BINGWA NEWS
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Politike
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Mu Rwanda
  • Inkuru Nyamukuru
  • Ubutabera
Wednesday, Jul 30, 2025
BINGWA NEWSBINGWA NEWS
Font ResizerAa
Search
Follow US
BINGWA NEWS > Blog > Imyidagaduro > Ngarukanye umujinya udasanzwe – Bobly uvukana na Riderman

Ngarukanye umujinya udasanzwe – Bobly uvukana na Riderman

admin
Last updated: January 9, 2023 2:05 pm
admin
Share
SHARE

Umuhanzi Muhire Landry Bon Fils ukoresha amazina ya Bobly Equalizer mu muziki yasohoye indirimbo ya mbere muri uyu mwaka wa 2023 yise Criminal avuga ko intego ari ugukora ubutitsa ku buryo azawusoza ari mu bahanzi bakunzwe mu gihugu.

Bobly Equalizer avuga ko uyu mwaka uzaba uwe

Bobly ni umuhanzi uvukana n’umuraperi Riderman, yaherukaga gusohora indirimbo yitwa ‘Ikibindi’ mu mezi ane ashize. Iyi nshyashya nayo yayinyujije ku rubuga rwa you tube rwa mukuru we.

Avuga ko impamvu ariho abinyuza ari uko uru rubuga rukurikirwa n’abantu benshi kandi akaba ari n’umwe mu bahanzi bagize ‘Ibisumizi’ byashinzwe na Riderman bavukana.

Muri ‘Criminal’ aba aririmba avuga ko urukundo ruryoha kurusha ubuki ariyo mpamvu ariho azaguma. Ati “Aka karabo niko kanjye, kampumurira cyane ku bwiza budasanzwe, ku bwiza bwawe nakwemera nkitwa umunyabyaha.”

Aganira na Umuseke yavuze ko iyi ndirimbo ariyo ibimburiye izindi abitse muri uyu mwaka ngo intego ni ugukora cyane izina rikazajya mu yakunzwe muri 2023.

Ubutumwa buri muri iyi ndirimbo avuga ko yashatse kuririmba avuga ko hari urukundo umuntu akunda undi kugeza ubwo bituma yemera kuba umunyabyaha.

Ati “Ngarukanye umujinya mwiza, urabizi namaze igihe narasubitse umuziki, gusa ubu imbaraga ni zose kandi nizeye ko hari icyo bizatanga kuko ubu nta gutinda gahunda ni ukazakora byibuze indirimbo ziri hejuru y’icumi muri uyu mwaka… Urumva ko muri izo zose hazavamo ama Hit menshi.”

Mu ndirimbo z’indi azashyira hanze muri uyu mwaka harimo niyo yakoranye na mukuru we Riderman.

Iyi ndirimbo ye nshya mu buryo bw’amajwi yatunganyijwe na Producer Evydecks, amashusho yo akorwa n’uwitwa ArnaudB8.

 

https://www.youtube.com/watch?v=PHsM18xMDJU

Share This Article
Facebook Twitter Copy Link Print
Leave a comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Agezweho

Abajenerali 9 bashyizwe mu kiruhuko cy’izabukuru

Perezida wa Repubulika Paul Kagame akaba n’Umugaba w’Ikirenga w’Ingabo z’u Rwanda, (RDF)…

AFC/ M23 yakomeje ibirindiro byayo muri Teritwari ya Walikare

Ihuriro AFC/ M23 ritavuga rumwe n’ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi riravugwaho kongereye…

Umuraperi Lecrae agiye gutaramira i Kigali

Umuraperi Lecrae uri mu bafite izina rikomeye mu muziki wo kuramya no…

Bwiza yateguje igitaramo cyo kwizihiza imyaka ine amaze mu muziki

Bwiza yateguje igitaramo cyo kwizihiza imyaka ine amaze mu muziki, aho kizitabitwa…

Gasabo: Polisi yafashe abateka bakanagurisha kanyanga abaturage

Polisi ikorera mu Murenge wa Ndera n'uwa Rusororo ndetse n'uwa Gikomero yo…

- Kwamamaza -
Ad imageAd image

You Might Also Like

Imyidagaduro

Ciara yahawe ubwenegihugu bwa Bénin

2 Min Read
Imyidagaduro

Burikantu wari ukurikiranyweho gufungirana abakobwa mu nzu yarekuwe

1 Min Read
Imyidagaduro

Burikantu akurikiranyweho icyaha cyo gufungirana inkumi ebyiri

1 Min Read
Imyidagaduro

Miss Naomi yiyamye abavuga ko umugabo we yakennye

2 Min Read
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
BINGWA NEWS

Bingwa News 2024

BINGWA NEWS
BINGWA NEWS
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?