BINGWA NEWS
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Politike
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Mu Rwanda
  • Inkuru Nyamukuru
  • Ubutabera
Friday, Jul 18, 2025
BINGWA NEWSBINGWA NEWS
Font ResizerAa
Search
Follow US
BINGWA NEWS > Blog > Imyidagaduro > Ngarukanye umujinya udasanzwe – Bobly uvukana na Riderman

Ngarukanye umujinya udasanzwe – Bobly uvukana na Riderman

admin
Last updated: January 9, 2023 2:05 pm
admin
Share
SHARE

Umuhanzi Muhire Landry Bon Fils ukoresha amazina ya Bobly Equalizer mu muziki yasohoye indirimbo ya mbere muri uyu mwaka wa 2023 yise Criminal avuga ko intego ari ugukora ubutitsa ku buryo azawusoza ari mu bahanzi bakunzwe mu gihugu.

Bobly Equalizer avuga ko uyu mwaka uzaba uwe

Bobly ni umuhanzi uvukana n’umuraperi Riderman, yaherukaga gusohora indirimbo yitwa ‘Ikibindi’ mu mezi ane ashize. Iyi nshyashya nayo yayinyujije ku rubuga rwa you tube rwa mukuru we.

Avuga ko impamvu ariho abinyuza ari uko uru rubuga rukurikirwa n’abantu benshi kandi akaba ari n’umwe mu bahanzi bagize ‘Ibisumizi’ byashinzwe na Riderman bavukana.

Muri ‘Criminal’ aba aririmba avuga ko urukundo ruryoha kurusha ubuki ariyo mpamvu ariho azaguma. Ati “Aka karabo niko kanjye, kampumurira cyane ku bwiza budasanzwe, ku bwiza bwawe nakwemera nkitwa umunyabyaha.”

Aganira na Umuseke yavuze ko iyi ndirimbo ariyo ibimburiye izindi abitse muri uyu mwaka ngo intego ni ugukora cyane izina rikazajya mu yakunzwe muri 2023.

Ubutumwa buri muri iyi ndirimbo avuga ko yashatse kuririmba avuga ko hari urukundo umuntu akunda undi kugeza ubwo bituma yemera kuba umunyabyaha.

Ati “Ngarukanye umujinya mwiza, urabizi namaze igihe narasubitse umuziki, gusa ubu imbaraga ni zose kandi nizeye ko hari icyo bizatanga kuko ubu nta gutinda gahunda ni ukazakora byibuze indirimbo ziri hejuru y’icumi muri uyu mwaka… Urumva ko muri izo zose hazavamo ama Hit menshi.”

Mu ndirimbo z’indi azashyira hanze muri uyu mwaka harimo niyo yakoranye na mukuru we Riderman.

Iyi ndirimbo ye nshya mu buryo bw’amajwi yatunganyijwe na Producer Evydecks, amashusho yo akorwa n’uwitwa ArnaudB8.

 

https://www.youtube.com/watch?v=PHsM18xMDJU

Share This Article
Facebook Twitter Copy Link Print
Leave a comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Agezweho

Perezida William Ruto yakiriye intumwa yihariye ya perezida Kagame

Perezida wa Kenya, William Samoei Ruto, yakiriye Intumwa yihariye ya Perezida Paul…

Lamine Yamal yizeje ibitangaza abakunzi ba FC Barcelona

Umunya-Esipanye ukina muri FC Barcelona, Lamine Yamal, yemeje ko agiye kwandika amateka…

Barack Obama n’umugore we bashyize umucyo ku bihuha by’uko batandukanye

Barack Obama wabaye Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za America, n’umugore we…

Miss Naomi yiyamye abavuga ko umugabo we yakennye

Miss Nishimwe Naomie ubitse ikamba rya Nyampinga w’u Rwanda mu 2020, yihanangirije…

Thomas Lubanga yashimangiye ko ashyigikiye AFC/M23

Thomas Lubanga washinze umutwe witwaje intwaro wa FRP (Force pour la révolution…

- Kwamamaza -
Ad imageAd image

You Might Also Like

Imyidagaduro

Nicki Minaj yasabye Jay-Z kumwishyura arenga miliyoni 100

2 Min Read
Imyidagaduro

Umuhanzikazi Clarisse Karasira yibarutse ubuheta

1 Min Read
Imyidagaduro

Rufonsina aritegura kwibaruka ubuheta

1 Min Read
Imyidagaduro

Post Malone yatandukanye n’umukunzi we

1 Min Read
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
BINGWA NEWS

Bingwa News 2024

BINGWA NEWS
BINGWA NEWS
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?