BINGWA NEWS
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Politike
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Mu Rwanda
  • Inkuru Nyamukuru
  • Ubutabera
Wednesday, Jul 30, 2025
BINGWA NEWSBINGWA NEWS
Font ResizerAa
Search
Follow US
BINGWA NEWS > Blog > Mu mahanga > NATO yamaganye u Burusiya bwangije amashanyarazi ya Ukraine

NATO yamaganye u Burusiya bwangije amashanyarazi ya Ukraine

admin
Last updated: November 30, 2022 9:04 am
admin
Share
SHARE

Umunyamabanga Mukuru wa NATO, Jens Stoltenberg yemereye ubufasha burimo intwaro Ukraine, nyuma y’uko u Burusiya bugabye ibitero ku bikorwaremezo bitanga ingufu z’amashanyarazi kandi bari mu gihe cy’ubukonje.

Umunyamabanga Mukuru wa NATO, Jens Stoltenberg yijeje ubufasha burimo intwaro Ukraine

Jens Stoltenberg yashinjije u Burusiya gukoresha igihe cy’ubukonje nk’imwe mu ntwaro y’intambara mu rugamba bahanganyemo na Ukraine, maze asaba ibihugu bigize NATO gutanga ubufasha bushoboka bw’intwaro n’ibikoresho byo kwifashisha gusubizaho amashanyarazi.

Ibi bivuzwe nyuma y’uko bimwe mu bikorwaremezo by’amashanyarazi muri Ukraine byangijwe n’ibitero by’u Burusiya, ibintu byasize miliyoni z’abaturage zidafite amazi n’amashanyarazi kandi ubukonje buri munsi ya zero.

Kuri uyu wa Kabiri, ubwo inama y’Abaminisitiri b’ibihugu biri muri NATO yateraniraga muri Romani, bashimangiye ko Ukraine ntakabuza izinjira muri NATO, Stoltenberg yagize ati “Imiryango ya NATO irafunguye, u Burusiya ntabubasha bufite ku bihugu bijya muri NATO.”

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga wa Ukraine, Dymtro Kuleba yasabye NATO ko yabaha ubufasha bw’intwaro vuba na bwangu ndetse bakabashakira “transfo na za generetor” zo kubasha guha amashanyarazi abaturage bari mu bukonje bukabije.

Nubwo Umunyamabanga Mukuru wa NATO, Jens Stoltenberg yijeje ubufasha Ukraine, umunyamakuru wa Aljazeera uri muri Romania yavuze ko ibihugu byose bigize NATO bitarimo byemera umwanzuro wo gushyigikira Ukraine cyane cyane ubufasha bwa gisirikare.

Uretse ubu bufasha bwa NATO, u Budage kuri uyu wa Kabiri bwemereye Ukraine imfashanyo ya moteri zitanga amashanyarazi zisaga 350, ndetse n’amafaranga agera kuri miliyonni 58 z’amadorali yo kwifashisha gusana ibikorwaremezo by’amashanyarazi byangijwe n’ibitero by’u Burusiya.

Muri Gashyantare 2022, nibwo u Burusiya bwashoje intambara yeruye kuri Ukraine, ni nyuma yo kugaragaza ko iki gihugu cyashakaga kwiyunga ku bindi bihugu biri muri NATO. Iyi ntambara ikaba kwangiza byinshi muri iki gihugu birimo ibikorwaremezo.

Ivomo: Aljazeera

NKURUNZIZA Jean Baptiste / UMUSEKE.RW

Share This Article
Facebook Twitter Copy Link Print
Leave a comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Agezweho

Polisi yafunze abantu 9 bakekwaho guhungabanya ituze ry’abaturage

Kuri uyu wa Gatatu, mu Karere ka Huye mu mirenge ya Gishanvu…

Santarafurika: Ingabo z’u Rwanda ziri mu butumwa bwo kugarura amahoro zashimiwe ubwitange bwabo

Perezida wa Repubulika ya Santarafurika akaba n’Umugaba w’Ikirenga w’Ingabo z’icyo gihugu, Prof.…

Abajenerali 9 bashyizwe mu kiruhuko cy’izabukuru

Perezida wa Repubulika Paul Kagame akaba n’Umugaba w’Ikirenga w’Ingabo z’u Rwanda, (RDF)…

AFC/ M23 yakomeje ibirindiro byayo muri Teritwari ya Walikare

Ihuriro AFC/ M23 ritavuga rumwe n’ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi riravugwaho kongereye…

Umuraperi Lecrae agiye gutaramira i Kigali

Umuraperi Lecrae uri mu bafite izina rikomeye mu muziki wo kuramya no…

- Kwamamaza -
Ad imageAd image

You Might Also Like

Mu mahanga

Hagiye kuba inama Yiga Uko Isi Yose Yakwemera Leta Ya Palestine nk’igihugu

3 Min Read
Mu mahanga

AFC/M23 yanenze Radio Okapi n’ibindi bitangazamakuru bibogamira ku nkuru ziyisebya 

3 Min Read
Mu mahanga

Nigeria yiyongereye mu bihugu byifuza kwakira Formula One

1 Min Read
Mu mahanga

Kwegura kwa Visi Perezida w’u Buhinde byateje impaka n’urujijo

1 Min Read
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
BINGWA NEWS

Bingwa News 2024

BINGWA NEWS
BINGWA NEWS
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?