza bahuguriwe gutoza kinyamwuga bafite ikibazo cy’ibibuga

Nyanza: Abatoza bahuguriwe gutoza kinyamwuga bafite ikibazo cy’ibibuga

admin
Last updated: August 30, 2022 12:29 pm
admin
Share
SHARE

Abatoza bahuguriwe gutoza umupira w’amaguru kinyamwuga bafite ikibazo cy’ibibuga bifatwa nabi aho batoreza abana mu cyaro, bakavuga ko abantu babyangiza uko bishakiye.

Abahuguriwe gutoza bavuze ko bafite impungenge z’ibibuga byangizwa nkana

Abatoza 22 baturutse mu Mirenge icumi igize Akarere ka Nyanza bahuguriwe gutoza umupira w’amaguru by’umwuga aho bagomba kugira “licence D”.

Ubwo hasozwaga aya mahugurwa bagaragaje ikibazo cy’ibibuga batorezaho abana byangizwa n’abantu.

Ibyo bibuga bimwe by’ubatswemo amashuri, ibindi abaturage hari aho babihingamo cyangwa ibyatsi bikameramo ari byinshi ndetse no kunyuzamo ibinyabiziga.

Uwitwa François Xavier avuga ko kwangizwa kw’ibibuga by’umupira w’amaguru bibaho rimwe na rimwe ugasanga icyo kibuga kititabwaho.

Mu gice cy’icyaro ngo niho hari ibibuga byangizwa ku buryo bworoshye.

Umunyamabanga nshingwabikorwa w’akarere ka Nyanza avuga ko bagiye kuvugana n’abayobozi b’imirenge icyo kibazo kigakemuka

Byiringiro Emmanuel na we ni umutoza ati “Akenshi ikibuga gishobora kwangizwa n’umuturage agahingamo cyangwa se bakanyuzamo ibinyabiziga, ukabona wowe ntaho wahera ubuza uwo mushoferi, ubuyobozi bwadufasha.”

Umunyamabanga nshingwabikorwa w’akarere ka Nyanza, Niyonshimye Olivier yabwiye UMUSEKE ko icyo kibazo bakigejejweho bityo bakaba bagiye kuvugana n’ubuyobozi bwa buri Murenge kikaba cyakemuka.

Ati “Birasaba ko tuvugana n’ubuyobozi bwa buri Murenge niba ikibuga gikenewe gukorwa hajye hifashishwa umuganda kandi ibinyabiziga binyura mu kibuga bibe byakumirwa.”

Nyanza FC ifatanyije n’akarere ka Nyanza na FERWAFA nibo bagize uruhare bategura amahugurwa y’abatoza n’abasifuzi 27 mu rwego rwo kuzamura impano z’abana bakina umupira w’amaguru mu mirenge yose y’akarere.

Abayobozi barikumwe n’abahuguwe bafashe ifoto y’urwibutso

Théogène NSHIMIYIMANA
UMUSEKE.RW  i Nyanza

Share This Article
Facebook Twitter Copy Link Print
Leave a comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Agezweho

Musanze: Polisi yamennye litiro zisaga 1700 z’ibinyobwa bitujuje ubuziranenge

Mu bikorwa byo kurwanya ikora, ikwirikwiza n'ikoreshwa by'ibinyobwa bitemewe, Polisi ikorera mu…

Hongeye kwaduka imirwano hagati ya Thailand na Cambodia

Ingabo za Thailand zatangaje ko zatangiye kugaba ibitero byo mu kirere ku…

Putin na Netanyahu bashobora kuburanishwa na ICC badahari

Umushinjacyaha Mukuru wungirije w’Urukiko Mpuzamahanga Mpanabyaha, ICC, yatangaje ko bishoboka ko Minisitiri…

Perezida Kagame yitabiriye tombora y’Amatsinda y’Igikombe cy’Isi cya 2026

Perezida wa Repubulika y’u Rwanda Paul Kagame yifatanyije n’abayobozi bakomeye muri ruhago…

Kivu y’Amajyepfo: Imirwano ihanganishije AFC/M23 n’ingabo za RDC yakomeye

Ihuriro ry’ingabo za Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo na AFC/M23 byazindukiye mu…

- Kwamamaza -
Ad imageAd image

You Might Also Like

Politike

Dore abayobozi bashyizwe mu myanya mu nzego Nkuru z’u Rwanda 

1 Min Read
Politike

Tshisekedi yemeye guhurira na Perezida Kagame i Washington DC mu cyumweru gitaha

3 Min Read
Imikino

Rutahizamu Bukayo Saka yambitse impeta umukunzi we bamaranye igihe kinini mu munyenga w’urukundo 

2 Min Read
Politike

Qatar yagennye Ambasaderi mushya mu Rwanda usimbura uwitabye imana 

1 Min Read
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
BINGWA NEWS

Bingwa News 2024

BINGWA NEWS
BINGWA NEWS
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?