BINGWA NEWS
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Politike
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Mu Rwanda
  • Inkuru Nyamukuru
  • Ubutabera
Monday, Mar 16, 2026
BINGWA NEWSBINGWA NEWS
Font ResizerAa
Search
Follow US
BINGWA NEWS > Blog > Politike > “Nibiba ngombwa ayo makuru na yo nzayavugaho” – Depite weguye

“Nibiba ngombwa ayo makuru na yo nzayavugaho” – Depite weguye

admin
Last updated: November 14, 2022 9:52 am
admin
Share
SHARE

Umudepite mu nteko ishinga amategeko y’u Rwanda, Mbonimana Gamariel yeguye ku mwanya we, birakekwa ko bifitanye isano n’ikibazo cy’ubusinzi Perezida Paul Kagame aheruka kuvuga kuri umwe mu Badepite.

Hon Mbonimana Gamariel yari amaze imyaka ine ari Umudepite

UMUSEKE mu kiganiro wagiranye na Hon Mbonimana, yatwemereye ko yeguye, ati “Neguye ku mwanya w’Umudepite ku mpamvu zange bwite.”

Tumubajije ibyavuzwe ko afite imyitwarire idahwitse, yagize ati “Ayo makuru nta kintu ndatangira kuyavugaho, nibiba ngombwa nay o nzayavugaho ariko ubu ngubu icyo mvugaho ni ibyo ngibyo.”

Bagenzi bacu bo muri RBA, bavuganye na Visi Perezida w’Umutwe w’Abadepite, Hon Mussa Fazil Harerimana, ku kwegura kwa Depite Mbonimana Gamariel ababwira ko ibaruwa uyu mudepite yanditse, yavuze ko yeguye ku mpamvu ze bwite.

Uyu Mudepite yabarizwaga mu Ishyaka rya PL, Parti Liberal mu gitondo cyo kuri uyu wa mbere tariki 14 Ugushyingo 2022, nibwo yashyikirije Inteko Ishinga Amategeko ibaruwa y’ubwegure bwe.

Depite Gamariel Mbonimana afite imyaka 42 y’amavuko yari muri iyo Nteko kuva mu mwaka wa 2018.

Perezida Kagame aherutse kuvuga mu mpera z’iki cyumweru ko hari Depite wananiranye kubera ubusinzi, ndetse ko yafashwe atwaye imodoka yasinze.

TUYISHIMIRE Raymond & Jean Claude BAZATSINDA /UMUSEKE.RW

Share This Article
Facebook Twitter Copy Link Print
6 Comments
  • kamere says:
    November 14, 2022 at 11:18 am

    INZOGA ni mbi cyane iyo unyoye nyinshi.Hali n’abo zica.Nubwo amadini menshi yigisha ko kunywa inzoga ari icyaha,siko bible ivuga.Imana yemera ko “ubishatse” yanywa Vino cyangwa Inzoga nkeya.Soma muli Tito 2,umurongo wa 3;Timotewo wa mbere 3,umurongo wa 8.Ndetse Imana iha inzoga na Vino abantu ikunda.Nabyo bisome muli Gutegeka kwa kabiri/Deuteronomy 14,umurongo wa 26 na Yesaya 25,umurongo wa 6.Muzi ko na Yezu yatanze Vino mu bukwe bw’I Kana.Ntabwo ari “umutobe” nkuko amadini amwe abeshya.Vino yose ibamo Alcool.Imana itubuza gusinda,ndetse 1 Abakorinto 6:9,10 hakavuga ko “abasinzi”,abajura,etc.. batazaba mu bwami bw’imana.

    Reply
    • James Gikundiro says:
      November 14, 2022 at 8:25 pm

      Vino usabwa kuyisobanura neza,ntago imyemerere yawe icuramye wemerewe kuyitera mubantu,icyo wamenya jya usoma usobanukirwe vino isembuye n’idasembuye,ikindi utandukanye icyo bibiliya yita ibisindisha,kuvuga ijambo inzoga gusa cg vino ntibihagije ngo ube usobanuye kubisindisha.

      Reply
      • Nz'Abo says:
        November 19, 2022 at 2:54 pm

        Le vin est une boisson alcoolisée obtenue par la fermentation du raisin, fruit de la vigne viticole.

        La transformation du raisin en vin est appelée la vinification. L’étude du vin est l’œnologie. La grande variété de vins existant au monde s’explique par les différences de terroirs, de cépages, de modes de vinification ou de types d’élevage. Ainsi ils peuvent donner des vins rouges, rosés ou blancs, mais aussi des vins avec un taux de sucre résiduel variant (secs ou doux), ou une effervescence variante (tranquilles ou effervescents). La viticulture a colonisé une vaste partie du monde et de très nombreux pays sont producteurs de vin.

        Selon sa définition légale en Europe1, le vin est le produit obtenu exclusivement par la fermentation alcoolique, totale ou partielle, de raisins frais, foulés ou non, ou de moûts de raisins, les boissons alcoolisées aromatisées à base de raisins ne pouvant pas comporter cette appellationa. Son titre alcoolique ne peut être inférieur à 8,5 % en volume.

        Reply
  • Faustin TOPSEC INV LTD says:
    November 14, 2022 at 3:03 pm

    Kunywa si icyaha . Icyaha nicyo ukora wayinyoye . Gusa ntakijya munda kiba kibi ,ahubwo ikibi ni igisohokamo .

    Reply
  • Pingback: Depite weguye kubera ubusinzi, yahise areka inzoga burundu – IKIGANIRO KIRAMBUYE – Umuseke
  • Clement says:
    November 16, 2022 at 11:27 pm

    Maze nokuri iyo photol afitemo indarane..

    Reply

Leave a Reply to Faustin TOPSEC INV LTD Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Agezweho

Igisasu cya Koreya ya Ruguru cyakangaranyije Koreya y’Epfo n’u Buyapani

Koreya ya Ruguru yarashe igisasu cyakangaranyije u Buyapani na Koreya y’Epfo. Hari…

Jamaica: RDF ihasize ibikorwa byivugira KU mahanga

Mu gihe cy’amezi abiri ashize u Rwanda rwohereje abasirikare gutanga umusanzu wo…

Amafaranga u Rwanda rukoresha muri Cabo Delgado arenga inshuro 10 atangwa na EU- Yolande Makolo

Umuvugizi wa Guverinoma y’u Rwanda, Yolande Makolo, yatangaje ko inkunga ya miliyoni…

Urukiko rwategetse ko Barafinda Sekikubo Fred akomeza gufungwa iminsi 30 y’agateganyo

Urukiko Rwisumbuye rwa Nyarugenge rwanzuye ko ubujurire bwa Barafinda Sekikubo Fred ku…

Imiryango 47 y’impunzi z’Abarundi itashye ku bushake

Imiryango 47 y’Impunzi z’Abarundi yari imaze igihe icumbikiwe mu nkambi ya Mahama,…

- Kwamamaza -
Ad imageAd image

You Might Also Like

Politike

Perezida Kagame yaganiriye na Macron

1 Min Read
Politike

Perezida Kagame yakiriye anaganira n’abo mu Kigo cy’Ubwiteganyirize cya Kazakhstan

2 Min Read
Politike

Ingabo z’u Rwanda ziri mu Sudani y’Epfo zambitswe imidali y’ishimwe

2 Min Read
Politike

AFC/M23 igiye kurekura abasirikare 230 ba RDC

2 Min Read
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
BINGWA NEWS

Bingwa News 2024

BINGWA NEWS
BINGWA NEWS
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?