BINGWA NEWS
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Politike
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Mu Rwanda
  • Inkuru Nyamukuru
  • Ubutabera
Thursday, Mar 12, 2026
BINGWA NEWSBINGWA NEWS
Font ResizerAa
Search
Follow US
BINGWA NEWS > Blog > Imyidagaduro > Ngarukanye umujinya udasanzwe – Bobly uvukana na Riderman

Ngarukanye umujinya udasanzwe – Bobly uvukana na Riderman

admin
Last updated: January 9, 2023 2:05 pm
admin
Share
SHARE

Umuhanzi Muhire Landry Bon Fils ukoresha amazina ya Bobly Equalizer mu muziki yasohoye indirimbo ya mbere muri uyu mwaka wa 2023 yise Criminal avuga ko intego ari ugukora ubutitsa ku buryo azawusoza ari mu bahanzi bakunzwe mu gihugu.

Bobly Equalizer avuga ko uyu mwaka uzaba uwe

Bobly ni umuhanzi uvukana n’umuraperi Riderman, yaherukaga gusohora indirimbo yitwa ‘Ikibindi’ mu mezi ane ashize. Iyi nshyashya nayo yayinyujije ku rubuga rwa you tube rwa mukuru we.

Avuga ko impamvu ariho abinyuza ari uko uru rubuga rukurikirwa n’abantu benshi kandi akaba ari n’umwe mu bahanzi bagize ‘Ibisumizi’ byashinzwe na Riderman bavukana.

Muri ‘Criminal’ aba aririmba avuga ko urukundo ruryoha kurusha ubuki ariyo mpamvu ariho azaguma. Ati “Aka karabo niko kanjye, kampumurira cyane ku bwiza budasanzwe, ku bwiza bwawe nakwemera nkitwa umunyabyaha.”

Aganira na Umuseke yavuze ko iyi ndirimbo ariyo ibimburiye izindi abitse muri uyu mwaka ngo intego ni ugukora cyane izina rikazajya mu yakunzwe muri 2023.

Ubutumwa buri muri iyi ndirimbo avuga ko yashatse kuririmba avuga ko hari urukundo umuntu akunda undi kugeza ubwo bituma yemera kuba umunyabyaha.

Ati “Ngarukanye umujinya mwiza, urabizi namaze igihe narasubitse umuziki, gusa ubu imbaraga ni zose kandi nizeye ko hari icyo bizatanga kuko ubu nta gutinda gahunda ni ukazakora byibuze indirimbo ziri hejuru y’icumi muri uyu mwaka… Urumva ko muri izo zose hazavamo ama Hit menshi.”

Mu ndirimbo z’indi azashyira hanze muri uyu mwaka harimo niyo yakoranye na mukuru we Riderman.

Iyi ndirimbo ye nshya mu buryo bw’amajwi yatunganyijwe na Producer Evydecks, amashusho yo akorwa n’uwitwa ArnaudB8.

 

https://www.youtube.com/watch?v=PHsM18xMDJU

Share This Article
Facebook Twitter Copy Link Print
Leave a comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Agezweho

Macron yavuze ku gitero cya drone cyahitanye Ubufaransakazi i Goma

Perezida Emmanuel Macron w’u Bufaransa, yagaragaje umubabaro nyuma y’urupfu rwa Karine Buisset,…

Gen Bunyoni wari warakatiwe igihano cya burundu yarekuwe

General Alain-Guillaume Bunyoni wabaye Minisitiri w’Intebe w’u Burundi kuva muri Kamena 2020…

UNICEF yatangaje akababaro irimo kubera umukozi wayo wiciye i Goma

Ishami rya ONU ryita ku bana ryatangaje ko “ribabajwe kandi rishenguwe n’urupfu…

Perezida Kagame yaganiriye na Macron

Perezida Paul Kagame ku mugoroba wo kuri uyu wa Kabiri yagiranye ibiganiro…

Herekanywe abasore bakekwaho ibyaha by’ubugome.

Kuri uyu wa Kabiri, tariki ya 10 Werurwe 2026, Urwego rw'Ubugenzacyaha (RIB)…

- Kwamamaza -
Ad imageAd image

You Might Also Like

Imyidagaduro

Rugaju Reagan yasabye imbabazi mu genzi we Lorenzo nyuma y’ibyo yamutangajeho

2 Min Read
Imyidagaduro

Amashusho ya Nizzo na Queen wo muri sinema yarikoroje, bari mu rukundo?

2 Min Read
Imyidagaduro

Ibyamamare Lewis Hamilton na Kim Kardashian baravugwa mu munyenga w’urukundo

2 Min Read
Imyidagaduro

Yampano yakiriye agakiza, ateguza ubukwe n’umukunzi we ‘baruhanye’

3 Min Read
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
BINGWA NEWS

Bingwa News 2024

BINGWA NEWS
BINGWA NEWS
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?