BINGWA NEWS
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Politike
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Mu Rwanda
  • Inkuru Nyamukuru
  • Ubutabera
Wednesday, Jul 30, 2025
BINGWA NEWSBINGWA NEWS
Font ResizerAa
Search
Follow US
BINGWA NEWS > Blog > Inkuru zindi > Nsabye imbabazi aho nagize intege nke mu kazi kange – Gatabazi

Nsabye imbabazi aho nagize intege nke mu kazi kange – Gatabazi

admin
Last updated: November 10, 2022 3:09 pm
admin
Share
SHARE

Kuri uyu wa Kane tariki ya 10 Ugushyingo 2022,nibwo Perezida wa Repubulika y’uRwanda,Paul Kagame,yakuye Gatabazi Jean Marie Vianney, ku mwanya wa Minisitiri w’Ubutegetsi bw’Igihugu, amusimbuza  Eng.Jean Claude Musabyimana wari umunyamabanga uhoraho muri Minisiteri y’Ubuhinzi n’Ubworozi.

Gatabazi nta kiri muri MINALOC

Nyuma yo gukurwa kuri uwo mwanya, yanditse kuri twitter ashimira umukuru w’Igihugu wari waramugiriye ikizere maze asaba imbabazi aho yagize intege nke.

Yagize ati”Ndagushimira nyakubahwa Paul Kagame ku bw’icyizere nari naragiriwe cyo kuba Minisitiri w’Ubutegetsi bw’Igihugu.Igihe cyange muri Minisiteri byari umunezero gukorera igihugu cyacu ndetse n’umwanya wo kwiga no kugira ubunararibonye.”

Yakomeje agira ati”Ndacyari umwizerwa kuri wowe ndetse n’umuryango wa FPR kandi iteka niteguye gukorera igihugu.Ndasaba imbabazi aho nagize intege nke mu nshingano zange kandi niteguye kwiga no  kuzamura urwego.Ndashaka gushimira abaturage bose ,abayobozi ndetse n’abandi bafatanyabikorwa ku nkunga yanyu n’ubufatanye.”

Mu itangazo ryavuye mu biro bya Minisitiri w’Intebe ntabwo hatangajwe impamvu zo kuvana Gatabazi muri uyu mwanya.

Minisitiri Mushya muri iyi Minisiteri,Eng Musabyimana Jean Claude  nawe yashimiye Perezida Kagame ku bw’ikizere yamugiriye.

Gatabazi yavanywe kuri Minisitiri w’Ubutegetsi bw’Igihugu n’Imibereho myiza, mbere gato yari asanzwe ari Guverineri w’Intara y’Amajyaruguru, umwanya yagiyeho muri Kanama 2017, akaba mbere yaho yari Umudepite mu gihe cy’imyaka 14.

Gatabazi  icyo gihe yari yasimbuye Prof Shyaka Anastase wari Minisitiri w’Ubutegetsi bw’Igihugu kuva muri Kanama 2018.

Gatabazi ntakiri Minisitiri w’Ubutegetsi bw’Igihugu

TUYISHIMIRE RAYMOND/UMUSEKE.RW

Share This Article
Facebook Twitter Copy Link Print
3 Comments
  • Indushyi says:
    November 10, 2022 at 4:50 pm

    Hagiye gukurikiraho na tour du Rwanda muri ba mayors murabubona pe abari amashumi ye baramukurikira

    Reply
  • NI IZZYKAD KWIZERA F-X says:
    November 11, 2022 at 2:35 pm

    MBEGA ATABAZI UTEWE UWINYUMA =)

    Reply
  • Pingback: Menya ibyo Perezida Kagame yavuze arahiza Minisitiri mushya w’Ubutegetsi bw’Igihugu – Umuseke

Leave a Reply to NI IZZYKAD KWIZERA F-X Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Agezweho

Abajenerali 9 bashyizwe mu kiruhuko cy’izabukuru

Perezida wa Repubulika Paul Kagame akaba n’Umugaba w’Ikirenga w’Ingabo z’u Rwanda, (RDF)…

AFC/ M23 yakomeje ibirindiro byayo muri Teritwari ya Walikare

Ihuriro AFC/ M23 ritavuga rumwe n’ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi riravugwaho kongereye…

Umuraperi Lecrae agiye gutaramira i Kigali

Umuraperi Lecrae uri mu bafite izina rikomeye mu muziki wo kuramya no…

Bwiza yateguje igitaramo cyo kwizihiza imyaka ine amaze mu muziki

Bwiza yateguje igitaramo cyo kwizihiza imyaka ine amaze mu muziki, aho kizitabitwa…

Gasabo: Polisi yafashe abateka bakanagurisha kanyanga abaturage

Polisi ikorera mu Murenge wa Ndera n'uwa Rusororo ndetse n'uwa Gikomero yo…

- Kwamamaza -
Ad imageAd image

You Might Also Like

Politike

Uhagarariye Uganda i Kinshasa yahamagajwe gusobanura iby’ifungurwa ry’umupaka wa Bunagana

1 Min Read
Politike

Kiliziya Gatolika ya RDC ntiyizeye ko Trump azahagarika intambara muri icyo gihugu

3 Min Read
Politike

Imipaka ihuza Uganda n’ibice bya DRC bigenzurwa na AFC/M23 yafunguwe

2 Min Read
Politike

Intumwa za AFC/M23 na Leta ya RDC basubiye KU meza y’ibiganiro i Doha muri Qatar 

1 Min Read
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
BINGWA NEWS

Bingwa News 2024

BINGWA NEWS
BINGWA NEWS
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?