BINGWA NEWS
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Politike
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Mu Rwanda
  • Inkuru Nyamukuru
  • Ubutabera
Saturday, Dec 13, 2025
BINGWA NEWSBINGWA NEWS
Font ResizerAa
Search
Follow US
BINGWA NEWS > Blog > Mu mahanga > Nta we uzambuza gukoresha Twitter – Gen Muhoozi

Nta we uzambuza gukoresha Twitter – Gen Muhoozi

admin
Last updated: October 19, 2022 12:11 pm
admin
Share
SHARE

Nyuma y’iminsi mike ishize atandika kuri Twitter, umuhungu wa Perezida Yoweri Museveni wari umaze iminsi mu Rwanda, yagarukanye imbaraga nyinshi kuri Twitter.

Gen Muhoozi Kainerugaba avuga ko nta we uzamubuza gukoresha Twitter

Mu butumwa yatangaje yikoma abanyamakuru basabye Perezida Yoweri Museveni kuba yamuhagarika gukoresha Twitter, Gen Muhoozi yavuze ko bidashoboka.

Kuri Twitter n’ubundi, Gen Muhoozi Kainerugaba yagize ati “Numvise umunyamakuru wo muri Kenya asaba umubyeyi wange kumpagarika gukoresha Twitter? Ibi byaba ari uburyo bwo gusetsa?? Ndi mukuru, kandi NTA N’UMWE uzambuza gukora icyo ari cyo cyose.”

Ubwo yari mu Rwanda kuva mu mpera z’icyumweru gishize, Gen Muhoozi yamaze iminsi ine adakoresha Twitter. Aho agereye mu gihugu cye, ubwo twandikaga iyi nkuru amaze kwandika Tweets 11.

Muri zo hari aho yashimye uruzinduko yagiriye mu Rwanda uko rwagenze. Yanagaragaje ko Perezida Paul Kagame ari umuntu mwiza, kuba yaragabiye inka abo bari kumwe ndetse akanagabira Umuvugizi w’ingabo z’u Rwanda.

Perezida wa Uganda, Yoweri Museveni, aherutse gutangaza ko yaganiriye n’umuhungu we akamubuza kuzongera gukoresha Twitter avuga kuri politiki za Leta.

Museveni yabujije umuhungu we gukoresha twitter avuga kuri Leta

Saga ya Twitter muri Uganda, yakuruwe n’ubutumwa Gen Muhoozi yanditse avuga ko ingabo ze zafata Nairobi mu gihe cy’ibyumweru bibiri, byaje kurakaza Abanya-Kenya, ndetse Uganda na Perezida Yoweri Museveni ubwe basaba imbabazi.

Gen Muhoozi Kainerugaba na we ubwe yanditse ubundi butumwa asaba byeruye imbabazi Perezida William Ruto.

Ubutumwa bwo kuri uyu wa Gatatu, Gen Muhoozi yanditse asaba urubyiruko rwo mu karere ka Africa y’Iburasirazuba rumushyigikiye, kubigaragaza basangiza ubwo butumwa abandi, cyangwa bagaragaza ko babwishimiye.

Gen Muhoozi aherutse guhabwa ipeti rya General

UMUSEKE.RW

Share This Article
Facebook Twitter Copy Link Print
Leave a comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Agezweho

U Rwanda rwateye utwatsi ibirego by’u Burundi birushinja ibitero ku butaka bwabwo

Ambasaderi w’u Rwanda i New York mu muryango w’Abibumbye, Martin Ngoga, yahakanye…

Gakenke: Yafatanywe ibiro 17 by’urumogi na litiro 14 za kanyanga mu nzu

Ishami rya Polisi rishinzwe kurwanya ibiyobyabwenge (ANU) ku bufatanye na Polisi ikorera…

Rayon Sports ishobora kubona umutoza mushya mu minsi mike

Umutoza w'umufaransa w'imyaka 58, Bruno Ferry uhabwa amahirwe yo gutoza Rayon Sports…

Gen (Rtd) Kabarebe yahererekanyije ububasha na Dr. Usta Kayitesi

Gen (Rtd) James Kabarebe wari Umunyabanga wa Leta muri Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga…

Finlande: Abana bari munsi y’imyaka 15 batwitse ’stade’ kubera gutsindwa kw’ikipe bafana

Ishami rya Polisi ya Finlande rikorera mu gace ka Valkeakoski, ryemeje ko…

- Kwamamaza -
Ad imageAd image

You Might Also Like

Mu mahanga

Ubutegetsi bwa Perezida Suluhu bwahakanye gufunga Dr. Mpango wari Visi Perezida

2 Min Read
Politike

Urunturuntu no gucikamo ibice kw’ ishyaka CNDD-FDD riri ku butegetsi mu Burundi 

3 Min Read
Mu mahanga

Twirwaneho yasobanuye icyayiteye guhanura kajugujugu y’abacanshuro

3 Min Read
Mu mahanga

Putin na Netanyahu bashobora kuburanishwa na ICC badahari

1 Min Read
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
BINGWA NEWS

Bingwa News 2024

BINGWA NEWS
BINGWA NEWS
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?