BINGWA NEWS
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Politike
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Mu Rwanda
  • Inkuru Nyamukuru
  • Ubutabera
Thursday, Mar 12, 2026
BINGWA NEWSBINGWA NEWS
Font ResizerAa
Search
Follow US
BINGWA NEWS > Blog > Politike > Nyagatare: Inka zibwe muri Tanzania zigiye gusubizwa bene zo

Nyagatare: Inka zibwe muri Tanzania zigiye gusubizwa bene zo

admin
Last updated: December 23, 2022 2:02 pm
admin
Share
SHARE

Ubuyobozi ku ruhande rw’u Rwanda bugiye gushyikiriza igihugu cya Tanzania inka 11 zari zibweyo, zikaza gufatirwa ku butaka bw’u Rwanda mu murenge wa Rwimiyaga, akarere ka Nyagatare.

Inka zibwe muri Tanzania zigiye gusubizwa bene zo

Izi nka zibwe muri Tanzania ku wa 3 Ukuboza 2022, ziza gufatirwa mu Murenge wa Rwimiyaga bukeye bwaho ku makuru yari atanzwe n’abaturage, aho habanje gukeka ko ari uwari utuye muri iki gihugu wambukanye inka ze.

Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Rwimiyaga izi nka zafatiwemo, Anthony Bagabo yabwiye UMUSEKE ko izi nka 11 zibwe n’Abanyarwanda bakoranye n’umuntu wabaga muri Tanzania.

Yagize ati “Izi nka 11 zibwe Tanzania ku itariki 3 tuzifata kuri 4 Ukuboza, 2022 mu murenge wa Rwimiyaga zimaze kwambuka Akagera katugabanya n’abaturanyi, twazifashe tuzi ko ari inka abantu batuye hakurya bashobora kuba bambukije, ariko nyuma dukurikiranye tuza gusanga zari zibwe.”

Yakomeje agira ati “Hari umuntu wabaga muri Tanzania ari na we wari wibye izo nka, hanyuma akorana n’Abanyarwanda bajyayo bazirongora bazizana.”

Abantu batatu bari mu maboko y’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha, RIB bakurikiranyweho ubujura bw’izi nka.

Anthony Bagabo akaba yasabye abaturage gukomeza kubana neza n’abaturanyi, kandi bakazirikana ko ari icyasha kuba umuntu yakambuka akajya kwiba mu baturanyi, ibintu bakwiye gucikaho.

Ati “Icyo dusaba abaturage ni uko dukomeza kugira imibanire myiza n’abaturanyi, ni ibintu bibi kuba umuntu yava mu gihugu kimwe akajya kwiba mu kindi, cyane cyane igihugu nk’iki cy’inshuti tubanye neza.”

Yavuze ko bakwiye kwirinda ibi bikorwa nubwo kenshi usanga harabayemo ubufatanye n’abantu batuye hakurya muri Tanzania.

Ati “Icyo tutakwifuza ni uko hari icyaha cyakorwa, umuntu yiba mu gihugu kimwe azana mu kindi.”

Igikorwa cyo gushyikiriza izi inka ubuyobozi bwa Tanzania giteganyijwe kuri uyu wa Gatanu, tariki 23 Ukuboza 2022, aho izinka zigomba kuba zagejejwe ku mupaka wa Rusumo ku saha ya saa cyenda z’amanywa.

Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Rwimiyaga, Anthony Bagabo akaba ashyikiriza izi nka ubuyobozi bwa Tanzania, ari kumwe n’inzego z’umutekano z’u Rwanda, ingabo, polisi na DASSO n’ubuyobozi bwo ku mupaka.

NKURUNZIZA Jean Baptiste/UMUSEKE.RW

Share This Article
Facebook Twitter Copy Link Print
1 Comment
  • irihose peter says:
    December 24, 2022 at 11:18 am

    nibyiza cyn

    Reply

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Agezweho

Macron yavuze ku gitero cya drone cyahitanye Ubufaransakazi i Goma

Perezida Emmanuel Macron w’u Bufaransa, yagaragaje umubabaro nyuma y’urupfu rwa Karine Buisset,…

Gen Bunyoni wari warakatiwe igihano cya burundu yarekuwe

General Alain-Guillaume Bunyoni wabaye Minisitiri w’Intebe w’u Burundi kuva muri Kamena 2020…

UNICEF yatangaje akababaro irimo kubera umukozi wayo wiciye i Goma

Ishami rya ONU ryita ku bana ryatangaje ko “ribabajwe kandi rishenguwe n’urupfu…

Perezida Kagame yaganiriye na Macron

Perezida Paul Kagame ku mugoroba wo kuri uyu wa Kabiri yagiranye ibiganiro…

Herekanywe abasore bakekwaho ibyaha by’ubugome.

Kuri uyu wa Kabiri, tariki ya 10 Werurwe 2026, Urwego rw'Ubugenzacyaha (RIB)…

- Kwamamaza -
Ad imageAd image

You Might Also Like

Politike

Perezida Kagame yakiriye anaganira n’abo mu Kigo cy’Ubwiteganyirize cya Kazakhstan

2 Min Read
Politike

Ingabo z’u Rwanda ziri mu Sudani y’Epfo zambitswe imidali y’ishimwe

2 Min Read
Politike

AFC/M23 igiye kurekura abasirikare 230 ba RDC

2 Min Read
Politike

Leta ya DRC yemeje ko igiye gutanga umukandida muri OIF 

2 Min Read
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
BINGWA NEWS

Bingwa News 2024

BINGWA NEWS
BINGWA NEWS
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?