BINGWA NEWS
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Politike
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Mu Rwanda
  • Inkuru Nyamukuru
  • Ubutabera
Friday, May 23, 2025
BINGWA NEWSBINGWA NEWS
Font ResizerAa
Search
Follow US
BINGWA NEWS > Blog > Imikino > Niyonkuru Zephanie yagizwe Umunyamabanga Uhoraho muri Minisports

Niyonkuru Zephanie yagizwe Umunyamabanga Uhoraho muri Minisports

admin
Last updated: April 8, 2024 9:38 am
admin
Share
SHARE

Nyuma yo gukurwa ku nshingano zo mu Kigo cy’Igihugu cy’Iterambere, RDB, Niyonkuru Zephanie wabaye umusifuzi mpuzamahanga, yagizwe Umunyamabanga Uhoraho muri Minisiteri ya Siporo asimbuye Shema Maboko Didier wakuwe kuri uwo mwanya.

Niyonkuru Zephanie yagizwe Umunyamabanga Uhoraho muri Minisiteri ya Siporo

Ibi byatangarijwe mu myanzuro y’Inama y’Abaminisitiri yabaye ku wa Mbere tariki 30 Mutarama 2023, iyobowe na Perezida Paul Kagame.

Iyi Nama yabereye muri Village Urugwiro, yemeje ko muri Minisiteri ya Siporo hasimburwa abaherukaga gukurwa ku myanya bari bafite.

Uretse Niyonkuru Zephanie wagizwe Umunyamabanga Uhoraho muri Minisiteri ya Siporo, undi wahawe inshingano ni Nshimiyimana Alexis Redamptus wagizwe Umuyobozi Mukuru Ushinzwe Ibikorwaremezo n’Iterambere muri iyi Minisiteri.

Abandi bahawe inshingano, ni Rwego Ngarambe wagizwe Umuyobozi Mukuru Ushinzwe Iterambere rya Siporo, Uwayo Fabrice wagizwe umusesenguzi w’Iterambere rya Siporo [Sports Development analyst] na Nziranziza Mashami Protène ushinzwe gukurikirana Ibikorwaremezo bya Siporo muri iyi Minisiteri.

Zephanie yabaye umusifuzi mpuzamahanga wo ku ruhande, ndetse yanasifuye imikino myinshi yahuje APR FC na Rayon Sports nk’amakipe y’amakeba.

UMUSEKE.RW

Share This Article
Facebook Twitter Copy Link Print
1 Comment
  • Jukido says:
    February 3, 2023 at 9:02 am

    Byiza kabisa kandi akazi keza mwese mwahawe imyanya.
    Mungu awaongoze

    Reply

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Agezweho

U Rwanda rwakiriye icyiciro cya gatatu cy’Abanyarwanda barenga 600 bari barafashwe bugwate na FDLR

U Rwanda rwakiriye icyiciro cya 3 cy’Abanyarwanda  642 bari impunzi muri Repubulika…

Vincent Murekezi yasabye amezi atatu yo gushaka umwunganira nyuma y’uko uwo yari afite yikuye mu rubanza

Vincent Murekezi uregwa ibyaha bya Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 akekwaho kuba…

U Rwanda n’u Bufaransa baganiriye ku kibazo cy’umutekano mu karere

Leta y’u Rwanda n’iy’u Bufaransa baganiriye ku bijyanye n’ubufatanye ndetse n’ibibazo by’umutekano…

Abakozi babiri ba Ambasade ya Israel barasiwe i Washington DC

Ku mugoroba wo ku wa Gatatu, abakozi babiri bo muri Ambasade ya…

Minisitiri w’Ubuhinzi w’u Buyapani yeguye nyuma yo kuvuga ko atunzwe n’umuceri w’ubuntu

Minisitiri w’Ubuhinzi w’u Buyapani, Taku Eto, yeguye ku mirimo ye nyuma yo…

- Kwamamaza -
Ad imageAd image

You Might Also Like

Imikino

FERWAFA mu nzira yo gufata umwanzuro ku mukino wa Bugesera na Rayon hashingiwe kuri raporo ya Komiseri

2 Min Read
Imikino

Martin Ngoga yongeye gutorerwa kuyobora Akanama gashinzwe imyitwarire muri FIFA

2 Min Read
Imikino

APR FC yirukanye umutoza wayo Darko Nović n’abamwungirije

1 Min Read
Imikino

Abakinnyi ba AS Kigali banze kwitabira imyitozo kubera  kudahembwa

1 Min Read
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
BINGWA NEWS

Bingwa News 2024

BINGWA NEWS
BINGWA NEWS
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?