BINGWA NEWS
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Politike
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Mu Rwanda
  • Inkuru Nyamukuru
  • Ubutabera
Tuesday, Mar 17, 2026
BINGWA NEWSBINGWA NEWS
Font ResizerAa
Search
Follow US
BINGWA NEWS > Blog > Mu mahanga > Nta we uzambuza gukoresha Twitter – Gen Muhoozi

Nta we uzambuza gukoresha Twitter – Gen Muhoozi

admin
Last updated: October 19, 2022 12:11 pm
admin
Share
SHARE

Nyuma y’iminsi mike ishize atandika kuri Twitter, umuhungu wa Perezida Yoweri Museveni wari umaze iminsi mu Rwanda, yagarukanye imbaraga nyinshi kuri Twitter.

Gen Muhoozi Kainerugaba avuga ko nta we uzamubuza gukoresha Twitter

Mu butumwa yatangaje yikoma abanyamakuru basabye Perezida Yoweri Museveni kuba yamuhagarika gukoresha Twitter, Gen Muhoozi yavuze ko bidashoboka.

Kuri Twitter n’ubundi, Gen Muhoozi Kainerugaba yagize ati “Numvise umunyamakuru wo muri Kenya asaba umubyeyi wange kumpagarika gukoresha Twitter? Ibi byaba ari uburyo bwo gusetsa?? Ndi mukuru, kandi NTA N’UMWE uzambuza gukora icyo ari cyo cyose.”

Ubwo yari mu Rwanda kuva mu mpera z’icyumweru gishize, Gen Muhoozi yamaze iminsi ine adakoresha Twitter. Aho agereye mu gihugu cye, ubwo twandikaga iyi nkuru amaze kwandika Tweets 11.

Muri zo hari aho yashimye uruzinduko yagiriye mu Rwanda uko rwagenze. Yanagaragaje ko Perezida Paul Kagame ari umuntu mwiza, kuba yaragabiye inka abo bari kumwe ndetse akanagabira Umuvugizi w’ingabo z’u Rwanda.

Perezida wa Uganda, Yoweri Museveni, aherutse gutangaza ko yaganiriye n’umuhungu we akamubuza kuzongera gukoresha Twitter avuga kuri politiki za Leta.

Museveni yabujije umuhungu we gukoresha twitter avuga kuri Leta

Saga ya Twitter muri Uganda, yakuruwe n’ubutumwa Gen Muhoozi yanditse avuga ko ingabo ze zafata Nairobi mu gihe cy’ibyumweru bibiri, byaje kurakaza Abanya-Kenya, ndetse Uganda na Perezida Yoweri Museveni ubwe basaba imbabazi.

Gen Muhoozi Kainerugaba na we ubwe yanditse ubundi butumwa asaba byeruye imbabazi Perezida William Ruto.

Ubutumwa bwo kuri uyu wa Gatatu, Gen Muhoozi yanditse asaba urubyiruko rwo mu karere ka Africa y’Iburasirazuba rumushyigikiye, kubigaragaza basangiza ubwo butumwa abandi, cyangwa bagaragaza ko babwishimiye.

Gen Muhoozi aherutse guhabwa ipeti rya General

UMUSEKE.RW

Share This Article
Facebook Twitter Copy Link Print
Leave a comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Agezweho

Perezida Trump yasabye ubufasha Ibihugu by’inshuti bimwe bibutera utwatsi

Perezida Donald Trump yasabye ubufasha Ibihugu by’inshuti za Leta Zunze Ubumwe za…

Abasirikare b’u Rwanda bari bagiye gutanga ubutabazi muri Jamaica bagarukanye ishema

Abasirikare mu Ngabo z’u Rwanda bari berecyeje muri Jamaica mu butumwa bw’ubutabazi…

Madagascar yashyizeho Minisitiri w’Intebe nyuma yo gusesa Guverinoma

Perezida wa Madagascar, Col. Michael Randrianirina yatangaje ko Mamitiana Rajaonarison ari we…

Kenya yemeje ko u Burusiya butazongera kujyana abenegihugu bayo mu ntambara yo muri Ukraine

Minisitiri w’Intebe wa Kenya akaba na Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga, Musalia Mudavadi, yatangaje…

Igisasu cya Koreya ya Ruguru cyakangaranyije Koreya y’Epfo n’u Buyapani

Koreya ya Ruguru yarashe igisasu cyakangaranyije u Buyapani na Koreya y’Epfo. Hari…

- Kwamamaza -
Ad imageAd image

You Might Also Like

Mu mahanga

Macron yavuze ku gitero cya drone cyahitanye Ubufaransakazi i Goma

1 Min Read
Mu mahanga

Gen Bunyoni wari warakatiwe igihano cya burundu yarekuwe

1 Min Read
Mu mahanga

UNICEF yatangaje akababaro irimo kubera umukozi wayo wiciye i Goma

1 Min Read
Politike

Perezida Kagame yaganiriye na Macron

1 Min Read
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
BINGWA NEWS

Bingwa News 2024

BINGWA NEWS
BINGWA NEWS
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?